• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

Ubwanditsi 05 Dec 2019 UBUKUNGU

Uruganda Nyarwanda rukora Sima rwa Cimerwa rugaragaza ko hagati ya Nyakanga 2018 na Nyakanga 2019 inyungu rwagize yazamutseho 55% kuko yageze kuri miliyari 16.7 Frw ivuye kuri miliyari 10.8 Frw rwari rwungutse mu mwaka wawubanjirije.

Iyi mibare yagaragajwe kuri uyu wa 5 Ukuboza 2019 ubwo CIMERWA yamurikaga raporo y’uko ubukungu bwayo bwari buhagaze mu mwaka ushize.

Iyi raporo igaragaza ko Sima uru ruganda rwacuruje yavuye kuri Toni 357 736 muri Nzeri 2018 igera kuri Toni 429 730 muri Nzeri 2019. Bivuze ko habayeho ukwiyongera kwa 20%, bingana na Toni 71 994.

Uku kwiyongera niko kwatumye amafaranga rwakuye muri Sima rwagurishije muri uwo mwaka yiyongeraho Miliyari 12Frw kuko hagati ya Nzeri 2017 na Nzeri 2018 rwari rwacuruje miliyari 50.2 Frw mu gihe hagati ya Nzeri 2018 na Nzeri 2019 Sima rwacuruje yavuyemo miliyari 62.2Frw. Habayeho ukwiyongera kwa 24%.

Umuyobozi Mukuru wa Cimerwa, Bheki Mthembu, yavuze ko uko kwiyongera bibaye nyuma y’imbaraga n’umuhate uru ruganda rwashyizeho, aho muri Mata umwaka ushize rwari rwahagaritse uruganda kugira ngo hagire bimwe ruvugurura byagiraga ingaruka ku bushobozi bwarwo.

Mthembu yavuze ko uretse ukwiyongera k’umusaruro mu bijyanye n’ingano ya sima rukora n’amafaranga rukuramo, uruganda rwanakoze n’ibikorwa bitandukanye byo gufasha abaturage, by’umwihariko abatuye mu nkengero z’aho rukorera mu bikorwa birimo ibyo guteza imbere ibikorwa remezo, ubuzima, uburezi, ubucuruzi n’ibindi.

Ati “Inyungu twagezeho uyu mwaka izadufasha mu kwagura ubushobozi bw’uruganda rwacu no gusangiza inyungu twabonye abatuye aho dukorera.”

Umuyobozi ushinzwe ubukungu muri CIMERWA, John Bugunya, yavuze ko inyungu yiyongereye ifitanye isano n’imishinga ikomeye y’ubwubatsi n’ibikorwa remezo Leta yashoyemo imari irimo nk’uwa Stade ya Kigali Arena, Ikibuga cy’indege cya Bugesera, ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Ibiro by’Akarere ka Gasabo n’ibindi.

Cimerwa ifite ubushobozi bwo gutunganya sima ingana na toni 600 000 ku mwaka ariko ntibiragerwaho kuko ubu rugeze kuri 80%, mu gihe sima ikenerwa mu Rwanda ku mwaka ingana na toni 640,455. Intego CIMERWA ifite ni uko mu 2020 hagati ruzaba rugeze kuri 90%, naho mu 2021 rukagera ku 100%.

Src: IGIHE

2019-12-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Ubwanditsi 25 May 2017
Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Ubwanditsi 18 Mar 2018
Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Ubwanditsi 04 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo
POLITIKI

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo

Ubwanditsi 07 Dec 2017
Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya
IMIKINO

Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro
IMIKINO

Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro

Ubwanditsi 07 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru