• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 27 Aug 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, aherutse gutangaza ko mu myaka 20 ishize, ingengo y’imari yikubye inshuro 14, imisoro n’amahoro byo zikaba 25.

Uko kwiyongera kw’imisoro yinjiye kwagarutsweho mu gihe hizihizwa isabukuru y’imyaka 20, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kimaze kigira uruhare mu ikusanywa ry’imisoro iha u Rwanda gukataza muri gahunda yarwo yo kudategereza ak’imuhana.

Dusubije amaso inyuma mu myaka itanu ishize mu mibare itangwa na RRA, igaragaza ko imisoro ikusanywa yiyongeraga umwaka ku wundi, ikagira uruhare runini mu ngengo y’mari y’igihugu ikomeje gutumbagira.

Mu 2013/14, ingengo y’imari y’u Rwanda yabarirwaga muri miliyari 1,677.7 Frw, imisoro yihariyemo miliyari 763.4 Frw (45.5 %).

Mu 2014/15 ingengo y’imari yabaye 1.762.4 Frw, imisoro yinjiye ingana na miliyari 859.1 Frw (48%).

Ingengo y’imari ya 2015/16 yabaye 1,808.8 Frw, hinjira imisoro ya miliyari 986.7 Frw (54.5%).

Mu mwaka wa 2016/17 ingengo y’imari yabaye 1.954.2 Frw, hinjira imisoro ya miliyari 1.086.5 Frw (55.6%).

Bigeze mu mwaka ushize wa 2017/18, bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yarenze miliyari 2 Frw; aho yabaye miliyari 2.115.4 Frw, hakusanywa imisoro ya miliyari 1.234,2 Frw, bivuze ko yari ifitemo uruhare rwa 58.3 %.

Uruhare rw’imisoro mu ngengo y’imari y’igihugu ni 58.3% mu gihe RRA yagiyeho mu 1998 ari 36.3% bingana na miliyari 62.8 Frw.

Ukwiyongera kw’imisoro ikusanywa mu gihugu, ni imwe mu nkingi ya mwamba yo kugabanya gutegereza inkunga n’inguzanyo z’amahanga.

Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018/19 watangiye ku wa 1 Nyakanga 2018, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko muri miliyari 2443.5 Frw ziteganywa, 62% azaba akomoka imbere mu gihugu.

Inguzanyo z’amahanga zikaba 16% naho iz’imbere mu gihugu zibe 6%, inkunga zisigarane 16% gusa.

Mu ikusanywa ry’imisoro hagiye hashyirwaho uburyo bufasha abasora no gukumira inyererezwa ryayo.

Mu 2013, hashyizweho imashini zikoreshwa mu gutanga inyemezabwishyu zizwi nka EBM.

Uretse za EBM, kubera ikoranabuhanga ubu umuntu ashobora gusora akoresheje telefone.

Hagiye hananozwa uburyo bwo gukusanya imisoro aho RRA ifasha uturere mu kuyikusanya.

Minsitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, yahigiye Umukuru w’igihugu ko mu 2018/19, uturere dufatanyije na RRA “Imisoro n’amahoro byinjizwa n’Uturere bizava kuri miliyari 53 Frw z’umwaka ushize bigere kuri miliyari 60.1 Frw muri uyu mwaka.”

Mu 2013, hashyizweho imashini zikoreshwa mu gutanga inyemezabwishyu zizwi nka EBM

2018-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Ubwanditsi 15 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere
Mu Rwanda

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Ubwanditsi 12 Aug 2017
Umuryango wa Ikibagenga wapfiriye muri Amerika watangiye gushakisha ubufasha ngo ashyingurwe
HIRYA NO HINO

Umuryango wa Ikibagenga wapfiriye muri Amerika watangiye gushakisha ubufasha ngo ashyingurwe

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Urban Boys irakomeza ari babiri cyangwa barahitamo kuyisenya burundu?
SHOWBIZ

Urban Boys irakomeza ari babiri cyangwa barahitamo kuyisenya burundu?

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru