• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Ubwanditsi 24 Mar 2018 UBUKUNGU

BK Group PLC yatangaje ko kugeza mu Ukuboza 2017 yagize inyungu ya miliyari 23.3 Frw, ikaba yarazamutse ugereranyije n’umwaka wabanje kuko yazamutseho 12.5%.

Umwaka ushize nibwo byemejwe ku mugaragaro ko BK ibaye ikigo kibumbye ibindi birimo Banki ya Kigali, BK General insurance, BK TecHouse na BK Capital yahoze ari BK Securities.

Mu mibare yatangajwe kuri uyu wa Gatanu ku cyicaro gikuru cy’iki kigo, Umuyobozi Mukuru wa BK Group PLC, Dr Diane Karusisi, yavuze ko cyishimiye uko cyakoze mu mwaka ushize arebye inyungu yabonetse n’inguzanyo zatanzwe zazamutseho 22.3% zikagera kuri miliyari 471.7 Frw.

Yagize ati “Twumva ko abakiliya bacu banezerewe kuko babona ko banki yabo ikomeje kubashyigikira mu byo bakora. Ikindi twishyuye imisoro igera kuri miliyari 10.8Frw, tukumva ko no ku gihugu ari ikintu cyiza kuko iyo misoro twishyura ikomeza kubaka igihugu cyacu.”

Dr Diane yavuze ko inyungu yazamutse ari n’inkuru nziza ku banyamigabane.

Ati “Hanyuma n’abanyamigabane bacu tuzabaha umugabane ungana miliyari 9.3Frw (40% by’inyungu), twizera ko nabo bazashimishwa n’uko Banki ya Kigali yakoze muri uyu mwaka ushize.”

Inama y’Inteko Rusange ya BK iteganyijwe kuwa 18 Gicurasi 2018 niyo izemeza itangwa ry’iyo nyungu ku banyamigabane, aho biteganywa ko hazatangwa 13.87Frw ku mugabane.

Ubuyobozi bwa BK Group buvuga ko mu bigo biyihuriramo, nka BK TechHouse yatangiye umwaka ushize itaratangira kubyara inyungu ifatika, ariko BK General Insurance yatangiye muri Nyakanga 2016 yo ihagaze neza ku isoko kuko.

Umuyobozi wayo, Alex Bahizi, yavuze ko mu mwaka ushize iki kigo binjije miliyoni hafi 300Frw zibarirwa mu nyungu rusange ya BK Group mu mwaka ushize, bitewe n’izina rikomeye iki kigo cyatangiriyeho.

Yagize ati “Kuba BK General Insurance yaratangiye ari iya Banki ya Kigali, abakiliya kuyumva, kumenya ko ifite ingufu, ntabwo byatinze kuko bumvaga ko ikoresha indangagaciro Banki ya Kigali isanganwe. Byatworohereje kubona abakiliya benshi mu gihe gito kugira ngo tubahe ubwishingizi.”

Yakomeje agira ati “Icya kabiri ni ubushobobozi bushingiye ku mari shingiro. Muzi ko isosiyete y’ubwishingizi mu Rwanda isabwa miliyari 1Frw kugira ngo itangire. Iyi ya Banki ya Kigali itangira abanyamigabane bayemereye miliyari 5Frw ndetse umwaka ushize ujya kurangira baduhaye indi imwe, bigaragara ko Banki ya Kigali ishaka ko iyi sosiyete ikomera ikarushaho guha serivisi nziza abakigana.”

Yavuze ko mu bijyanye n’ubwishingizi, iyo ufite imari shingiro nini bituma wishingira ubucuruzi bunini, bityo ukagira abakiliya benshi ari nayo mvano y’inyungu iri hejuru.

Kugeza mu Ukuboza 2017, BK Group yari igeze ku mutungo mbumbe wa miliyari 727.2 Frw, aho nk’ishami rya banki ryatanze serivisi ku bakiliya bato 257000 n’abanini 24 000.

Uwo mwaka warangiye rifite abarihagararariye (agents) 1437, amashami 79, ATM zigera kuri 91 n’ibyuma bifasha mu kwishyura (POS) 1250.

Kugeza ku wa 31 Ukuboza 2017 umutungo mbumbe wa BK Group PLC wazamutseho 13.9%, ugera kuri miliyari 727.2 Frw uvuye kuri 638.3 Frw mu mpera z’igihembwe cya kane umwaka wabanje.

 

Umuyobozi Mukuru wa BK Group, Dr Diane Karusisi

 

 

2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Perezida Kagame avuye  munama  itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Perezida Kagame avuye munama itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Ubwanditsi 29 Jan 2016
BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

Ubwanditsi 26 Nov 2018
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Ubwanditsi 26 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Meddy yashyize hanze Amashusho y’Indirimbo ye  ‘ NTAWAMUSIMBURA (Lyric Video) yaciye ibintu muri iyi minsi
IMIKINO

Meddy yashyize hanze Amashusho y’Indirimbo ye ‘ NTAWAMUSIMBURA (Lyric Video) yaciye ibintu muri iyi minsi

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu
ITOHOZA

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu

Ubwanditsi 16 Aug 2017
U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Ubwanditsi 24 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru