• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Ubwanditsi 22 Aug 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa n’ubuhinzi (FAO), José Graziano da Silva, kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Kanama 2018.

Graziano yari mu Rwanda aho yitabiriye inama y’iminsi ibiri yigaga ku ruhare rw’Urubyiruko mu iterambere ry’ubuhinzi ku mugabane wa Afurika.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter, Graziano yagaragaje ko yishimiye guhura na Perezida Kagame ndetse amushimira umuhate afite mu guteza imbere icyaro.

Ati “Nanyuzwe no kongera guhura na Paul Kagame mu ruzinduko rwanjye mu Rwanda, no kubona umuhate we n’imiyoborere nk’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe mu kwihutisha iterambere ry’icyaro no guhanga imirimo ku rubyiruko rwa Afurika.”

Kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga inama mpuzamanga yiga ku ruhare rw’urubyiruko mu iterambere ry’ubuhinzi hagamijwe kurandura inzara muri Afurika, Graziano yavuze ko impamvu urubyiruko rwinshi rutitabira ubuhinzi biterwa n’ ibibazo ruhuriramo nabyo.

Yavuze ko ari akenshi urwagiyemo rudafashwa kwiyungura ubumenyi buhagije, kutabasha kugera ku bigo by’imari, amakuru make, amasoko make n’ibindi.

Graziano yavuze ko Guverinoma zikwiye gufata ingamba zigashyiraho ibikorwa bituma urubyiruko rubona ubuhinzi nk’ahantu habyara inyungu cyane cyane hateza imbere icyaro.

Ati “Tugomba guteza imbere ibice by’icyaro. Ni ukuhashyira serivisi z’ibanze nk’uburezi, ubuzima, umuriro w’amashanyarazi, internet n’ibindi bigaragara mu mijyi minini. Izi serivisi ubwazo ni inkomoko y’imirimo by’umwihariko ku bagore n’urubyiruko.”

Graziano kandi kuri uyu wa kabiri yasuye umushinga w’ubworozi bw’inkoko mu Karere ka Gakenke uterwa inkunga na FAO, umaze guteza imbere abatuye ako gace.

Uyu mushinga wafashije benshi barimo urubyiruko rusoje amashuri yisumbuye rudafite akazi ndetse n’amashyirahamwe y’abagore batoranyijwe hifashishijwe ubuyobozi mu nzego z’ibanze.

FAO isanzwe itera inkunga u Rwanda muri gahunda z’iterambere zinyuranye cyane cyane inkunga za tekiniki mu by’ubuhinzi, ubuvugizi ku ngamba z’ubuhinzi za Leta y’u Rwanda ndetse no gutanga inama ku micungire y’ubutaka.

Itera inkunga imishinga itandukanye yo kurwanya imirire mibi mu Rwanda aho bafasha abaturage kunoza ibijyanye n’ubworozi ndetse no gukora imirimo yo kubyaza umusaruro ubukungu bubakikije nk’imigano, ibiyaga, ubworozi bw’inzuki n’ibindi.

Perezida Paul Kagame aramutsa José Graziano da Silva uyobora FAO, kuri uyu wa Kabiri

Perezida Kagame yakiriye José Graziano da Silva uyobora FAO aherekejwe na Dr Gerardine Mukeshimana

2018-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Ubwanditsi 19 Sep 2017
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame mu gihe cyo kwibuka

Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame mu gihe cyo kwibuka

Ubwanditsi 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuntu wanditse igiswahili ShaddyBoo yakoresheje yifuriza Diamond isabukuru nziza yamutamaje ku mbuga nkoranyambaga
SHOWBIZ

Umuntu wanditse igiswahili ShaddyBoo yakoresheje yifuriza Diamond isabukuru nziza yamutamaje ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo
Mu Mahanga

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Perezida Kagame mu bazitabira Inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere
POLITIKI

Perezida Kagame mu bazitabira Inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere

Ubwanditsi 04 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru