• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Ubwanditsi 28 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Uko imikino yagenze mu cyiciro cy’abahatanira igikombe no kutamanuka.

Kuri uyu wa kane tariki ya 27 Gicurasi 2021, nibwo hasozwaga umunsi wa munani wa shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru haba mu kiciro cy’abahatanira igikombe ndetse no kubahatanira kutamanuka mu kiciro cya kabiri.

Mu kiciro cy’abashaka igikombe, ikipe ya Rayon Sports yatsindaga ikipe ya Bugesera FC, ni umukino wabereye kuri sitade ya Bugesera ku isaha ya saa cyenda n’igice, muri uyu mukino ikipe ya Rayon Sports yaherukaga intsinzi tariki ya 4 Gicurasi, yatsinze ibitego bitatu kuri kimwe, ni ibitego byatsinzwe na Mugisha Gilbert watsinzemo bibiri naho ikindi cyatsinzwe na Manace Mutatu, ku ruhande rwa Bugesera cyatsinzwe na Rucogoza Djihad.

Mu wundi mukino wari wabaye mbere ku isaha ya saa sita wahuje ikipe ya Police FC yo yari imaze imikino ibiri idatsinda, yari yakiriye Marines FC birangira initwaye neza kuko yatsinze ibitego 2-1, ku ruhande rwa Police FC yatsindiwe na Mico Justin ndetse na Iyabivuze Osee, kuri Marines yo yatsindiwe na Ishimwe Fiston.

Uko mikino yahuje amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri yagenze:

Kiyovu Sports 3-0 Mukura VS
Musanze FC 3-1 AS Muhanga
Etincelles FC 2-1 Sunrise FC

Nyuma y’umunsi wa 8 amakipe agiye gufata ikiruhuko kubera ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina imikino ya gicuti izaba muri Kamena, bityo shampiyona ikozakomeza muri Kamena Amavubi ashoje gukina imikino ibiri ifite.

Ibyo wamenya byaranze umunsi wa munani wa shampiyona y’u Rwanda:

Hakinwe imikino 8 hinjizwa ibitego 27, Byatsinzwe n’abakinnyi 24

Hatsinze abanyamahanga 9 batsinze ibitego 11.

Habonetse Penaliti 3 zose zinjiye.

Hatanzwe amakarita 3 y’umutuku
Ndabarasa Trésor (Gasogi Utd)
Ayoub Kiiza (Sunrise FC)
Nshimiyimana Elysée (AS Muhanga)

Nwusu Samuel Chukudi wa Gorilla, Robert Saba wa Kiyovu Sports na Mugisha Gilbert wa Rayon nibo binjiye ibitego 2 mu mukino 1, kugeza n’ubu nta mukinnyi uratsinda ibitego bitatu mu mukino umwe.

Hatsinze abanyarwanda 15 batsinze ibitego 16 harimo 2 bitsinze.

Mu gice cya mbere hinjijwe ibitego 14 mu gice cya kabiri hinjira 13.

Habonentse intsinzi 5 harimo 5 z’amakipe yari iwayo, nta kipe n’imwe yatsindiye hanze y’ikibuga cyayo, Kunganya 3.

Mu bahatanira kutamanuka hatsinzwe ibitego 14, mu bahatanira igikombe hatsindwa ibitego 13.

AS Muhanga na Mukura VS nizo kipe zitarabona intsinzi kuva shampiyona yatangira.

Bwa mbere kuva shampiyona yatangira APR FC yabanje igitego.

Igitego Mugisha Gilbert yatsindiye Rayon Sports cyujuje ibitego 183 bimaze gutsindwa kuva shampiyona yatangira.

Igitego cyihuse kuri uyu munsi wa 8 ni icya Niyigena Shawal wa Muhanga cyo ku munota wa 1′, ni nacyo gitego cyihuse kuva shampiyona yatangira.
Abakinnyi 2 bitsinze : Nzayisenga Jean D’amour wa Sunrise FC na Nshimiyimana Elysée wa AS Muhanga.

Kugeza ubu Saba Robert wa Kiyovu SC niwe umaze gutsinda ibitego byinshi aho amaze kugeza 8, arakurikirwa na Shabalala wa AS Kigali ufite ibitego 7 ndetse na Alain Kwitonda wa Bugesera FC na Hassan Kikoyo wa Gasogi United bombi bafite ibitego5.

2021-05-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Ubwanditsi 19 Aug 2021
Volleyball :  Amatora ya  FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Feb 2017
Menya Nyirishema Richard wari Visi Perezida wa FERWABA, wagizwe Minisitiri wa Siporo asimbuye Aurore Mimosa Munyangaju

Menya Nyirishema Richard wari Visi Perezida wa FERWABA, wagizwe Minisitiri wa Siporo asimbuye Aurore Mimosa Munyangaju

Ubwanditsi 17 Aug 2024
Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 4 Ukwakira 2017

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 4 Ukwakira 2017

Ubwanditsi 05 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye  urukundo rukomeye kuri  Jack
IMIKINO

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye urukundo rukomeye kuri Jack

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira
Amakuru

Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Ubwanditsi 30 Jul 2021
Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi
INKURU NYAMUKURU

Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi

Ubwanditsi 01 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru