• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

Ubwanditsi 17 Nov 2018 Mu Mahanga

Ibiro by’Ubutasi bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, CIA, byemeje ko Igikomangoma Mohammed bin Salman wa Arabie Saoudite ari we wategetse ko umunyamakuru Jamal Khashoggi yicwa.

Ni nyuma y’igihe iki gihugu gihakana ko uyu muhungu yaba yaragize uruhare mu rupfu rwa Khashoggi wiciwe muri ambasade ya Arabie Saoudite muri Turukiya, ubwo yari agiye gushaka ibyangombwa bimwemerera gushyingirwa mu kwezi gushize.

Umuyobozi mu nzego zo hejuru muri Amerika yabwiye CNN ko CIA yemeje ko Igikomangoma Salman ariwe wicishije Khashoggi, ishingiye ku makuru yatanzwe na guverinoma ya Turukiya ndetse n’ibindi bimenyetso.

Uru rwego ruhamya ko kandi uburyo Khashoggi yishwemo bitari gushoboka Salman atabizi ukurikije uburyo aba azi ndetse agakurikiranira hafi ibibera muri Arabie Saoudite byose.

Washington Post yabanje gutangaza iby’iperereza rya CIA nubwo umuvugizi w’uru rwego yanze kugira icyo abivugaho, yatangaje ko mu byashingiweho harimo kuba umuvandimwe wa Salman witwa Khalid bin Salman yarahamagaye Khashoggi amushishikariza kujya muri Turukiya gushaka ibyangombwa.

Nubwo abaganiriye n’iki kinyamakuru bemeza ko Khalid yari abitegetswe n’Igikomangoma, uyu yifashishije Twitter mu kugaragaza ko atigeze avugana na Khashoggi kuri telefone.

Khalid usanzwe ari ambasaderi wa Arabie Saoudite muri Amerika ngo yaherukaga kuvugana na Khashoggi wandikiraga kiriya kinyamakuru mu Ukwakira 2017, kandi mu byo bavuganye kujya muri Turukiya bitarimo.

Mu bindi bimenyetso CIA yagenzuye harimo no kuba nyuma y’uko Khashoggi yicwa Maher Mutreb uba mu bashinzwe kurinda Salman yarahamagaye umwunganira amubwira ko akazi kakozwe neza.

Umuvugizi wa Ambasade ya Arabie Saoudite yanyomoje ibyatangajwe avuga ko ari ibinyoma bidafite ikintu gifatika bishingiyeho.

Kugeza ubu ariko ntawe uzi irengero ry’umurambo wa Khashoggi bivugwa ko yishwe nyuma y’ubushyamirane bwabereye muri ambasade.

Amerika yafatiye ibihano abantu 17 bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Khashoggi wahoze ari umuntu w’imbere mu bwami bwa Arabie Saoudite ariko nyuma agatangira ku bunenga.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bw’iki gihugu bwo buvuga ko abantu 16 bamaze gutabwa muri yombi, barimo 11 bakekwaho kuba aribo bamwishe.

2018-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Ubwanditsi 28 Nov 2022
Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 04 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo
IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Abanyeshuri 4 b’abanyarwanda bafungiye mu Burundi
ITOHOZA

Abanyeshuri 4 b’abanyarwanda bafungiye mu Burundi

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru