• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ubwanditsi 28 Sep 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere, tariki 27 Nzeri 2021, cya gikoresho cya politiki yo guhungabanya u Rwanda,“Human Rights Watch”(HRH), cyongeye gusohora icyegeranyo cyuzuyemo ibinyoma, nk’uko bisanzwe gishinja uRwanda guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Abasomye iki cyegeranyo bahaye urw’amenyo ibyo bipapirano bya HRW, kuko bigaragara ko ari umugambi umaze igihe ugamije gusa guharabika u Rwanda. Nubwo bananiwe kugera ku ntego yabo yo kwangiriza Abanyarwanda, abanzi bo ntibacika intege, ntibaterwa isoni no gukomeza ibikorwa bidatanga umusaruro.
Ubu noneho baratayanjwa, bashinja uRwanda kwica no gufungira ubusa abatinganyi, indaya, abana bo mu muhanda n’abandi, nyamara mu bo bavuga bahohotewe ntibagire n’umwe bagaragariza umwirondoro.

Ibi birasa n’ibyo bigeze kwandika mu mwaka wa 2017, bemeza ko hari abantu bishwe, nyamara bikaza kugaragara ko bakiriho, abandi bakaba barishwe n’urw’ikirago.U

Lewis MUDGE niwe uhagarariye HRW mu karere k’Afrika yo hagati. Ni umuntu wakomeje kugaragaza urwango afitiye uRwanda muri rusange n’abayobozi barwo by’umwihariko. Ntaruhuka kwandika ibinyoma yandika ku Rwanda, dore ko yigize impuguke ku bibera mu Rwanda, nyamara ntarahakandagira na rimwe.

Iyo usuzumye neza iyi myumvire ya HRW n’ibisa nayo byose, usanga ari iya gikoloni, aho bamwe mu bakomoka mu burengerazuba bw’isi, Uburayi na Amerika, bibwira ko bagifite ububasha bwo gutegeka ibihugu, cyane cyane ibyo muri Afrika, uko byitwara.

U Rwanda rwasobanuye kenshi ko, nk’Igihugu gifite ubwigenge, ruzakora ibyiza mu nyungu z’Abanyarwanda, rutabihatiwe n’uwo ariwe wese.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, nta munsi atibutsa ko uRwanda rudakeneye amasomo mu kurengera uburenganzira bwa muntu, kuko Abanyarwanda bazi agaciro kabwo, dore ko byanabasabye gutanga ibitambo baharanira uburenganzirwa bwabo.

Nta kintu gishobora guhungabanya uburenganzira bwa muntu nka jenoside. Biratangaje rero ukuntu HRW yagaruka kwigisha Abayobozi b’uRwanda uko bakubahiriza uburenganzira bw’abaturage, kandi barahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, izo za HRW zirebera.

HRW yagaragaye kenshi mu bikorwa bya ruswa, aho yakira amafaranga ikavuga neza ibihugu bihutaza ku mugaragaro uburenganzira bwa muntu , ahubwo igaharabika ibyigobotoye politiki ya mpatsibihugu.

HRW n’abandi bakora nkayo bari bakwiye kumenya imiterere y’Umuyarwanda w’ubu, uzi gutandukanya icyiza n’ikibi, utandukanye n’uwo hambere wumvaga ko aciriritse, insina ngufi buri wese yacaho ikoma.

u Rwanda rwiyemeje guhinduka rugana aheza, kandi ni intambwe idasubira inyuma!

2021-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Icyaha cyo gusebanya “Diffamation” nacyo cyakuwe mu gitabo cy’amategeko ahana gishyirwa mu byaha mbonezamubano

Icyaha cyo gusebanya “Diffamation” nacyo cyakuwe mu gitabo cy’amategeko ahana gishyirwa mu byaha mbonezamubano

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Ukwivuguruza  no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ukwivuguruza no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ubwanditsi 06 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

America:Umuhanzi Akoni utavuga rumwe na Perezida Donald Trump ashaka kumusimbura muwa 2020
INKURU ZAKUNZWE CYANE

America:Umuhanzi Akoni utavuga rumwe na Perezida Donald Trump ashaka kumusimbura muwa 2020

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Amakuru

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubwanditsi 31 May 2024
Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]
HIRYA NO HINO

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Ubwanditsi 31 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru