• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Ubwanditsi 18 Mar 2018 UBUKUNGU

Banki y’u Rwanda (BNR) yakuyeho amananiza yo gutegereza iminsi igera kuri itatu kugira ngo umuntu abikuze amafaranga ari kuri sheki yo muri banki zitandukanye.

Ubusanzwe uwahawe sheki itari iya banki abarizwamo, yayijyanaga kuri banki ye, agategereza iminsi igera kuri itatu kugira ngo ayo mafaranga agere kuri konti ye.

Icyo gikorwa bita “Kuverisa” cyatindaga bitewe n’uko nyuma yo kugeza sheki kuri banki ye, banki nayo yayifataga ikayijyana kuri BNR kugira ngo BNR iyishyuze banki sheki yaturutsemo.

Urwo ruhererekane nirwo rwatumaga bitinda bikagera ku minsi itatu umuntu atarabona amafaranga yemerewe.

Ariko kuva aho BNR yamaze gushyiriraho uburyo bushya bw’ikoranabuhanga buzwi nka ‘Cheque Truncation System (CTS)’, igihe cyo kuverisa sheki kizamanuka kisigare ku masaha atarenze ane.

Uburyo bwa CTS buje kuruhura kandi abakozi ba mabanki gukubita amaguru buri gitondo bagana kuri BNR kujya kurangiza ibyo bibazo, birimo gutanga uburenganzira kuri sheki basabwa no kwishyuza izo bahawe n’abakiriya babo.

Guhera ubu hazajya hakoreshwa gufotora (scanner) sheki noneho igahita yoherezwa kuri BNR hamwe n’ibikenerwa byose nk’igihe sheki igomba kubikurizwa n’amazina ya banki isaba n’isabwa amafaranga.

Ibyo bikazahita bikuraho umwanya wifashishwaga mu kujyana sheki no kuzisabira ko zibikuzwa ndetse n’amafaranga yagenderaga muri izo nzira.

Abakora muri za Banki zo mu Rwanda bakiranye na yombi ubu buryo, bemeza ko bugiye kugarura akanyamuneza mu bakiliya babo, nk’uko bitangazwa na Christian Dingida ushinzwe ibikorwa muri Banki ya Afurika (AB).

Agira ati “Nk’urugero, niba sheki itugezeho mbere ya Saa Yine za mugitondo, ni ukuvuga ko uyizanye azajya abona amafaranga mbere ya Saa Saba z’umugoroba. Noneho sheki yatugeraho nyuma ya Saa Saba z’umugoroba, uyizanye akazabona amafaranga mbere ya Saa Yine z’umunsi ukiriraho.”

John Karamuka ukuriye ubwishyu muri BNR, yabwiye Kigali Today dukesha iyi nkuru ko bamaze iminsi mu isuzuma rya nyuma ku buryo mu cyumweru gitaha izahita itangira gukoreshwa.

Ati “Amabanki amaze iminsi adufasha kwitegura ku buryo icyumweru gitaha kizagera byagiye mu buryo.”

Bamwe mu bakoresha amabanki bizera ko uretse kugabanya umwanya watakaraga mu kubikuza bene izo sheki, ubu buryo bushya buzanaca na forode yagaragaraga mu kwigana sheki.

2018-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Ubwanditsi 18 Jun 2018
U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ubwanditsi 29 Jan 2019
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022
Amakuru

Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 22 Nov 2022
Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu
Mu Mahanga

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda
POLITIKI

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru