• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Ubwanditsi 19 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 18 Kanama 2021, ubuyobozi bw’ikipe ya Gasogi United bwatangaje ko Guy Bukasa yagiranye n’iyi kipe amasezerano yo kuyitoza mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere, uyumutoza uzafatanya na Guy Bakira nk’umutoza wungirije bayigarutsemo nyuma y’umwaka umwe bayivuyemo bakerekeza muri Rayon Sports.

Ubwo hari mu mwaka wa 2019 ikipe ya Gasogi United izamuka mu kiciro cya mbere yahaye akazi umunye Congo Guy Bukasa gutoza iyi kipe yari igiye gukina umwaka wayo wa mbere mu mu Kiciro cya mbere muri shampiyona y’u Rwanda, uyu mutoza ubwo yari asoje amasezerano y’umwaka umwe ntabwo yifuje ko yakongererwa amasezerano kuko yahise yerekeza muri Rayon Sports.

Icyo gihe hari ku itariki ya 2 Nyakanga 2020, nibwo uyu mutoza yasezeye ku buyobozi bwa Gasogi United yerekeza mu ikipe ya Rayon Sports aho yamaze umwaka umwe w’imikino ndetse ntiyabasha gutuma Gikundiro igera ku ntego zayo zo gutwara igikombo, ubwo shampiyona ya 2020-2021 yaburaga iminsi mike ngo irangire nibwo uyu mutoza yafashe umwanzuro wo gusezera muri Rayon Sports.

Nyuma yo gusezera nibwo yerekeza mu ikipe y’igihugu ya Congo y’abari munsi y’imyaka 23 bitabiriye CECAFA U23 yabereye muri Erithrea, akivayo uyu mutoza yavuzwe mu makipe atandukanye hano mu Rwanda harimo ikipe ya Sunrise FC ndetse na Musanze FC ariko byarangiye uyu mutoza Guy Bukasa yegukanywe na Gasogi United yahozemo.

Guy Bukasa agarutse muri iyi kipe y’abafana bazwi nk’Urubambyingwe aho mu mwaka w’imikino wa 2019-2020 ayitoza yayifashije gusoza ku mwanya wa Cyenda.

Ubwo hari mu kiganiro n’itangazamakuru herekanwa Guy Bukasa, umuyobozi wayo Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC yatangaje ko uyu mutoza agarutse muri iyi kipe mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere ndetse ahawe inshingano zo gufasha Gasogi United kuza mu makipe ahatanira ibikombe hano mu Rwanda.

Iyi kipe izanye umutoza nyuma yaho yiyongereye imbaraga igura abakinnyi bashya barimo Armel Ghyslain, Yawanendji Theodor Christian, Hassan Djibrine ndetse n’abandi.

Iyi kipe yatandukanye na Kirasa Alain nk’umutoza wari uyifite mu mwaka ushize w’imikino ndetse kandi yatandukanye na bamwe mu bakinnyi bayo barimo Byumvuhore Tresor wagiye muri Rayon Sport, Mazimpaka Andre ndetse n’abandi.

2021-08-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hifujwe ko Anne na Diane baburana ukwabo na nyina ukwe

Hifujwe ko Anne na Diane baburana ukwabo na nyina ukwe

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Umukino wa APR FC na Marines FC wimuriwe kuri Stade Amahoro kubera ikipe ya Kenya

Umukino wa APR FC na Marines FC wimuriwe kuri Stade Amahoro kubera ikipe ya Kenya

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021
Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu

Ubwanditsi 12 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda
Mu Rwanda

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2019
I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International
Amakuru

I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International

Ubwanditsi 20 May 2025
U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu
UBUKUNGU

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Ubwanditsi 30 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru