• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Ubwanditsi 25 Feb 2016 IMIKINO

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe itumanaho muri Tanzania (TCRA) cyashyize mu kato indirimbo Zigo Remix y’umuhanzi AY afatanyije na Diamond Platinumz kuko ngo itandukira umuco.

-2271.jpg

Umuhanzi AY nyiri ndirimbo

TCRA ivuga ko amashusho akururira abantu gukora imibonano mpuzabitsina adakwiye kwerekanwa ku manywa, iki cyemezo kikaba kireba n’iyi ndirimbo ya AY irimo abakobwa bambaye amakariso n’udusutiye gusa.

-2273.jpg

AY, mubyara wa Alpha Rwirangira, avuga ko ibyemezo byo guca indirimbo z’abanyagihugu ariko iz’abanyamahanga zigahabwa rugari kandi na zo zitubahirije umuco, ari ikibazo gikomeye.

“Ibi ni byo bituma abahanzi b’Abanyatanzania badatera imbere, bakwiye no kujya baca indirimbo zo muri Amerika no mu bihugu by’i Burayi kuko zifite amafoto ashotorana kurusha Zigo Remix.”

Kanda hano urebe iyo ndirimbo

Ayo ni amagambo AY yabwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe, yungamo ati “Abanyamakuru ni bo ba mbere bakwiye kutubariza TCRA impamvu itwigirizaho nkana.”

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa kabiri, AY yaje mu Rwanda ahamara iminsi ine, aho yari yaje kwamamaza iyi ndirimbo ye yashyizwe mu kato.

Byinshi abahanzi nyarwanda bakwigira kuri AY wo muri Tanzania ukubutse mu Rwanda

-2272.jpg

AY na Diamond

Zigo Remix ni indirimbo ikunzwe cyane kuri televiziyo zo muri Afurika y’Iburasirazuba cyane cyane. Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa imaze kuri Youtube, imaze kurebwa n’abantu 2,818,885.

Icibwa ry’iyi ndirimbo rije rikurikiranye n’icibwa ry’indi ndirimbo y’umuraperi Ney wa Mitego yitwa Shika adabu yako (bisobanuye ngo iyubahe, mu Kinyarwanda); ariko iyi yo yafunzwe na BASATA (Baraza la Sanaa la Taifa: Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhanzi.)

BASATA yaciye iyo ndirimbo ivuga ko itandukira umuco ndetse ikabamo ubushotoranyi bwinshi, aho Ney wa Mitego yaririmbye anenga cyane abahanzi batandukanye barimo abakina amafilime (Bongo Movies) ndetse n’abanyamuziki bagenzi be.

Muri iyo ndirimbo, Ney wa Mitego anatukamo BASATA, ati “Nibaza niba BASATA ari inkoko cyangwa imbata kuko mbona imeze nk’urukero rwagimbye, bahimba bamagana indirimbo z’abahanzi batazi imvune duhura na zo.”

Mu bandi aririmbamo harimo Wema Sepetu wabaye Miss Tanzania 2006 ndetse akaba yaranamamaye ubwo yakundanaga na Diamond Platinumz. Muri iyi ndirimbo, Ney agaruka kuri Wema wigeze gutangaza ko afite inda, amubaza niba afite inda koko cyangwa niba ari ugushaka hit (kuvugwa ngo yamamare).

Avugamo na Vicent Kigosi “Ray” wamamaye muri filime nka Oprah ari kumwe na Irene Uwoya “Oprah” ndetse na nyakwigendera Steven Kanumba. Muri shika adamu yako, Ney abwira Ray ati “Ray wowe ukomeje kuba umunyekongo, amafaranga yose ukura mu gukina amafilime uyaguramo amavuta yo kwitukuza.”

Bidatinze Ray yamaganye iyo mvugo ya Ney, asobanura ko atitukuza ahubwo ko yabaye inzobe cyane kubera kunywa amazi menshi.

Reba iyo ndirimbo bagiye gukorera amashusho

Shika adabu yako ni bwo yari igisohoka ndetse itaranakorerwa amashusho, abanyamakuru ba radiyo babujijwe kuyikina, ariko Ney wa Mitego yatangaje ko icyo cyemezo cya BASATA ntacyo kimubwiye ndetse ngo agiye no kuyikorera amashusho (video).

M.Fils

2016-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Ubwanditsi 08 Jul 2021
Rubanguka Steven, umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu Amavubi agakina muri AE Karaiskakis Artas yo muri Greece yageze mu mwiherero w’Ikipe i Nyamata

Rubanguka Steven, umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu Amavubi agakina muri AE Karaiskakis Artas yo muri Greece yageze mu mwiherero w’Ikipe i Nyamata

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Ecole Secondaire Ste Bernadette Kamonyi yiganje mu makipe yatwaye ibikombe ubwo hasozwa Amashuri Kagame Cup 2024

Ecole Secondaire Ste Bernadette Kamonyi yiganje mu makipe yatwaye ibikombe ubwo hasozwa Amashuri Kagame Cup 2024

Ubwanditsi 27 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga
Amakuru

Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 18 Aug 2021
BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira
ITOHOZA

BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira

Ubwanditsi 29 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru