• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo

Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo

Ubwanditsi 10 Feb 2017 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, POLITIKI

Ku itariki ya 9 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda yatangije imyitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo ihuriwemo n’abapolisi bose hamwe 336. Umwitozo wo kurwanya iterabwoba urabera mu kigo cyigisha ibijyanye no kurwanya iterabwoba cya Mayange mu karere ka Bugesera naho uwo gukumira no guhosha imyigaragambyo wo urabera mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishali mu karere ka Rwamagana.

Iyi myitozo igamije gutuma abapolisi bahora biteguye, bafite ubumenyi buri gihe ndetse banafite ingufu igihe cyose zituma bakora neza akazi kabo.

Abapolisi 266 nibo bari mu mwitozo wo guhosha imyigaragambyo; mu gihe abandi 60 bo bakora ujyanye no kurwanya iterabwoba .

Ubwo yatangizaga uwo kurwanya iterabwoba mu kigo cya Mayange, Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye yavuze ko gukomeza kongera ubumenyi ku bapolisi no kugira ibikoresho bigezweho ari ngombwa cyane kuko ari igisubizo cy’ibintu bibangamiye umutekano.

Mu bitabiriye ibikorwa byo gutangiza iyo myitozo yombi; hari Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa bya Polisi DIGP Dan Munyuza, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ubuyobozi n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda, abapolisi bakuru bayobora amashami atandukanye muri Polisi y’u Rwanda, abayobora Polisi y’u Rwanda mu Ntara n’Umujyi wa Kigali n’abandi.

Minisitiri Busingye yagize ati:” iyi myitozo ijyanye no kubungabunga umutekano kuko isaba ko umupolisi ahora ari maso kandi yiteguye gushaka umuti w’ikintu cyose cyahungabanya umutekano; byaba ibyaha byambukiranya imipaka cyangwa se ibindi byaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga; kubirwanya no kubikumira bikaba aribyo bituma abaturarwanda bahora batekanye mu byo bakora byose kubera umutekano usesuye bafite”.

Yakomeje yizeza ko Leta y’u Rwanda izakomeza gufasha Polisi y’u Rwanda muri ibi bikorwa byose bituma ikomeza gukora kinyamwuga hagamijwe kuburizamo, kurwanya no gukumira ibyaha.

DIGP Munyuza, Ubwo yagezaga ijambo rye ku bitabiriye umwitozo mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishari, yavuze ko guhosha imyigaragambyo biri mu nshingano za Polisi y’u Rwanda; ariko yongeraho ko bigomba gukorwa hakurikijwe amategeko

Yagize ati:” bigomba gukorwa neza, nta guhutaza abaturage mbese bigakorwa hakurikijwe amategeko ahana ibyaha cyangwa ibindi bibangamiye umutekano”.

Umwitozo ku guhosha imyigaragambyo, uba ugamije kumenya uko wakwitwara n’icyo wakora imbere y’agatsiko k’abantu cyangwa itsinda ry’abakora imyigaragambyo, ndetse n’uko amategeko yubahirizwa mu kuyihosha no gushaka ku buryo bwihuse umuti w’ibyo bibazo, no kugarura ituze ndetse abapolisi bakamenya no gukoresha neza ibikoresho bihosha iyo myigaragambyo.

Iyi myitozo yombi kandi, ituma hanamenyekana uruhare rw’itangazamakuru ndetse n’uko abanyamakuru barindwa bakanafashwa kubona amakuru bifuza.

-5711.jpg

RNP

2017-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ubwanditsi 22 Mar 2021
Gakenke : Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Gakenke : Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Ubwanditsi 06 Apr 2020
Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ubwanditsi 16 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika
Amakuru

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho
POLITIKI

Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Ali Kiba yatagajeko  akunda umuhanzi  w’umunyarwanda Meddy
IMIKINO

Ali Kiba yatagajeko akunda umuhanzi w’umunyarwanda Meddy

Ubwanditsi 03 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru