• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Ubwanditsi 25 Feb 2016 IMIKINO

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe itumanaho muri Tanzania (TCRA) cyashyize mu kato indirimbo Zigo Remix y’umuhanzi AY afatanyije na Diamond Platinumz kuko ngo itandukira umuco.

-2271.jpg

Umuhanzi AY nyiri ndirimbo

TCRA ivuga ko amashusho akururira abantu gukora imibonano mpuzabitsina adakwiye kwerekanwa ku manywa, iki cyemezo kikaba kireba n’iyi ndirimbo ya AY irimo abakobwa bambaye amakariso n’udusutiye gusa.

-2273.jpg

AY, mubyara wa Alpha Rwirangira, avuga ko ibyemezo byo guca indirimbo z’abanyagihugu ariko iz’abanyamahanga zigahabwa rugari kandi na zo zitubahirije umuco, ari ikibazo gikomeye.

“Ibi ni byo bituma abahanzi b’Abanyatanzania badatera imbere, bakwiye no kujya baca indirimbo zo muri Amerika no mu bihugu by’i Burayi kuko zifite amafoto ashotorana kurusha Zigo Remix.”

Kanda hano urebe iyo ndirimbo

Ayo ni amagambo AY yabwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe, yungamo ati “Abanyamakuru ni bo ba mbere bakwiye kutubariza TCRA impamvu itwigirizaho nkana.”

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa kabiri, AY yaje mu Rwanda ahamara iminsi ine, aho yari yaje kwamamaza iyi ndirimbo ye yashyizwe mu kato.

Byinshi abahanzi nyarwanda bakwigira kuri AY wo muri Tanzania ukubutse mu Rwanda

-2272.jpg

AY na Diamond

Zigo Remix ni indirimbo ikunzwe cyane kuri televiziyo zo muri Afurika y’Iburasirazuba cyane cyane. Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa imaze kuri Youtube, imaze kurebwa n’abantu 2,818,885.

Icibwa ry’iyi ndirimbo rije rikurikiranye n’icibwa ry’indi ndirimbo y’umuraperi Ney wa Mitego yitwa Shika adabu yako (bisobanuye ngo iyubahe, mu Kinyarwanda); ariko iyi yo yafunzwe na BASATA (Baraza la Sanaa la Taifa: Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhanzi.)

BASATA yaciye iyo ndirimbo ivuga ko itandukira umuco ndetse ikabamo ubushotoranyi bwinshi, aho Ney wa Mitego yaririmbye anenga cyane abahanzi batandukanye barimo abakina amafilime (Bongo Movies) ndetse n’abanyamuziki bagenzi be.

Muri iyo ndirimbo, Ney wa Mitego anatukamo BASATA, ati “Nibaza niba BASATA ari inkoko cyangwa imbata kuko mbona imeze nk’urukero rwagimbye, bahimba bamagana indirimbo z’abahanzi batazi imvune duhura na zo.”

Mu bandi aririmbamo harimo Wema Sepetu wabaye Miss Tanzania 2006 ndetse akaba yaranamamaye ubwo yakundanaga na Diamond Platinumz. Muri iyi ndirimbo, Ney agaruka kuri Wema wigeze gutangaza ko afite inda, amubaza niba afite inda koko cyangwa niba ari ugushaka hit (kuvugwa ngo yamamare).

Avugamo na Vicent Kigosi “Ray” wamamaye muri filime nka Oprah ari kumwe na Irene Uwoya “Oprah” ndetse na nyakwigendera Steven Kanumba. Muri shika adamu yako, Ney abwira Ray ati “Ray wowe ukomeje kuba umunyekongo, amafaranga yose ukura mu gukina amafilime uyaguramo amavuta yo kwitukuza.”

Bidatinze Ray yamaganye iyo mvugo ya Ney, asobanura ko atitukuza ahubwo ko yabaye inzobe cyane kubera kunywa amazi menshi.

Reba iyo ndirimbo bagiye gukorera amashusho

Shika adabu yako ni bwo yari igisohoka ndetse itaranakorerwa amashusho, abanyamakuru ba radiyo babujijwe kuyikina, ariko Ney wa Mitego yatangaje ko icyo cyemezo cya BASATA ntacyo kimubwiye ndetse ngo agiye no kuyikorera amashusho (video).

M.Fils

2016-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

Ubwanditsi 15 Mar 2022
Bakina Super Cup, APR BBC itwaye igikombe itsinze REG BBC naho REG WBBC itsinda APR WBBC

Bakina Super Cup, APR BBC itwaye igikombe itsinze REG BBC naho REG WBBC itsinda APR WBBC

Ubwanditsi 18 Jan 2025
Patrick Aussems wabaye umutoza wa Simba SC, yamaze kumvikana na Kiyovu SC kuyitoza mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Patrick Aussems wabaye umutoza wa Simba SC, yamaze kumvikana na Kiyovu SC kuyitoza mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Ubwanditsi 12 Jul 2022
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda
INKURU NYAMUKURU

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Ubwanditsi 22 May 2019
Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU
INKURU NYAMUKURU

Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU

Ubwanditsi 08 Feb 2019
M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana
Amakuru

M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana

Ubwanditsi 07 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru