• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byahesheje Perezida Kagame igihembo cy’indashyikirwa

Gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byahesheje Perezida Kagame igihembo cy’indashyikirwa

Ubwanditsi 19 Oct 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yahawe igihembo gihabwa abantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa, ahishura ko ibyo yagejeje k’u Rwanda byagezweho kubera ubufatanye n’abandi Banyarwanda.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukwakira 2017, nibwo Perezida Kagame yaherewe icyo gihembo i Londres mu Bwongereza, agihawe n’ikigo cy’Abanyamerika giharanira ubudashyikirwa “American Academy of Achievement.”

-8408.jpg

Perezida Kagame yavuze ko ibyo u Rwanda rwagezeho byakozwe ku bufatanye n’Abanyarwanda bose

Akimara kugishyikirizwa yagize ati “Ubudashyikirwa bwa nyabwo si ubw’umuntu umwe. Umuntu akora ku giti cye, twese nta kintu twageraho. Iyo dukoresheje impano zacu duhuriza ku nyungu imwe, dukoranye twese byadufasha guhindura isi tuyiganisha aheza”

Perezida Kagame yavuze ko gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byatumye bubaka igihugu kibabereye kandi buri wese yibonamo.

-8409.jpg

Perezida Kagame yavuze ko gukorera hamwe byatumye Abanyarwanda bubaka igihugu kibateye ishema

Abajijwe umuntu afata nk’ikitegererezo mu buzima bwe, yagize ati “Igisubizo kimvuye k’umutima natanga ni uko ari Abanyarwanda bababaye ariko banga gutsindwa.”

Igihembo cya Golden Plate gihabwa abantu bagize uruhare rufatika mu bikorwa by’imiyoborere myiza, siyansi, ubugeni, siporo n’inganda.

-8410.jpg

Bamwe mu bitabiriye umuhango wo gushyikiriza Perezida Kagame igihembo

Abantu bakomeye ku isi nibo bagira uruhare mu gutoranya umuntu uhabwa icyo gihembo. Muri bo harimo umwami wa Jordania, Abdulah II; Umugore wa George Bush wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Laura Bush; Umuyobozi wa Alphabet, sosiyete igenzura Google, Larry Page; Bill Clinton; abaherwe nka Bill Gates na Jacon Rothschild; Desmond Tutu na Oprah Winfrey.

-8411.jpg

Perezida Kagame yafashe n’umwanya ahura n’urubyiruko

2017-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu

Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Ubwanditsi 07 Apr 2025
APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 
Amakuru

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Ubwanditsi 19 Aug 2022
Perezida Kagame  yageze  i Maputo muri Mozambique
Mu Rwanda

Perezida Kagame yageze i Maputo muri Mozambique

Ubwanditsi 24 Oct 2016
CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba
Amakuru

CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Sep 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru