• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»FDLR mu marembera : Undi musirikare mukuru yitandukanyije nayo

FDLR mu marembera : Undi musirikare mukuru yitandukanyije nayo

Ubwanditsi 15 Mar 2017 Mu Rwanda

Undi musirikare mukuru mu nyeshyamba za FDLR yitandukanyije n’uyu mutwe ahita ataha mu Rwanda nyuma y’uko atari agishoboye kwihanganira ngo amacakubiri akomeje kuvugwa hagati muri uyu mutwe. Ni nyuma y’aho mu minsi ishize Gen. Semugeshi nawe wahoze muri FDLR ariko akaba yari yitandukanyije nayo akajya mu mutwe witwa CNRD, afatiye icyemezo cyo kwishyira mu maboko ya Monusco nayo ikaba iherutse kumucyura mu Rwanda.

Uyu musirikare ufite ipeti rya Major witwa Jean Claude Uwimana akaba yarageze mu Rwanda kuri uyu wa kabiri, nyuma y’ibyumweru bine acikiye FDLR mu mashyamba ya Rutshuru, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, hafi y’Umujyi wa Goma, agahita ahungira kuri Monusco.

Mu nzira agana kuri Monusco ariko, Major Uwimana ngo akaba yarabanje gufatwa n’igisirikare cya Congo, FARDC, kimumarana igihe kimufungiye mu birindiro byacyo.

Mu kiganiro yagiranye n’urubuga rwandawire dukesha iyi nkuru, Major Jean Claude Uwimana yatangaje ko yari amaze igihe ategura uko azataha ku buryo yari yabanje no kohereza abana be bane ngo bamubanzirize agasigarana n’umugore we gusa ahitwa Mweso.

Uku gukomeza gutakaza ku bwinshi abarwanyi biganjemo n’abayobozi muri FDLR kwatangiye kuva mu mwaka ushize, kukaba kugaragaza ko uyu mutwe uvuga ko urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ugenda urushaho gucika integer nyuma y’imyaka igera muri 20 ushinzwe.

-6103.jpg

Major Jean Claude Uwimana

Nyuma yo gutabwa muri yombi na FARDC, bakomeje kumubaza aho arimo kwerekeza nawe agasubiza ko ari kwerekeza mu gihugu cye cy’u Rwanda. Ngo mu maboko ya FARDC akaba ari naho yongeye kubonanira n’umugore we berekeza kuri Monusco ari nayo yabaherekeje bataha mu Rwanda.

Major Uwimana ukomoka mu Murenge wa Mudende ho mu karere ka rubavu, yakiriwe mu kigo gishinzwe abavuye ku rugerero cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze ho mu Ntara y’Amajyaruguru aho yasanze Gen Semugeshi wageze mu Rwanda mu cyumweru gishize mu gihe sosiyete sivile za Congo zifuzaga ko yagezwa imbere y’ubutabera bwa Congo akaburanishwa ku byaha ashinjwa gukorera muri iki gihugu.

2017-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda

Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jul 2017
Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Ubwanditsi 27 Sep 2023
“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ubwanditsi 24 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Argentine yatsinze Nigeria isanga u Bufaransa muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi
IMIKINO

Argentine yatsinze Nigeria isanga u Bufaransa muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
RNC n’abayigize bafashwe bate muri Afurika y’Epfo
Mu Rwanda

RNC n’abayigize bafashwe bate muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 09 Jun 2016
FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu
INKURU NYAMUKURU

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Ubwanditsi 01 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru