• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia

U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia

Ubwanditsi 15 Oct 2019 IMIKINO

Ikipe y’u Rwanda ‘Amavubi’ yanganyije ubusa ku busa na Taifa Stars ya Tanzania mu mukino mpuzamahanga wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa Mbere.

Amakipe yombi yahuye mbere y’uko akina imikino yo kwishyura mu ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2020) kizabera muri Cameroun.

Amavubi yari imbere y’abafana, yihariye umupira mu minota myinshi y’igice cya mbere, ariko ntiyabona uburyo bukomeye bwashoboraga kuyahesha gufungura amazamu muri uyu mukino.

Uburyo bukomeye bwa mbere bwabonetse muri uyu mukino, ni ubwo ku munota wa 28, aho Niyonzima Olivier Sefu yasitaye ku mupira wari utewe nabi n’umunyezamu Boniface Metacha. Omborenga Fitina yananiwe gutsindira u Rwanda ubwo yateraga umupira ukomeye wakuwemo n’uyu munyezamu wa Tanzania.

Habura iminota itatu ngo igice cya mbere kirangire, Nsabimana Eric ‘Zidane’ yagerageje ishoti rya kure, ariko ku bw’amahirwe make umupira uca hejuru y’izamu rya Tanzania.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rw’u Rwanda, umutoza Mashami Vincent yinjizamo Kalisa Rachid mu mwanya wa Nshimiyimana Amran.

Hashize iminota 10, Tanzania yakoze impinduka esheshatu icyarimwe, yinjizamo abarimo Mchimbi Ditram Adrian, Madenge Miradji Athuman,Jonas Gerard Mkude, Lyanga Ayubu Reuben na Saidi Mzamiru Yassin.

Aba bakinnyi bafashije Taifa Stars gusatira bikomeye Ikipe y’u Rwanda mu minota isaga 15 yakurikiyeho ariko uburyo bumwe bwabonywe na Muzamiru Yassin ntibwagira icyo butanga, umupira ukomeye yateye ujya ku ruhande.

Umunyezamu wa Tanzania, Boniface Metacha, yayifashije cyane hagati y’umunota wa 60 n’uwa 80, akuramo imipira itatu irimo ibiri yatewe na Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ n’undi watewe na Niyonzima Haruna.

Tanzania yashoboraga gufungura amazamu ku mupira watakajwe na Manzi Thierry, ariko Mchimbi Ditram Adrian ateye ishoti rica ku ruhande.

Habura iminota itanu ngo umukino urangire, Amavubi yabonye uburyo bwiza bwo gutsinda igitego, aho Sugira Ernest yahinduye umupira mwiza mu rubuga rw’amahina, Niyonzima Haruna awuteye mu izamu ugarurwa n’igiti cy’izamu.

Ikipe y’u Rwanda izagaruka mu kibuga ku wa Gatandatu yakira Ethiopia mu mukino wo kwishyura w’ijonjora rya nyuma ryo gushaka tike ya CHAN 2020 izabera muri Cameroun.

Umukino ubanza wabereye muri Ethiopia mu kwezi gushize, warangiye u Rwanda rutsinze igitego 1-0.

Abakinnyi bitabajwe ku mpande zombi:

Rwanda: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Rugwiro Hervé, Manzi Thierry, Imanishimwe Emmanuel, Niyonzima Olivier ‘Sefu’, Nshimiyimana Amran (Kalisa Rachid 45’), Nsabimana Eric, Niyonzima Haruna (Nshuti Dominique Savio 90+2’), Kagere Meddie (Sugira Ernest 75’) na Tuyisenge Jacques (Manishimwe Djabel 52’).

Tanzania: Boniface Metacha, Kimenya Salum Mashaka, Kamadi Gadiel Michael, Nondo Bakari Mwamneyeto, Erasto Nyoni, Abdoul Aziz Makame Makame, Mukami Himd Mao, Domayo Frank Raymond, Msuva Simon Happygod, Yussuf Abdilahie Abdallah na Shah Farid Mousa.

2019-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yanyagiye Espoir imbere ya Mamelodi ihita ifata umwanya wa mbere

Rayon Sports yanyagiye Espoir imbere ya Mamelodi ihita ifata umwanya wa mbere

Ubwanditsi 05 Mar 2018
Wari uziko Mukunzi Yannick  yahamagawe mu Mavubi kandi arembye

Wari uziko Mukunzi Yannick yahamagawe mu Mavubi kandi arembye

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Alikiba yagize icyo avuga ku mushinga wo gukorana na Davido indirimbo

Alikiba yagize icyo avuga ku mushinga wo gukorana na Davido indirimbo

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Ubwanditsi 09 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri
Amakuru

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ubwanditsi 03 Jan 2024
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU
INKURU NYAMUKURU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Ubwanditsi 15 Jul 2019
Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe
Amakuru

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Ubwanditsi 13 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru