• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Ubwanditsi 30 Apr 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda n’ubwami bw’u Bubiligi byasinye amasezerano y’ubufatanye afite agaciro ka miliyoni 120 z’amayero, ni ukuvuga asaga miliyari 121 Frw.

Iyi nkunga u Rwanda rwahawe ni impano izifashishwa muri gahunda z’iterambere mu myaka ya 2019-2024. Izibanda mu guteza imbere inzego zirimo ubuzima, ubuhinzi no guteza imbere imijyi.

Urwego rw’ubuzima ruzatangwamo miliyoni 45 z’amayero, ubuhinzi butangwemo miliyoni 30 naho guteza imbere imijyi bitware miliyoni 28 z’amayero mu gihe andi azakoreshwa mu gucunga neza umutungo wa Leta.

Mu rwego rw’ubuzima hazibandwa ku kwegereza abaturage serivisi z’imyororokere no kuboneza urubyaro, mu buhinzi hibandwe ku kongera umusaruro uva mu bworozi.

Mu bijyanye no guteza imbere imijyi, inkunga u Rwanda rwahawe izakoreshwa cyane cyane mu guteza imbere umujyi wa Rubavu, Musanze na Rwamagana.

Minitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, nyuma y’isinywa ry’aya masezerano kuri uyu wa Kabiri, yashimiye u Bubiligi kubw’iyo mpano, ashimangira ko izafasha u Rwanda kugera ku ntego rwiyemeje.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda ifata ubuzima, ubuhinzi n’iterambere ry’imijyi nk’inzego zikomeye zifite icyo zivuze kinini ku iterambere ry’u Rwanda nk’uko biri muri Gahunda ya Guverinoma yo kwihutisha Iterambere. Kubw’ibyo rero iyi nkunga y’u Bubiligi ni intambwe igana imbere mu gushyira mu bikorwa intego twiyemeje.”

Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Benoît Ryelandt yavuze ko isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi ari ikimenyetso ko umubano wabyo ukomeje gutera imbere.

Yavuze ko ari ikimenyetso kije cyiyongera ku ruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi Charles Michel rwabaye muri uku kwezi, byombi byerekana ko u Bubiligi bufata u Rwanda nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi.

Yagize ati “Kuba hasinywe aya amasezerano byose byerekana ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w’ingenzi kandi udasanzwe w’u Bubiligi. Twishimiye gutangiza iyi gahunda nshya izakoreshwa mu nzego eshatu zizagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza by’abanyarwanda.”

Amb. Ryelandt yavuze ko iyo nkunga ifite umwihariko wo kudakurirwaho imisoro. Ubusanzwe izindi nkunga zakurirwagaho imisoro, ni ukuvuga ari ibikoresho byaguzwemo na serivisi bizifashishwa mu mishinga iyo nkunga ikoreshwamo ubundi byakuriwagaho imisoro.

Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda yavuze ko impamvu batasabye gukurirwaho imisoro bagamije gushyigikira iterambere ry’ibyinjira mu isanduku ya Leta.

Mu nzego z’ubuhinzi n’ubuzima, u Bubiligi buzajya burekura amafaranga nyuma yo kugenzura uko aya mbere yakoreshejwe.

Aya masezerano azashyirwa mu bikorwa binyuze mu Kigo cy’ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga (Enabel).

Inkunga u Bubiligi buhaye u Rwanda ije nyuma y’indi yatanzwe mu 2011 ya miliyoni 160 z’amayero yakoreshejwe mu buzima , ingufu, ubuhinzi n’ibindi.

Inkunga u Bubiligi buhaye u Rwanda ije nyuma y’indi yatanzwe mu 2011 ya miliyoni 160 z’amayero

Iyi nkunga u Rwanda rwahawe ni impano izifashishwa muri gahunda z’iterambere guhera mu 2019 kugeza 2024

Minitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana (ibumoso) yashimiye u Bubiligi kubw’iyo mpano, ashimangira ko izafasha u Rwanda kugera ku ntego rwiyemeje.
Inkuru ya IGIHE

2019-04-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 Feb 2019
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Ubwanditsi 20 Nov 2019
I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Oct 2018
Afrika y’Epfo : (Xenophobic attacks) Abanya Nigeria batangiye kwicwa
Mu Rwanda

Afrika y’Epfo : (Xenophobic attacks) Abanya Nigeria batangiye kwicwa

Ubwanditsi 23 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru