• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Ubwanditsi 19 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 18 Kanama 2021, ubuyobozi bw’ikipe ya Gasogi United bwatangaje ko Guy Bukasa yagiranye n’iyi kipe amasezerano yo kuyitoza mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere, uyumutoza uzafatanya na Guy Bakira nk’umutoza wungirije bayigarutsemo nyuma y’umwaka umwe bayivuyemo bakerekeza muri Rayon Sports.

Ubwo hari mu mwaka wa 2019 ikipe ya Gasogi United izamuka mu kiciro cya mbere yahaye akazi umunye Congo Guy Bukasa gutoza iyi kipe yari igiye gukina umwaka wayo wa mbere mu mu Kiciro cya mbere muri shampiyona y’u Rwanda, uyu mutoza ubwo yari asoje amasezerano y’umwaka umwe ntabwo yifuje ko yakongererwa amasezerano kuko yahise yerekeza muri Rayon Sports.

Icyo gihe hari ku itariki ya 2 Nyakanga 2020, nibwo uyu mutoza yasezeye ku buyobozi bwa Gasogi United yerekeza mu ikipe ya Rayon Sports aho yamaze umwaka umwe w’imikino ndetse ntiyabasha gutuma Gikundiro igera ku ntego zayo zo gutwara igikombo, ubwo shampiyona ya 2020-2021 yaburaga iminsi mike ngo irangire nibwo uyu mutoza yafashe umwanzuro wo gusezera muri Rayon Sports.

Nyuma yo gusezera nibwo yerekeza mu ikipe y’igihugu ya Congo y’abari munsi y’imyaka 23 bitabiriye CECAFA U23 yabereye muri Erithrea, akivayo uyu mutoza yavuzwe mu makipe atandukanye hano mu Rwanda harimo ikipe ya Sunrise FC ndetse na Musanze FC ariko byarangiye uyu mutoza Guy Bukasa yegukanywe na Gasogi United yahozemo.

Guy Bukasa agarutse muri iyi kipe y’abafana bazwi nk’Urubambyingwe aho mu mwaka w’imikino wa 2019-2020 ayitoza yayifashije gusoza ku mwanya wa Cyenda.

Ubwo hari mu kiganiro n’itangazamakuru herekanwa Guy Bukasa, umuyobozi wayo Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC yatangaje ko uyu mutoza agarutse muri iyi kipe mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere ndetse ahawe inshingano zo gufasha Gasogi United kuza mu makipe ahatanira ibikombe hano mu Rwanda.

Iyi kipe izanye umutoza nyuma yaho yiyongereye imbaraga igura abakinnyi bashya barimo Armel Ghyslain, Yawanendji Theodor Christian, Hassan Djibrine ndetse n’abandi.

Iyi kipe yatandukanye na Kirasa Alain nk’umutoza wari uyifite mu mwaka ushize w’imikino ndetse kandi yatandukanye na bamwe mu bakinnyi bayo barimo Byumvuhore Tresor wagiye muri Rayon Sport, Mazimpaka Andre ndetse n’abandi.

2021-08-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens  niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi

Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Amacakubiri mu buyobozi, ubusambo n’ibitero bya FARDC, bishegeshe umutwe w’iterabwoba wa FDLR none wiyambaje indagu !!

Amacakubiri mu buyobozi, ubusambo n’ibitero bya FARDC, bishegeshe umutwe w’iterabwoba wa FDLR none wiyambaje indagu !!

Ubwanditsi 09 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.
POLITIKI

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi  bakuru ba RNC
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa
INKURU NYAMUKURU

Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Ubwanditsi 21 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru