• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Ubwanditsi 18 Mar 2018 UBUKUNGU

Banki y’u Rwanda (BNR) yakuyeho amananiza yo gutegereza iminsi igera kuri itatu kugira ngo umuntu abikuze amafaranga ari kuri sheki yo muri banki zitandukanye.

Ubusanzwe uwahawe sheki itari iya banki abarizwamo, yayijyanaga kuri banki ye, agategereza iminsi igera kuri itatu kugira ngo ayo mafaranga agere kuri konti ye.

Icyo gikorwa bita “Kuverisa” cyatindaga bitewe n’uko nyuma yo kugeza sheki kuri banki ye, banki nayo yayifataga ikayijyana kuri BNR kugira ngo BNR iyishyuze banki sheki yaturutsemo.

Urwo ruhererekane nirwo rwatumaga bitinda bikagera ku minsi itatu umuntu atarabona amafaranga yemerewe.

Ariko kuva aho BNR yamaze gushyiriraho uburyo bushya bw’ikoranabuhanga buzwi nka ‘Cheque Truncation System (CTS)’, igihe cyo kuverisa sheki kizamanuka kisigare ku masaha atarenze ane.

Uburyo bwa CTS buje kuruhura kandi abakozi ba mabanki gukubita amaguru buri gitondo bagana kuri BNR kujya kurangiza ibyo bibazo, birimo gutanga uburenganzira kuri sheki basabwa no kwishyuza izo bahawe n’abakiriya babo.

Guhera ubu hazajya hakoreshwa gufotora (scanner) sheki noneho igahita yoherezwa kuri BNR hamwe n’ibikenerwa byose nk’igihe sheki igomba kubikurizwa n’amazina ya banki isaba n’isabwa amafaranga.

Ibyo bikazahita bikuraho umwanya wifashishwaga mu kujyana sheki no kuzisabira ko zibikuzwa ndetse n’amafaranga yagenderaga muri izo nzira.

Abakora muri za Banki zo mu Rwanda bakiranye na yombi ubu buryo, bemeza ko bugiye kugarura akanyamuneza mu bakiliya babo, nk’uko bitangazwa na Christian Dingida ushinzwe ibikorwa muri Banki ya Afurika (AB).

Agira ati “Nk’urugero, niba sheki itugezeho mbere ya Saa Yine za mugitondo, ni ukuvuga ko uyizanye azajya abona amafaranga mbere ya Saa Saba z’umugoroba. Noneho sheki yatugeraho nyuma ya Saa Saba z’umugoroba, uyizanye akazabona amafaranga mbere ya Saa Yine z’umunsi ukiriraho.”

John Karamuka ukuriye ubwishyu muri BNR, yabwiye Kigali Today dukesha iyi nkuru ko bamaze iminsi mu isuzuma rya nyuma ku buryo mu cyumweru gitaha izahita itangira gukoreshwa.

Ati “Amabanki amaze iminsi adufasha kwitegura ku buryo icyumweru gitaha kizagera byagiye mu buryo.”

Bamwe mu bakoresha amabanki bizera ko uretse kugabanya umwanya watakaraga mu kubikuza bene izo sheki, ubu buryo bushya buzanaca na forode yagaragaraga mu kwigana sheki.

2018-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ubwanditsi 17 Mar 2020
AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

Ubwanditsi 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amb. Mugambage yasabye Uganda gukora iperereza ku ‘mitwe y’iterabwoba’ ishaka guhungabanya u Rwanda
POLITIKI

Amb. Mugambage yasabye Uganda gukora iperereza ku ‘mitwe y’iterabwoba’ ishaka guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2018
Meddy yasobanuye byinshi ku ndirimbo “Ntawamusimbura” bamushinja gushishura ndetse anagira n’icyo avuga ku kuza i Kigali
SHOWBIZ

Meddy yasobanuye byinshi ku ndirimbo “Ntawamusimbura” bamushinja gushishura ndetse anagira n’icyo avuga ku kuza i Kigali

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Ubwanditsi 05 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru