• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185

Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185

Ubwanditsi 24 Sep 2018 ITOHOZA

Igihugu cya Kenya cyarekuye abasirikare babiri ba Uganda bari bafungiye  kuri station ya polisi ya Busia mu gihugu cya Kenya nyuma yo gufatwa bambutse umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko banafite ibikoresho by’intambara.

Irekurwa ry’aba basirikare ba UPDF rije nyuma y’amasaha y’ibiganiro mu muhezo byabaye hagati y’abashinzwe umutekano b’ibihugu byombi kuri iyi station ya polisi ya Busia.

Aba basirikare bari bambaye impuzankano ya gisirikare bari kumwe n’umushoferi wabo bafatiwe ku butaka bwa Kenya kuri iki Cyumweru, itariki 23 Nzeri mu gitondo ubwo bari bakurikiye imodoka yari itwaye amafi iyavanye Jinja muri Uganda.

Bwana Jacob Narengo, umuyobozi wa Busia ndetse na Hussein Matanda ku ruhande rwa Uganda, ari nawe washyikirijwe abo basirikare mu izina rya guverinoma, nibo bari bayoboye ibyo biganiro byatumye aba basirikare barekurwa.

Umuyobozi wa Busia akaba yatangaje ko mu nyungu z’imibanire y’ibihugu byombi n’umuryango wa EAC, bafashe icyemezo cyo gusubiza aba basirikare Uganda nta mananiza nk’uko iyi nkuru ya Daily Monitor ikomeza ivuga.

Umuyobozi wa Busia, Jacob Nalengo yitegura gusubiza Uganda abasirikare bayo

Matanda akaba yashimiye abayobozi ba Kenya ku kuba bitwaye kinyamwuga muri iki kibazo bakemera kurekura abasirikare babo.

Yavuze ko icyaha cyakozwe cyakozwe n’abantu ku giti cyabo atari ubushotoranyi bwa guverinoma ya Uganda. Yongeyeho ko bagiye gukora iperereza bakamenya impamvu binjiye mu kindi gihugu ndetse bafite intwaro kandi hari ubundi buryo bari gukoresha burimo gusaba ubufasha bwo gufata abo bari bakurikiye.

Bivugwa ko ubwo aba bafatwaga bari barenze ubutaka bwa Uganda bakinjira muri Kenya bafite imbunda 2 na magazine 4 zirimo amasasu 185. Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Camry bari bakurikiye nayo yari ifite ibirango bya Uganda imyanya yo kwicaramo yose yavanwemo usibye intebe y’umushoferi.

Umuyobozi wa Busia akaba atahishe ko hari ubucuruzi bw’amafi bunyuranyije n’amategeko bukorerwa mu bice bituriye umupaka, aho yemeje ko Abanyakenya batinya ubucuruzi bw’amafi kubera ukuntu bajujubywa bagahitamo gukoresha Abagande bazi kuyahisha (amafi) kugirango bayatware mu buryo bworoshye.

2018-09-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ubwanditsi 22 Jan 2025
Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Ubwanditsi 10 Dec 2017
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 19 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire
Mu Rwanda

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi
ITOHOZA

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi

Ubwanditsi 29 Dec 2017
Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo  [ VIDEO ]
UBUKUNGU

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru