• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Ubwanditsi 31 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda, POLITIKI

Kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2019 ubwo hamurikwaga icyegeranyo ku nshuro ya Gatandatu, mu bipimo umunani byakozweho ubushakashatsi inkingi y’umutekano n’ituze rusange ry’abaturage yakomeje kuza ku isonga n’amanota 94.29% bivuye kuri kigero cya 94.97 umwaka ushize.

N’ ibipimo bizwi mu rurimi rw’Icyongereza nka ‘Rwanda Governance Scorecard (RGS)’.

Iki cyegeranyo cy’ibipimo by’Imiyoborere mu Rwanda gikorwa na RGB buri mwaka hagamijwe kugaragaza ishusho y’uko imiyoborere ihagaze mu gihugu mu byiciro bitandukanye no kugaragaza ingamba mu gushyiraho politiki mu nzego zitandukanye z’igihugu.

Inkingi y’ubuyobozi bushingiye ku mategeko yagize 84.70 % bivuye kuri 83.68 % umwaka ushize, ubwisanzure mu bya politike n’uburenganzira bw’abaturage byagize amanota 85.17 % bivuye kuri 83.83%, imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza yagize 73 % ivuye kuri 76.79 % umwaka ushize.

Inkingi yo kuzamura imibereho myiza y’abaturage yagize amanota 68.53% bivuye ku kigero 75.55 %, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo biri kuri 84.28% bivuye kuri 83.72% umwaka ushize, ireme ry’imitangire ya serivisi ryagize amanota 70.54 % bivuye kuri 74.25% naho iterambere ry’ubukungu rigira amanota 76.43% rivuye kuri 78.04% umwaka ushize.

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr Usta Kayitesi yavuze ko nko ku bijyanye n’umutekano, ari ibisanzwe kuza ku mwanya wa mbere kuko haba abaturage n’izindi nzego mpuzamahanga zigaragaza ko mu Rwanda ari hamwe mu hantu hatekanye.

Yavuze ko nubwo byagabanyutseho gato , bikiri ku rwego rwiza rugaragaza ko abaturage bafite umutekano.

Yavuze ko nko ku cyiciro cy’ubwisanzure mu bya politiki, amanota menshi yavuye ku buryo imitwe ya politiki ifite uruhare muri politiki y’u Rwanda aho nk’ubu imitwe yose ya politiki yemewe mu Rwanda yabonye imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ku kijyanye n’imitangire ya serivisi, Kayitesi yavuze ko byagabanyutse cyane bitewe n’amanota mabi mu bijyanye n’imitangire ya serivisi mu bijyanye n’imibereho myiza y’abaturage ndetse n’ibijyanye n’ubukungu.

Yavuze ko ari ibintu bidashimishije ku gihugu nk’u Rwanda, aho ibijyanye na serivisi bifite uruhare runini ku musaruro mbumbe w’igihugu.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko mu gihembwe cya mbere cya 2019, serivisi zihariye 48% by’umusaruro mbumbe mbumbe w’igihugu (GDP).

Ahereye kuri ibyo Kayitesi yagize ati “Turacyakorana n’abafatanyabikorwa batandukanye ariko ntibiragera aho twifuza. Uru rwego nirwo rugira uruhare runini ku musaruro mbumbe w’igihugu, ibi biratwereka ko turamutse twongeyemo imbaraga byagira ingaruka ku bukungu kandi bisaba guhindura imyumvire gusa.”

Imwe mu myanzuro yatanzwe muri iyi raporo, harimo kongera ireme ry’uburezi hagamijwe kugera ku bukungu bushingiye ku bumenyi, kimwe mu byagabanyije amanota ya , kwihutisha ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi , gukaza imicungire y’umutungo wa Leta hanozwa imikoresherezwe yawo no gukurikirana uko ukoreshwa, guteza imbere ibyakorewe mu Rwanda mu kugabanya icyuho cy;ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo, gukurikirana no guteza imbere ireme ry’ubuhinzi n’ubworozi

 

 

2019-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Paul Kagame  yabwiye abanya Musanze ko yizeye gutsinda 100% _ ‘ biriya by’itariki 4 (Kanama) ni umugenzo ‘

Paul Kagame yabwiye abanya Musanze ko yizeye gutsinda 100% _ ‘ biriya by’itariki 4 (Kanama) ni umugenzo ‘

Ubwanditsi 26 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi
Mu Rwanda

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie
Mu Rwanda

Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Nyuma yaho Nyina umubyara asahuriye Ambasade akigurira inzu muri Amerika, umuhungu we Bikorwa Freeman arakataje mu ngengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Nyuma yaho Nyina umubyara asahuriye Ambasade akigurira inzu muri Amerika, umuhungu we Bikorwa Freeman arakataje mu ngengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru