• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Ubwanditsi 18 Mar 2018 UBUKUNGU

Banki y’u Rwanda (BNR) yakuyeho amananiza yo gutegereza iminsi igera kuri itatu kugira ngo umuntu abikuze amafaranga ari kuri sheki yo muri banki zitandukanye.

Ubusanzwe uwahawe sheki itari iya banki abarizwamo, yayijyanaga kuri banki ye, agategereza iminsi igera kuri itatu kugira ngo ayo mafaranga agere kuri konti ye.

Icyo gikorwa bita “Kuverisa” cyatindaga bitewe n’uko nyuma yo kugeza sheki kuri banki ye, banki nayo yayifataga ikayijyana kuri BNR kugira ngo BNR iyishyuze banki sheki yaturutsemo.

Urwo ruhererekane nirwo rwatumaga bitinda bikagera ku minsi itatu umuntu atarabona amafaranga yemerewe.

Ariko kuva aho BNR yamaze gushyiriraho uburyo bushya bw’ikoranabuhanga buzwi nka ‘Cheque Truncation System (CTS)’, igihe cyo kuverisa sheki kizamanuka kisigare ku masaha atarenze ane.

Uburyo bwa CTS buje kuruhura kandi abakozi ba mabanki gukubita amaguru buri gitondo bagana kuri BNR kujya kurangiza ibyo bibazo, birimo gutanga uburenganzira kuri sheki basabwa no kwishyuza izo bahawe n’abakiriya babo.

Guhera ubu hazajya hakoreshwa gufotora (scanner) sheki noneho igahita yoherezwa kuri BNR hamwe n’ibikenerwa byose nk’igihe sheki igomba kubikurizwa n’amazina ya banki isaba n’isabwa amafaranga.

Ibyo bikazahita bikuraho umwanya wifashishwaga mu kujyana sheki no kuzisabira ko zibikuzwa ndetse n’amafaranga yagenderaga muri izo nzira.

Abakora muri za Banki zo mu Rwanda bakiranye na yombi ubu buryo, bemeza ko bugiye kugarura akanyamuneza mu bakiliya babo, nk’uko bitangazwa na Christian Dingida ushinzwe ibikorwa muri Banki ya Afurika (AB).

Agira ati “Nk’urugero, niba sheki itugezeho mbere ya Saa Yine za mugitondo, ni ukuvuga ko uyizanye azajya abona amafaranga mbere ya Saa Saba z’umugoroba. Noneho sheki yatugeraho nyuma ya Saa Saba z’umugoroba, uyizanye akazabona amafaranga mbere ya Saa Yine z’umunsi ukiriraho.”

John Karamuka ukuriye ubwishyu muri BNR, yabwiye Kigali Today dukesha iyi nkuru ko bamaze iminsi mu isuzuma rya nyuma ku buryo mu cyumweru gitaha izahita itangira gukoreshwa.

Ati “Amabanki amaze iminsi adufasha kwitegura ku buryo icyumweru gitaha kizagera byagiye mu buryo.”

Bamwe mu bakoresha amabanki bizera ko uretse kugabanya umwanya watakaraga mu kubikuza bene izo sheki, ubu buryo bushya buzanaca na forode yagaragaraga mu kwigana sheki.

2018-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018
IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika rizazanwa n’ikoranabuhanga

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika rizazanwa n’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 26 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Emmanuel Cyemayire Yashimuswe na CMI  i Mbarara
INKURU NYAMUKURU

Emmanuel Cyemayire Yashimuswe na CMI i Mbarara

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Mar 2019
‘ Jenoside ‘Jeneral Bosco Ntaganda  yabonye mu Rwanda ngo niyo  yatumye ajya gutabara muri Congo
ITOHOZA

‘ Jenoside ‘Jeneral Bosco Ntaganda yabonye mu Rwanda ngo niyo yatumye ajya gutabara muri Congo

Ubwanditsi 15 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru