• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Ubwanditsi 24 Mar 2018 UBUKUNGU

BK Group PLC yatangaje ko kugeza mu Ukuboza 2017 yagize inyungu ya miliyari 23.3 Frw, ikaba yarazamutse ugereranyije n’umwaka wabanje kuko yazamutseho 12.5%.

Umwaka ushize nibwo byemejwe ku mugaragaro ko BK ibaye ikigo kibumbye ibindi birimo Banki ya Kigali, BK General insurance, BK TecHouse na BK Capital yahoze ari BK Securities.

Mu mibare yatangajwe kuri uyu wa Gatanu ku cyicaro gikuru cy’iki kigo, Umuyobozi Mukuru wa BK Group PLC, Dr Diane Karusisi, yavuze ko cyishimiye uko cyakoze mu mwaka ushize arebye inyungu yabonetse n’inguzanyo zatanzwe zazamutseho 22.3% zikagera kuri miliyari 471.7 Frw.

Yagize ati “Twumva ko abakiliya bacu banezerewe kuko babona ko banki yabo ikomeje kubashyigikira mu byo bakora. Ikindi twishyuye imisoro igera kuri miliyari 10.8Frw, tukumva ko no ku gihugu ari ikintu cyiza kuko iyo misoro twishyura ikomeza kubaka igihugu cyacu.”

Dr Diane yavuze ko inyungu yazamutse ari n’inkuru nziza ku banyamigabane.

Ati “Hanyuma n’abanyamigabane bacu tuzabaha umugabane ungana miliyari 9.3Frw (40% by’inyungu), twizera ko nabo bazashimishwa n’uko Banki ya Kigali yakoze muri uyu mwaka ushize.”

Inama y’Inteko Rusange ya BK iteganyijwe kuwa 18 Gicurasi 2018 niyo izemeza itangwa ry’iyo nyungu ku banyamigabane, aho biteganywa ko hazatangwa 13.87Frw ku mugabane.

Ubuyobozi bwa BK Group buvuga ko mu bigo biyihuriramo, nka BK TechHouse yatangiye umwaka ushize itaratangira kubyara inyungu ifatika, ariko BK General Insurance yatangiye muri Nyakanga 2016 yo ihagaze neza ku isoko kuko.

Umuyobozi wayo, Alex Bahizi, yavuze ko mu mwaka ushize iki kigo binjije miliyoni hafi 300Frw zibarirwa mu nyungu rusange ya BK Group mu mwaka ushize, bitewe n’izina rikomeye iki kigo cyatangiriyeho.

Yagize ati “Kuba BK General Insurance yaratangiye ari iya Banki ya Kigali, abakiliya kuyumva, kumenya ko ifite ingufu, ntabwo byatinze kuko bumvaga ko ikoresha indangagaciro Banki ya Kigali isanganwe. Byatworohereje kubona abakiliya benshi mu gihe gito kugira ngo tubahe ubwishingizi.”

Yakomeje agira ati “Icya kabiri ni ubushobobozi bushingiye ku mari shingiro. Muzi ko isosiyete y’ubwishingizi mu Rwanda isabwa miliyari 1Frw kugira ngo itangire. Iyi ya Banki ya Kigali itangira abanyamigabane bayemereye miliyari 5Frw ndetse umwaka ushize ujya kurangira baduhaye indi imwe, bigaragara ko Banki ya Kigali ishaka ko iyi sosiyete ikomera ikarushaho guha serivisi nziza abakigana.”

Yavuze ko mu bijyanye n’ubwishingizi, iyo ufite imari shingiro nini bituma wishingira ubucuruzi bunini, bityo ukagira abakiliya benshi ari nayo mvano y’inyungu iri hejuru.

Kugeza mu Ukuboza 2017, BK Group yari igeze ku mutungo mbumbe wa miliyari 727.2 Frw, aho nk’ishami rya banki ryatanze serivisi ku bakiliya bato 257000 n’abanini 24 000.

Uwo mwaka warangiye rifite abarihagararariye (agents) 1437, amashami 79, ATM zigera kuri 91 n’ibyuma bifasha mu kwishyura (POS) 1250.

Kugeza ku wa 31 Ukuboza 2017 umutungo mbumbe wa BK Group PLC wazamutseho 13.9%, ugera kuri miliyari 727.2 Frw uvuye kuri 638.3 Frw mu mpera z’igihembwe cya kane umwaka wabanje.

 

Umuyobozi Mukuru wa BK Group, Dr Diane Karusisi

 

 

2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Ubwanditsi 19 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Urubyiruko  rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana  ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Rubavu: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa
Mu Rwanda

Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Perezida Kagame yagaragaje ibikenewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagaragaje ibikenewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika

Ubwanditsi 20 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru