• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Ubwanditsi 04 May 2024 Amakuru, IMIKINO

Shampiyona y’u Rwanda yakomeje kuri uyu wa Gatandatu hakinwa umunsi wa 29 wa shampiyona y’u Rwanda y’icyiciro cya mbere mu Bagabo, ikipe ya Etoile de l’Est yatsinze Police FC ibitego 2-1 naho Bugesera FC inganya na Muhazi United yombi arwana no kuguma mu cyiciro cya mbere.

Mu mikino yakinwe kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Police FC yari yakiriye Etoile de l’Est kuri Kigali Pele Stadium, umukino urangira ikipe ya Police itsinzwe ibitego 2-1, ni ibitego byatsinzwe na Sadick Sullley ku ruhande rwa Etoile de l’Est naho icya Police gitsindwa na Bigiramana Abedi.

Gutsinda uyu mukino kuri iyi kipe yo mu ntara y’I Burasirazuba byatumye iva ku mwanya wa nyuma ifata mu kiumwanya wa 14 aho yasize inyuma ikipe ya Bugesera FC yo yanganyije na Muhazi United ubusa ku busa ndetse na Surise FC yatsinzwe na Amagaju igitego 1-0.

Aya makipe yo mu ntara y’I Burasirazuba ageze habi ku buryo ashobora kumanuka mu cyiro cya kabiri cy’umwaka w’imikino utaha wa 2024-2025 mu gihe ku munsi wa nyuma atatsinda imikino yayo yose dore shampiyona y’u Rwanda isigaje umunsi umwe ngo irangire.

Kugeza ubu ikipe ya Etoile de l’Est iri mu nzira nziza zo kuguma mu cyiciro cya mbere mu gihe mu mukino wa nyuma wa shampiyona izaba iwutsinze dore ko bazahura na Bugesera FC bahatanira uyu mwanya wo kuguma mu kiciro cya mbere.

Ikipe ya Surise FC yo isa nkaho amahirwe menshi izakina icyiciro cya kabiri cy’umwaka utaha kuko niyo yatsinda umukino wa nyuma wa shampiyona bazahura na Marines FC, aha kugirango ihagume birayisaba ko andi makipe arimo Bugesera na Etoile yanganya yo igatsinda byibuze ibitego birenga 5 mu mukino.

Mu yindi mikino y’umunsi wa 29 yakinwe, ikipe ya APR FC yatsinze Gorilla FC ibitego 2-0 byatsinzwe na Victor Mbaoma na Mugisha Gilbert, ikipe ya Kiyovu SC yo yatsinze Etincelles FC ibitego 3-2 mu gihe ikipe ya Marines FC yatsinze Musanze 1-0.

Kuri iki cyumweru ikipe ya Rayon Sports irakina na AS Kigali bakinire kuri Kigali Pele Stadium guhera ku isaha ya Saa cyenda z’igicamunsi, naho ikipe ya Mukura VS yo izakira ikipe ya Gasogi United kuri Sitade y’Akarere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo.

2024-05-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga  ko bamutora

De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga ko bamutora

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Amafoto – I Kigali hafunguwe iduka ry’imyenda n’ibikoresho by’ikipe ya Rayon Sports ryiswe “Gikundiro Shop”

Amafoto – I Kigali hafunguwe iduka ry’imyenda n’ibikoresho by’ikipe ya Rayon Sports ryiswe “Gikundiro Shop”

Ubwanditsi 23 Feb 2024
Euro 2016: Portugal ikatishije itike yo gukina 1/2 kirangiza

Euro 2016: Portugal ikatishije itike yo gukina 1/2 kirangiza

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Patriots BBC yisanze mu itsinda rya mbere mu irushanwa rya Basketball Africa League rigomba gutangira mu Rwanda hagati muri Gicurasi 2021.

Patriots BBC yisanze mu itsinda rya mbere mu irushanwa rya Basketball Africa League rigomba gutangira mu Rwanda hagati muri Gicurasi 2021.

Ubwanditsi 01 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YESU MU RUBAVU
ITOHOZA

AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YESU MU RUBAVU

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika
Mu Mahanga

Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!
Amakuru

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Ubwanditsi 07 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru