• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Ubwanditsi 05 Apr 2017 Mu Rwanda

Profesa Agnes Binagwaho yagizwe umuyobozi (Vice Chancellor) wa kaminuza yigenga mpuzamahanga, the University of Global Heaith Equity (UGIHE), ishami ryayo ryo mu Rwanda.

Mu itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’iyo Kaminuza tariki eshatu z’uku kwezi rivuga yuko Dr. Binagwaho, asanzwe atari umushyitsi muri iyo kaminuza ya UGIHE, ubu yazamuwe mu ntera agirwa umuyobozi wayo mukuru hano mu Rwanda.

Muri iryo tangazo umunyamabanga nshingwabikorwa (Executive Director) wa UGIHE, Dr. Peter Drobac, avuga yuko Binagwaho yiyemeje gukora atizigama mu guteza imbere ishami ry’ubuzima n’imibereho myiza y’abakeneye ubufasha mu by’ubuvuzi !
Nk’umuyobozi mukuru wa UGIHE, ishami ryo mu Rwanda (Vice Chancellor), Binagwaho atezweho kuzakomeza kubaka izina ryiza ry’iyo kaminuza nk’ikicaro kiboneye cy’ikoranabuhanga mu bijyanye n’ubuvuzi. Azahagararira imyagurire y’ubulezi na gahunda z’ubushakashatsi muri iyo kaminuza, no kuyitegura kuzimukira mu cyicaro cyayo gihoraho mu majyaruguru y’u Rwanda, biteganyijwe umwaka utaha wa 2018.

Kaminuza ya UGIHE iteze kuri Binagwaho ubumenyi bwe n’ubunararibonye bw’imyaka 20 amaze mu mirimo y’ibijyanye n’ubuvuzi (health) hano mu Rwanda. Dr. Binagwaho uretse kuba yarabaye Minisitiri w’ubuzima (health minister) muri iyi guverinoma, yabaye n’umunyamabanga uhoraho (Permanent Secretary) muri iyo Minisiteri y’ubuzima n’umunyamabanga nshingwabikorwa muri komisiyo y’igihugu yo kurwanya SIDA. Agnes Binagwa ni n’umwalimu ( Senior Lecturer) muri Harvard Medical School.

Nk’uko Bitangazwa na Bukebuke Aimabre, Dr. Binagwaho akiri muri Minisiteri y’ubuzima yakundaga cyane kwitabira gahunda z’abantu bafite ubumuga. Bukebuke ni umuyozi mukuru w’ikinyamakuru SOLIDARITY kivugira abafite ubumuga n’abanyantege nkeya. Ni n’umuyobozi wa ROJAPED, umuryango utegamiye kuri leta ukaba ari nawo usohora Solidarity Magazine.

-6225.jpg

Profesa Agnes Binagwaho

University of Global Health Equity (UGIHE) hano mu Rwanda yatangijwe muri 2015, ikaba yakira abanyeshuli kuva mu migabane itanu y’iyi si dutuyemo ! UGIHE itanga impamyabushobozi mu byiciro bitandukanye mu by’ubuzima.

Casmiry Kayumba

2017-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU  i Addis Ababa

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya 28 ya AU i Addis Ababa

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko

Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko

Ubwanditsi 08 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro
Mu Rwanda

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump
ITOHOZA

Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Ubwanditsi 22 Mar 2017
Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards
IMIKINO

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Ubwanditsi 17 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru