• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

Ubwanditsi 25 Apr 2018 HIRYA NO HINO

Umuherwe ukomeye w’Umufaransa, Vincent Bolloré yatawe muri yombi na polisi y’icyo gihugu mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ashinjwa ruswa yaba yaratanze mu bikorwa by’amatora muri Afurika y’Iburengerazuba, akiturwa amasezerano akomeye yahawe ikigo cye mu myaka ishize.

Polisi yatangiye kumukoraho iperereza nyuma y’uko ibigo bibiri bijyanye ikigo cye Bolloré Group mu nkiko kubera uburyo cyahawemo isoko, cyane ko gihuriramo urunyurane rwa serivisi zirimo kwamamaza, ubwikorezi bw’ibicuruzwa, ubwubatsi n’ingufu, kikaba gifite amashami menshi muri Afurika.

Bolloré w’imyaka 66 yafashwe kuri uyu wa Kabiri ngo ahatwe ibibazo mu iperereza ku byaha bya ruswa, aho yajyanywe na Polisi ya Nanterre, agace ko mu Mujyi wa Paris.

Ari gukorwaho iperereza kuri serivisi z’itumanaho zatanzwe mu bihe by’amatora y’Umukuru w’Igihugu mu bihugu bya Guinea na Togo hagati y’imyaka ya 2009 na 2010.

BBC yatangaje ko abagenzacyaha bari gusuzuma ibirego by’uko ikigo cye gikora ibikorwa byo kwamamaza, Havas Group, cyatanze serivisi z’itumanaho kuri Perezida Alpha Condé wa Guinea na Faure Gnassingbé wa Togo mu gihe cy’amatora kandi ku giciro gito cyane, akiturwa ko ikindi kigo cye cy’ubwikorezi Bolloré Africa Logistics company cyahawe gukoresha kontineri ku byambu bya Conakry na Lomé.

Impande zombi zihakana ibi birego, gusa ngo nyuma y’amatora muri Guinea, Perezida Condé yahagaritse amasezerano y’ikigo cyakoraga ku cyambu cya Conakry maze amasezerano ahabwa Bolloré Group.

Abandi bayobozi batawe muri yombi barimo Gilles Alix wari umuyobozi nshingwabikorwa wa Bolloré Group na Jean-Philippe Dorent wari ushinzwe ibikorwa byo mu mahanga, muri Havas.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Guinea yavuze ko nta kintu kibi cyabaye mu itangwa ry’ayo masezerano ku yo gukoresha icyambu kinyuzwaho imizigo. Bolloré Group nayo ivuga ko ishoramari ryayo rimaze igihe muri Afurika ryari rihagije kugaragaza impamvu ari ikigo cyahabwa amasezerano nk’ayo.

Mu itangazo ryayo kandi Bolloré Group yavuze ko ibigo biyishamikiyeho “bitigeze bigira uruhare mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bityo Bolloré Group ishimangira ko izo serivisi z’itumanaho zakozwe binyuze mu mucyo.”

Rikomeza rigira riti “Abayobozi ba Bolloré Group biyemeje gukoresha uyu mwanya mu gukorana n’inzego z’ubutabera mu kugaragaza ukuri kuri ibyo byose.”

Umutungo wa Vincent Bolloré ku giti cye ubarirwa muri miliyari 6.6 z’amadolari ya Amerika nk’uko bitangazwa na Bloomberg.

Bolloré Group ifite 21% by’imigabane muri Vivendi (VIVEF), akaba ari nayo munyamigabane munini muri icyo kigo gikora itangazamakuru n’isakazamakuru, gifite mu mitungo yacyo Canal+ Group ikora za filimi hamwe n’inzu itunganya umuziki ya Universal Music Group.

Kuwa Kane w’icyumweru gishize nibwo Vivendi yatangaje ko Bolloré agiye kwegura nk’Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi yayo, agasimburwa n’umuhungu we Yannick Bolloré.

Umuherwe ukomeye w’Umufaransa, Vincent Bolloré yatawe muri yombi na polisi y’icyo gihugu mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ashinjwa ruswa yaba yaratanze mu bikorwa by’amatora muri Afurika y’Iburengerazuba, akiturwa amasezerano akomeye yahawe ikigo cye mu myaka ishize

2018-04-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Ubwanditsi 18 Mar 2020
Uganda: Mu rugo rw’uwahoze mu ngabo za Amerika hafatiwe ibikoresho bya gisirikare yari atunze rwihishwa

Uganda: Mu rugo rw’uwahoze mu ngabo za Amerika hafatiwe ibikoresho bya gisirikare yari atunze rwihishwa

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Ubwanditsi 05 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Evode Imena yagizwe umwere
Mu Rwanda

Evode Imena yagizwe umwere

Ubwanditsi 07 Dec 2017
Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo
SHOWBIZ

Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika
ITOHOZA

Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Ubwanditsi 18 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru