• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yashimye SADC yagabanije ibibazo by’umutekano mu karere iherereyemo

Perezida Kagame yashimye SADC yagabanije ibibazo by’umutekano mu karere iherereyemo

Ubwanditsi 17 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yashimiye Umuryango Uharanira Iterambere muri Afurika y’Amajyepfo (SADC) wagerageje kugabanya ibibazo by’umutekano mu bihugu biwugize.

Yabitangaje ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama ya 2018, iteraniye mu Murwa mukuru wa Namibia, Windhoek, guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 17 kugeza 18 Kanama 2018.

Yagize ati “Reka mfate akanya nshimire umuryango SADC kubera uruhare wagize mu kuzana umutekano n’ituze mu karere uherereyemo no kure y’imbibi zawo. Tuzi ko (umutekano n’ituze) ari ingenzi kugira ngo tugere ku mpinduka twifuza kandi bikaba no mu ngamba z’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Uretse ibibazo bijyanye n’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, ku mugabane wacu hari ibindi bibazo by’umutekano usanga byarenze igihugu birimo bikagira ingaruka ku bindi bihugu, ibyo ugasanga bikeneye ko abantu bihuriza hamwe ngo babikemure.”

Iyo nama izaba ifite insanganyamatsiko igira iti “Gushyigikira iterambere ry’ibikorwaremezo no kubaka ubushobozi mu rubyiruko hagamijwe kugera ku iterambere.”

JPEG - 76 kb
Perezida Kagame yatumiwe nk’umuyobozi mukuru wa Afurika yunze Ubumwe (AU)

Yasabye ko ibiganirwaho muri iyo nama bikwiye kwibanda kuri gahunda zigamije kongera ibikorwaremezo no koroshya urujya n’uruza rw’abantu ku mugabane wa Afurika.

Iyo nama iribanda kandi ku iterambere rifite icyerekezo, binyuze mu gushyiraho uburyo bworohereza iterambere ry’inganda.

Umuryango wa SADC washinzwe mu mwaka w’i 1980, ugamije koroshya ukwihuza mu iterambere ry’ubukungu kw’ibihugu biwugize n’iby’Umugabane wa Afurika muri rusange.

Uwo muryango ugizwe n’ibihugu 16 ari byo Angola, Botswana, Ibirwa bya Comores byinjiyemo muri 2017, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lesotho, Madagascar, Malawi, Ibirwa bya Maurice, Mozambique, Namibia, Seychelles, Afurika y’Epfo, Ubwami bwa eSwatini, Tanzania, Zambia na Zimbabwe.

2018-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mpayimana yandikiye abadepite b’u Buholandi bijujutiye ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC

Mpayimana yandikiye abadepite b’u Buholandi bijujutiye ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC

Ubwanditsi 28 May 2018
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Ubwanditsi 14 Mar 2020
Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ubwanditsi 24 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr.Munyakazi Leopold ukurikiranweho ibyaha bya jenoside, arasaba kujya kuburanira iwabo
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Dr.Munyakazi Leopold ukurikiranweho ibyaha bya jenoside, arasaba kujya kuburanira iwabo

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi
Amakuru

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Umufaransa Yavuze Ku Buryo Inkotanyi Zafashe Mpiri Abasirikare B’Abafaransa Muri Opération Turquoise
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umufaransa Yavuze Ku Buryo Inkotanyi Zafashe Mpiri Abasirikare B’Abafaransa Muri Opération Turquoise

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru