• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Ubwanditsi 30 Apr 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda n’ubwami bw’u Bubiligi byasinye amasezerano y’ubufatanye afite agaciro ka miliyoni 120 z’amayero, ni ukuvuga asaga miliyari 121 Frw.

Iyi nkunga u Rwanda rwahawe ni impano izifashishwa muri gahunda z’iterambere mu myaka ya 2019-2024. Izibanda mu guteza imbere inzego zirimo ubuzima, ubuhinzi no guteza imbere imijyi.

Urwego rw’ubuzima ruzatangwamo miliyoni 45 z’amayero, ubuhinzi butangwemo miliyoni 30 naho guteza imbere imijyi bitware miliyoni 28 z’amayero mu gihe andi azakoreshwa mu gucunga neza umutungo wa Leta.

Mu rwego rw’ubuzima hazibandwa ku kwegereza abaturage serivisi z’imyororokere no kuboneza urubyaro, mu buhinzi hibandwe ku kongera umusaruro uva mu bworozi.

Mu bijyanye no guteza imbere imijyi, inkunga u Rwanda rwahawe izakoreshwa cyane cyane mu guteza imbere umujyi wa Rubavu, Musanze na Rwamagana.

Minitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, nyuma y’isinywa ry’aya masezerano kuri uyu wa Kabiri, yashimiye u Bubiligi kubw’iyo mpano, ashimangira ko izafasha u Rwanda kugera ku ntego rwiyemeje.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda ifata ubuzima, ubuhinzi n’iterambere ry’imijyi nk’inzego zikomeye zifite icyo zivuze kinini ku iterambere ry’u Rwanda nk’uko biri muri Gahunda ya Guverinoma yo kwihutisha Iterambere. Kubw’ibyo rero iyi nkunga y’u Bubiligi ni intambwe igana imbere mu gushyira mu bikorwa intego twiyemeje.”

Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Benoît Ryelandt yavuze ko isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi ari ikimenyetso ko umubano wabyo ukomeje gutera imbere.

Yavuze ko ari ikimenyetso kije cyiyongera ku ruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi Charles Michel rwabaye muri uku kwezi, byombi byerekana ko u Bubiligi bufata u Rwanda nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi.

Yagize ati “Kuba hasinywe aya amasezerano byose byerekana ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w’ingenzi kandi udasanzwe w’u Bubiligi. Twishimiye gutangiza iyi gahunda nshya izakoreshwa mu nzego eshatu zizagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza by’abanyarwanda.”

Amb. Ryelandt yavuze ko iyo nkunga ifite umwihariko wo kudakurirwaho imisoro. Ubusanzwe izindi nkunga zakurirwagaho imisoro, ni ukuvuga ari ibikoresho byaguzwemo na serivisi bizifashishwa mu mishinga iyo nkunga ikoreshwamo ubundi byakuriwagaho imisoro.

Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda yavuze ko impamvu batasabye gukurirwaho imisoro bagamije gushyigikira iterambere ry’ibyinjira mu isanduku ya Leta.

Mu nzego z’ubuhinzi n’ubuzima, u Bubiligi buzajya burekura amafaranga nyuma yo kugenzura uko aya mbere yakoreshejwe.

Aya masezerano azashyirwa mu bikorwa binyuze mu Kigo cy’ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga (Enabel).

Inkunga u Bubiligi buhaye u Rwanda ije nyuma y’indi yatanzwe mu 2011 ya miliyoni 160 z’amayero yakoreshejwe mu buzima , ingufu, ubuhinzi n’ibindi.

Inkunga u Bubiligi buhaye u Rwanda ije nyuma y’indi yatanzwe mu 2011 ya miliyoni 160 z’amayero

Iyi nkunga u Rwanda rwahawe ni impano izifashishwa muri gahunda z’iterambere guhera mu 2019 kugeza 2024

Minitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana (ibumoso) yashimiye u Bubiligi kubw’iyo mpano, ashimangira ko izafasha u Rwanda kugera ku ntego rwiyemeje.
Inkuru ya IGIHE

2019-04-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Ubwanditsi 19 Mar 2020
I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera

I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera

Ubwanditsi 20 Feb 2018
Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ubwanditsi 29 Jan 2019
2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Ubwanditsi 01 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.
Amakuru

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Lt Gen Kamanzi yatangiye ubutumwa bwe nk’Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS
Mu Rwanda

Lt Gen Kamanzi yatangiye ubutumwa bwe nk’Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS

Ubwanditsi 30 May 2017
BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta
UBUKUNGU

BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

Ubwanditsi 18 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru