• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Ubwanditsi 27 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUREZI

Nyuma y’aho muri Kigali hatahuriwe inzu y’imyidagaduro ibyinamo abakobwa bambaye ubusa bubiburi, ndetse bagatabwa muri yombi bakurikiranyweho ibyaha by’urukozasoni, hari abagerageje koroshya ayo mahano, berekana ko abayafatiwemo babitewe n’ubukene, ngo kuko “nta yandi mahitamo” ababeshaho bafite.

Uko niko n’umunyamakuru Jean Baptiste Karegeya abibona, ndetse we akemeza ko ikosa ari irya Leta ituma bamwe bacura abandi ku byiza by’Igihugu.

Icyambere, abakene bose mu Rwanda siko biyandarika ngo babone amaramuko. Tuzi ba “ntahonikora” bahitamo guca incuro no kubira icyuya, ariko bagatunga imiryango.

Niba bakubujije kubunza agataro nk’uko Bwana Karegeya abivuga, ariko bakakubakira isoko, wabura igishoro ukorohereza kubona inguzanyo, kuki wahitamo kwiyahura mu byaha, aho ” gushabika” ko hari benshi byahiriye? Erega kwihanganira no guhangana n’ubukene , ariko utandavuye, nabyo ni indangagaciro!

Icya kabiri, twese tuzi gahunda Leta ishyiraho zigamije kuvana abaturage mu bukene. Birumvikana intego ntiragerwaho uko byifuzwa, kuko izo gahunda zinajyana n’ubushobzi bw’igihugu, ariko kwirengagije ubwo bushake bwa politiki, byaba ari uguhata Leta ibicumuro no kuyitemeraho itaka, ku mpamvu twe tutazi.

Ntawe ushobora guhakana ko mu Rwanda hari abigwizaho imitungo mu buryo bufifitse. Abo nibo twumva mu manza kubera ruswa no kunyereza ibya rubanda. Kubirengaho rero ugashinja Leta kubuza rubanda amahitamo, kugeza ubwo hari abasigarana gusa ayo kwishora mu buzererezi, byaba ari ugushakira ibyo byaha inyoroshyo no kubitiza umurindi.

Ese Bwana Karegeya yaba yaraperereje agasanga koko bariya bakobwa bava mu miryango ikennye, ku buryo “nta yandi mahitamo”, uretse gushakira ubuzima mu bibushyira ahubwo mu kaga?

Twebwe nka Rushyashya twaraperereje, dusanga harimo abana bava mu miryango idasaba umunyu, ahubwo ari abahisemo ubwomanzi kubera uburere buke.

Ese mwari muzi ko abana bafatirwa mu biyobyabwenge, mu buraya, no mu zindi ngeso mbi, harimo n’abava mu miryango y’abategetsi, abacuruzi, n’abandi batabuze rwose ibyo bareresha abana? Muzasure Iwawa n’ibndi bigo ngororamuco, muzasanga ikibazo ari uburere kurusha uko ari ubukene.

Mu bihugu twita ko byakataje mu bukungu naho uhasanga imyitwarire iteye isoni n’agahinda, nk’iyi yo kwambara ubusa mu tubyiniro. Ibyo se nabyo twabirebera mu ndorerwamo y’ubukene, no kubura andi “mahitamo”?

Nta gihe mu Rwanda hatabaye ubukene, yewe bunakabije kurusha ubwo dufite ubu, ariko habagaho kwiyubaa no kwanga umugayo.

Ikibazo rero ntawe ukitaye ku ndangagaciro. Ababyeyi ntibagiha umwanya uburere bw’abana, barabaretse bahinduka “iyizimiza ikishaka”.

Ikoranabuhanga mu itumanaho riradufasha,ariko riranatwangiriza. Abana bayorerera ibyo babonye ku mbuga nkoranyambaga, bakamira bunguri bibwira ko aribwo busirimu.

Tureke kwitana ba mwana rero. Buri wese mu muryango nyarwanda yikubite agashyi, dutabare umuco wacu utaraducika. Naho gufata buri kibazo tukagihindura icya politiki ngo tubone uwo dusiga icyasha, byaba ari ukwihunza inshingano zacu twese, zo kurerera igihugu.

2024-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Ubwanditsi 31 Jan 2024
Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda

Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Ubwanditsi 28 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato
Mu Mahanga

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.
Amakuru

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Ubwanditsi 11 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru