• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo

Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo

Ubwanditsi 10 Feb 2017 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, POLITIKI

Ku itariki ya 9 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda yatangije imyitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo ihuriwemo n’abapolisi bose hamwe 336. Umwitozo wo kurwanya iterabwoba urabera mu kigo cyigisha ibijyanye no kurwanya iterabwoba cya Mayange mu karere ka Bugesera naho uwo gukumira no guhosha imyigaragambyo wo urabera mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishali mu karere ka Rwamagana.

Iyi myitozo igamije gutuma abapolisi bahora biteguye, bafite ubumenyi buri gihe ndetse banafite ingufu igihe cyose zituma bakora neza akazi kabo.

Abapolisi 266 nibo bari mu mwitozo wo guhosha imyigaragambyo; mu gihe abandi 60 bo bakora ujyanye no kurwanya iterabwoba .

Ubwo yatangizaga uwo kurwanya iterabwoba mu kigo cya Mayange, Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye yavuze ko gukomeza kongera ubumenyi ku bapolisi no kugira ibikoresho bigezweho ari ngombwa cyane kuko ari igisubizo cy’ibintu bibangamiye umutekano.

Mu bitabiriye ibikorwa byo gutangiza iyo myitozo yombi; hari Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa bya Polisi DIGP Dan Munyuza, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ubuyobozi n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda, abapolisi bakuru bayobora amashami atandukanye muri Polisi y’u Rwanda, abayobora Polisi y’u Rwanda mu Ntara n’Umujyi wa Kigali n’abandi.

Minisitiri Busingye yagize ati:” iyi myitozo ijyanye no kubungabunga umutekano kuko isaba ko umupolisi ahora ari maso kandi yiteguye gushaka umuti w’ikintu cyose cyahungabanya umutekano; byaba ibyaha byambukiranya imipaka cyangwa se ibindi byaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga; kubirwanya no kubikumira bikaba aribyo bituma abaturarwanda bahora batekanye mu byo bakora byose kubera umutekano usesuye bafite”.

Yakomeje yizeza ko Leta y’u Rwanda izakomeza gufasha Polisi y’u Rwanda muri ibi bikorwa byose bituma ikomeza gukora kinyamwuga hagamijwe kuburizamo, kurwanya no gukumira ibyaha.

DIGP Munyuza, Ubwo yagezaga ijambo rye ku bitabiriye umwitozo mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishari, yavuze ko guhosha imyigaragambyo biri mu nshingano za Polisi y’u Rwanda; ariko yongeraho ko bigomba gukorwa hakurikijwe amategeko

Yagize ati:” bigomba gukorwa neza, nta guhutaza abaturage mbese bigakorwa hakurikijwe amategeko ahana ibyaha cyangwa ibindi bibangamiye umutekano”.

Umwitozo ku guhosha imyigaragambyo, uba ugamije kumenya uko wakwitwara n’icyo wakora imbere y’agatsiko k’abantu cyangwa itsinda ry’abakora imyigaragambyo, ndetse n’uko amategeko yubahirizwa mu kuyihosha no gushaka ku buryo bwihuse umuti w’ibyo bibazo, no kugarura ituze ndetse abapolisi bakamenya no gukoresha neza ibikoresho bihosha iyo myigaragambyo.

Iyi myitozo yombi kandi, ituma hanamenyekana uruhare rw’itangazamakuru ndetse n’uko abanyamakuru barindwa bakanafashwa kubona amakuru bifuza.

-5711.jpg

RNP

2017-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Migambi Nyawe uri kubarizwa muri Ukraine yatanze ihumure ku ntama  za Yesu Kristo.

Migambi Nyawe uri kubarizwa muri Ukraine yatanze ihumure ku ntama za Yesu Kristo.

Ubwanditsi 26 May 2021
Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Hakim Sahabo yatijwe ikipe ya K. Beerschot V.A. avuye muri Standard de Liège zose zo mu Bubiligi

Hakim Sahabo yatijwe ikipe ya K. Beerschot V.A. avuye muri Standard de Liège zose zo mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Jan 2025
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ubwanditsi 19 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabire Victoire Ajye Yibuka Ko Yafunzwe N’ibimenyetso Byavuye Mu Buholandi, Naho Isano N’abajenosideri, Akabaye Icwende Ntikoga Ngo Gashiremo Umunuko
INKURU NYAMUKURU

Ingabire Victoire Ajye Yibuka Ko Yafunzwe N’ibimenyetso Byavuye Mu Buholandi, Naho Isano N’abajenosideri, Akabaye Icwende Ntikoga Ngo Gashiremo Umunuko

Ubwanditsi 04 Jun 2021
CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize
UBUKUNGU

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

Ubwanditsi 05 Dec 2019
Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika
ITOHOZA

Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Ubwanditsi 02 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru