• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Ubwanditsi 21 Nov 2017 Mu Mahanga

Ishyaka rya Zanu PF ryatangiye gahunda yo kweguza Perezida Robert Mugabe nyuma y’uko ananiwe kwivana ku butegetsi.

Ubuyobozi bw’iri shyaka buvuga ko kuri uyu wa Kabiri burageza imbere y’Inteko Ishinga Amategeko ubusabe bwo kumweguza, abagize inteko bakabikora mu minsi ibiri gusa.

Ubwo busabe bushinja Mugabe ibirego birimo kwemerera umugore we Grace kwiha ububasha.

Abayobozi bakuru b’igisirikare bafashe ubutegetsi mu cyumweru gishize bavuga ko Mugabe yenda guhura na Visi-Perezida Mnangagwa yari yirukanye.

Emmerson Mnangagwa yahunze Zimbabwe amaze kwirukanwa biba ikimenyetso simusiga cy’uko Mugabe ashaka gusimburwa n’umugore we.

Igisirikare cyahise gifata televiziyo ndetse Mugabe afungirwa iwe mu rugo nubwo acyitwa Perezida ku izina.

Nubwo Mugabe yari yashyizweho igitutu ngo yegure, ku Cyumweru yaratunguranye yanga kwegura ahubwo avugira ijambo kuri televiziyo ry’uko azayobora inama rusange y’ishyaka Zanu PF izaba mu kwezi gutaha.
BBC ivuga ko umwe mu badepite Paul Mangwana yavuze ko ibikorwa byo kumweguza burundu byatangiye ariko isaha ntarengwa ya saa sita z’ejo hashize Zanu PF yari yamuhaye yarangiye.

Ati “Yatsimbaraye, arumva amajwi y’abaturage ariko akica amatwi.”

Kweguzwa muri Zimbabwe ubusanzwe bikorwa ku muntu wagize imyitwarire idasanzwe nko kwica Itegeko Nshinga, gusuzugura cyangwa kugira ubushobozi buke.

Mangwana yongeyeho ati “Ikirego ashinjwa gikomeye ni uko yemereye umugore we kwiha ububasha bw’Itegeko Nshinga kandi adafite uburenganzira bwo kuyobora guverinoma. Yanze gukurikiza itegeko nshinga rya Zimbabwe, by’umwihariko twagombaga gutora abagize njyanama z’intara ariko kugeza ubu ntibiraba.”

Yemeza ko kweguza Mugabe bitazatwara igihe nk’uko bamwe mu mpuguke babivuga, ku wa Gatatu bikazaba byarangiye kubera impamvu zabyo zisobanutse neza.

Gutora ku gutangiza ibikorwa byo kweguza Mugabe birabera mu Mutwe w’Abadepite no muri Sena .
Nibabyemeza harashyirwaho komite ihuriweho n’imitwe yombi itangire iperereza ku kumweguza, nisanga bikwiye ko yegura abagize inteko barongera batore hafatwe umwanzuro watowe na bibiri bya gatatu.

Mu myaka ishize abarwanya Mugabe bagerageje kumweguza muri ubwo buryo biranga. Ariko kuri ubu n’ishyaka rye ritakimushyigikiye birashoboka cyane.

Bibaye, ubundi Mnangagwa yahita afata umwanya wa Mugabe ariko ubwo yirukanwaga, Phelekezela Mphoko ushyigiye Grace Mugabe yahise aba Visi Perezida bivuze ko ari we wakabaye Perezida nubwo bitamworohera.

Ntibiramenyekana neza ko Mnangagwa agirwa Perezida gusa ashyigikiwe n’igisirikare kivuga ko gitegereje ibiva mu biganiro aragirana na Robert Mugabe.

2017-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Amakuru y’ingenzi ya Polisi y’u Rwanda yaranze icyumweru gishize

Amakuru y’ingenzi ya Polisi y’u Rwanda yaranze icyumweru gishize

Ubwanditsi 06 Feb 2017
Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Ubwanditsi 19 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”
Amakuru

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”

Ubwanditsi 21 Dec 2020
Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha
INKURU NYAMUKURU

Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara
INKURU NYAMUKURU

Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 05 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru