• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Ubwanditsi 10 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa kane hakomeje urubanza rwa Nsabimana Callixte wari wariyise Major Sankara, aho kuri we ndetse n’abaregera indishyi basabye ko uru rubanza rwahuzwa n’uwo yita shebuja Paul Rusesabagina uherutse kugezwa mu Rwanda mu minsi ishize ku byaha bihuye byiganjemo iterabwoba no guhungabanya umutekano n’umudendezo w’abanyarwanda.

Umutetsi wigize umunyepolitiki Rusesabagina ntaragezwa mu rukiko ariko kuwa gatatu nibwo yitabye ubushinjacyaha kuko RIB yamaze gushyikiriza dosiye ye ubushinjacyaha kugirango azagezwe imbere y’urukiko abazwe ibyaha yakoze dore ko asanzwe yari perezida (ubu akaba ari Visi Perezida) w’ingirwashyaka MRCD ifite umutwe w’iterabwoba wa FLN ari nawo wagiye ugaba ibitero by’iterabwoba mu Rwanda cyane cyane mu 2018 inzirakarengane zikahasiga ubuzima.
Uyu munsi rero mu rukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba ruherereye I Nyanza rwakomeje hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amashusho (video conference), aho uregwa yari muri gereza ya Kigali hamwe n’abunganizi be, mu kwezi kwa Nyakanga nibwo uyu Sankara yahamije ko umutwe w’iterabwoba wa FLN wahawe ubufasha na Perezida Edgar Lungu wa Zambiya ngo bakunde bateze umutekano muke mu Rwanda ngo bitijwe umurindi n’ubushuti yari afitanye na Paul Rusesabagina.

Kuri ibyo birego uruhande rwa Zambia rwahakanye ibyo birego, ndetse runohereza minisitiri w’ububanyi n’amahanga wagiranye ibiganiro na perezida Kagame ndetse baganira kuri ibyo byari byavuzwe, kuri uyu munsi rero havuzwe ibaruwa y’ubushinjacyaha isaba ihuzwa ry’urubanza rw’uyu Sankara ndetse na Herman Nsengimana wamusimbuye ku buvugizi bwa FLN akaza gufatirwa mu mashyamba ya Kongo ubwo icyibatsi cy’umuriro wa FARDC wabituragaho hejuru mu mpera za 2019.

Ubushinjacyaha buvuga ko izi manza zombi ziri mu rukiko rumwe kandi ibyaha byose uyu mugabo Herman ashinjwa abihuriyeho na Sankara nubwo kuri Callixte we hari ibirengaho; Me Yousuf niwe uhagarariye abaregera indishyi akaba yaranarokotse igitero cyagabwe muri Nyungwe ndetse imodoka ye ikaza gutwikwa yasabye ko hanabaho ihuzwa rya dosiye ya Rusesabagina n’iya Sankara ku nyungu z’abaregera indishyi.

Mu kwiregura uyu munsi uwo musore wishoye mu byaha by’iterabwoba asanzwe aburana yemera ibyaha byose uko ari 17 yasabye ko dosiye ya Rusesabagina yakwihutishwa igahuzwa niye kucyo yise inyungu y’ubutabera, ku rundi ruhande umucamanza we yavuze ko guhuza cyangwa kudahuza urubanza rwa Sankara n’urwa Herman bizafatwaho umwanzuro taliki 1 Ukwakira.

Ku birebana no guhuza urubanza rwa Sankara n’uwahoze ari shebuja Rusesabagina umucamanza yavuze ko ntacyo yabivugaho kuko atazi neza ko urubanza rwa Rusesabagina ruzazanwa mu rukiko ayobora kandi ko yungamo ati ibyo mube mubyihoreye tubyumva gutyo ntawuramenya aho byerekera.
Nsabimana Callixte wari wariyise Sankara yafashwe umwaka ushize aho yari mu birwa bya Comore agezwa mu Rwanda kugirango aburanishwe ku byaha yagiye yigamba ko byakozwe n’umutwe yari abereye umuvugizi, uwamusimbuye mu kuvugira uwo mutwe w’iterabwoba Herman Nsengimana nawe yaje gutabwa muri yombi akuwe mu mashyamba ya Kongo naho uwari ubakuriye Paul Rusesabagina yatawe muri yombi ku bufatanye bw’u Rwanda n’amahanga nkuko RIB yabitangarije itangazamakuru igihe uyu mugabo yafatwaga.

Mu minsi ishize umukuru w’igihugu yavuze ko ikiguzi cy’abagambiriye guhungabanya umutekano w’abanyarwanda kigiye kuzamurwa nkuko bisanzwe rero imvugo ihora ariyo ngiro abo cyazamuriweho bose bisanze imbere y’ubutabera bw’u Rwanda aho bari kuryozwa ibyaha birimo n’ibyatwaye ubuzima bw’abanyarwanda.

2020-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Ubwanditsi 17 Feb 2022
Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora
Amakuru

Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Ubwanditsi 21 Sep 2022
U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

Ubwanditsi 05 May 2018
Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame
UBUKUNGU

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru