• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Rwanda ruhagaze neza muri Shampiyona ya Afurika rwegukana imidali ine

U Rwanda ruhagaze neza muri Shampiyona ya Afurika rwegukana imidali ine

Ubwanditsi 15 Feb 2018 IMIKINO

Ku munsi wa mbere wa Shampiyona ya Afurika yo gusiganwa ku magare, amakipe ahagarariye u Rwanda mu bakobwa bato n’abakuru, abahungu bato n’abakuru, yatangiye neza yose yegukana imidali irimo n’uwa zahabu.

Iyi shampiyona yatangiye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 14 Gashyantare 2018 iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri nyuma y’iya 2010, yateguwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika ifatanyije n’Ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Rwanda ku nkunga ya Banki y’Ubucuruzi ya Cogebanque n’Uruganda rwa Skol.

Ku munsi wa mbere hakinwe igice cy’aho basiganwa n’ibihe nk’ikipe (Contre la montre par Equipes) mu byiciro bitandukanye birimo icy’abangavu, ingimbi, abakobwa bakuru (women elite) n’abagabo (men elite).

Ku ikubitiro abangavu nibo bahagurutse mbere, saa 9:00 hasiganwa amakipe abiri arimo iy’u Rwanda n’u Burundi zabashije kuboneka.

Muri rusange abakinnyi b’u Rwanda batatu bakoresheje iminota 36’06’’44 mu kunyonga ibilometero 18,6 begukana umudali wa zahabu naho batatu b’Abarundi bakoresha iminota 50’22’’60 begukana umudali wa silver.

Kuva saa 9:20 hatangiye guhaguruka ingimbi ahitabiriye amakipe atandatu agizwe n’abakinnyi batatu yagombaga gusiganwa ibilometero 18.6. Eritrea iyasoje ari iya mbere ikoresheje iminota 26’07’’12 muri rusange yegukana umudali wa zahabu, u Rwanda ruba urwa kabiri rusizwe amasegonda 49’’16 rwegukana umudali wa silver naho Namibia itwara umudali wa bronze isizwe iminota 2’11’’88.

Mu bakobwa bakuru hari hitabiriye amakipe atatu gusa ariko u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ingabire Beatha, Manizabayo Magnifique na Tuyishimire Jacqueline, rwahuye n’akazi katoroshye kuko mu bilometero 40 basiganwe, basoje ari aba gatatu basizwe iminota 07’04’’32 inyuma ya Ethiopia yabaye iya mbere ikoresheje 1:02’38’’60 na Eritrea ya kabiri yakoresheje 1:02’47’’35.

Ikipe y’u Rwanda y’abagabo bakuru igizwe n’abakinnyi banditse izina mu gihugu barimo Ndayisenga Valens, Areruya Joseph, Adrien Niyonshuti na Nsengimana Jean Bosco, yasoje ku mwanya wa kabiri nyuma ya Eritrea, yegukana umudali wa Silver.

Eritrea yaje ku mwanya wa mbere ikoresheje 51’28’’28, ikurikirwa n’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yasizwe 17’’20 mu gihe Algérie yaje ku wa gatatu isizwe 46’’87.

Abakinnyi bagize amakipe 17 yasiganwe muri iki cyiciro basiganwe ku ntera y’ibilometero 40, aho bahagurukiraga mu marembo ya Gare ya Nyanza muri Kicukiro bakagera kuri Golden Tulip Hotel i Nyamata bakagaruka aho batangiriye.

Shampiyona ya Afurika iri kuba ku nshuro ya 13 yitabiriwe n’amakipe y’ibihugu 22. Kuri uyu wa 15 Gashyantare 2018, izakomeza abakinnyi basiganwa n’igihe umuntu ku giti cye mu byiciro byose (Contre la montre Individuels) byose bizabera mu mihanda ya Kicukiro-Nyamata.

Kuwa Gatanu abakinnyi bazafata akaruhuko basubire mu muhanda ku wa Gatandatu basiganwa mu muhanda mu bagore, ingimbi n’abangavu (Road Race) na ho ku cyumweru hasiganwe mu muhanda mu bagabo na U23 (Road Race) bakazakoresha umuhanda wa Stade Amahoro (Mu migina)-Controle Technique-Hotel Le Printemps -Kimironko (deviation Kibagabaga) -Kibagabaga Hospital – Deviation Kinyinya – Mu Kabuga ka Nyarutarama (Kwa Ndengeye) – MTN Center – RDB – Mu Rwego – Airtel – Stade Amahoro.

2018-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Ubwanditsi 22 May 2024
Félix Nzeyimana wari ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA n’umusifuzi Tuyisenge Javan batawe muri yombi n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha(RIB)

Félix Nzeyimana wari ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA n’umusifuzi Tuyisenge Javan batawe muri yombi n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha(RIB)

Ubwanditsi 23 Jun 2022
AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira

Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira

RUSHYASHYA 03 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa
Amakuru

Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Ubwanditsi 04 Oct 2022
U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.
POLITIKI

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Ubwanditsi 08 Apr 2019
CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite
Mu Mahanga

CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

Ubwanditsi 17 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru