• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Ubwanditsi 10 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa kane hakomeje urubanza rwa Nsabimana Callixte wari wariyise Major Sankara, aho kuri we ndetse n’abaregera indishyi basabye ko uru rubanza rwahuzwa n’uwo yita shebuja Paul Rusesabagina uherutse kugezwa mu Rwanda mu minsi ishize ku byaha bihuye byiganjemo iterabwoba no guhungabanya umutekano n’umudendezo w’abanyarwanda.

Umutetsi wigize umunyepolitiki Rusesabagina ntaragezwa mu rukiko ariko kuwa gatatu nibwo yitabye ubushinjacyaha kuko RIB yamaze gushyikiriza dosiye ye ubushinjacyaha kugirango azagezwe imbere y’urukiko abazwe ibyaha yakoze dore ko asanzwe yari perezida (ubu akaba ari Visi Perezida) w’ingirwashyaka MRCD ifite umutwe w’iterabwoba wa FLN ari nawo wagiye ugaba ibitero by’iterabwoba mu Rwanda cyane cyane mu 2018 inzirakarengane zikahasiga ubuzima.
Uyu munsi rero mu rukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba ruherereye I Nyanza rwakomeje hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amashusho (video conference), aho uregwa yari muri gereza ya Kigali hamwe n’abunganizi be, mu kwezi kwa Nyakanga nibwo uyu Sankara yahamije ko umutwe w’iterabwoba wa FLN wahawe ubufasha na Perezida Edgar Lungu wa Zambiya ngo bakunde bateze umutekano muke mu Rwanda ngo bitijwe umurindi n’ubushuti yari afitanye na Paul Rusesabagina.

Kuri ibyo birego uruhande rwa Zambia rwahakanye ibyo birego, ndetse runohereza minisitiri w’ububanyi n’amahanga wagiranye ibiganiro na perezida Kagame ndetse baganira kuri ibyo byari byavuzwe, kuri uyu munsi rero havuzwe ibaruwa y’ubushinjacyaha isaba ihuzwa ry’urubanza rw’uyu Sankara ndetse na Herman Nsengimana wamusimbuye ku buvugizi bwa FLN akaza gufatirwa mu mashyamba ya Kongo ubwo icyibatsi cy’umuriro wa FARDC wabituragaho hejuru mu mpera za 2019.

Ubushinjacyaha buvuga ko izi manza zombi ziri mu rukiko rumwe kandi ibyaha byose uyu mugabo Herman ashinjwa abihuriyeho na Sankara nubwo kuri Callixte we hari ibirengaho; Me Yousuf niwe uhagarariye abaregera indishyi akaba yaranarokotse igitero cyagabwe muri Nyungwe ndetse imodoka ye ikaza gutwikwa yasabye ko hanabaho ihuzwa rya dosiye ya Rusesabagina n’iya Sankara ku nyungu z’abaregera indishyi.

Mu kwiregura uyu munsi uwo musore wishoye mu byaha by’iterabwoba asanzwe aburana yemera ibyaha byose uko ari 17 yasabye ko dosiye ya Rusesabagina yakwihutishwa igahuzwa niye kucyo yise inyungu y’ubutabera, ku rundi ruhande umucamanza we yavuze ko guhuza cyangwa kudahuza urubanza rwa Sankara n’urwa Herman bizafatwaho umwanzuro taliki 1 Ukwakira.

Ku birebana no guhuza urubanza rwa Sankara n’uwahoze ari shebuja Rusesabagina umucamanza yavuze ko ntacyo yabivugaho kuko atazi neza ko urubanza rwa Rusesabagina ruzazanwa mu rukiko ayobora kandi ko yungamo ati ibyo mube mubyihoreye tubyumva gutyo ntawuramenya aho byerekera.
Nsabimana Callixte wari wariyise Sankara yafashwe umwaka ushize aho yari mu birwa bya Comore agezwa mu Rwanda kugirango aburanishwe ku byaha yagiye yigamba ko byakozwe n’umutwe yari abereye umuvugizi, uwamusimbuye mu kuvugira uwo mutwe w’iterabwoba Herman Nsengimana nawe yaje gutabwa muri yombi akuwe mu mashyamba ya Kongo naho uwari ubakuriye Paul Rusesabagina yatawe muri yombi ku bufatanye bw’u Rwanda n’amahanga nkuko RIB yabitangarije itangazamakuru igihe uyu mugabo yafatwaga.

Mu minsi ishize umukuru w’igihugu yavuze ko ikiguzi cy’abagambiriye guhungabanya umutekano w’abanyarwanda kigiye kuzamurwa nkuko bisanzwe rero imvugo ihora ariyo ngiro abo cyazamuriweho bose bisanze imbere y’ubutabera bw’u Rwanda aho bari kuryozwa ibyaha birimo n’ibyatwaye ubuzima bw’abanyarwanda.

2020-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ubwanditsi 07 Jun 2023
Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 27 Oct 2019
Aba-Ofisiye 1015 ba Polisi bazamuwe mu ntera, abandi 111 bashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru

Aba-Ofisiye 1015 ba Polisi bazamuwe mu ntera, abandi 111 bashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 12 Jan 2018
Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ubwanditsi 27 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Biracyekwa ko Urupfu rwa Padiri Evariste Nambaje rwaba rufitanye isano no kwiyamamaza kwa Nahimana
ITOHOZA

Biracyekwa ko Urupfu rwa Padiri Evariste Nambaje rwaba rufitanye isano no kwiyamamaza kwa Nahimana

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda ushinjwa ibyaha bya Jenoside yafatiwe muri Cameroun

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL
Amakuru

Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL

Ubwanditsi 16 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru