• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 27 Aug 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, aherutse gutangaza ko mu myaka 20 ishize, ingengo y’imari yikubye inshuro 14, imisoro n’amahoro byo zikaba 25.

Uko kwiyongera kw’imisoro yinjiye kwagarutsweho mu gihe hizihizwa isabukuru y’imyaka 20, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kimaze kigira uruhare mu ikusanywa ry’imisoro iha u Rwanda gukataza muri gahunda yarwo yo kudategereza ak’imuhana.

Dusubije amaso inyuma mu myaka itanu ishize mu mibare itangwa na RRA, igaragaza ko imisoro ikusanywa yiyongeraga umwaka ku wundi, ikagira uruhare runini mu ngengo y’mari y’igihugu ikomeje gutumbagira.

Mu 2013/14, ingengo y’imari y’u Rwanda yabarirwaga muri miliyari 1,677.7 Frw, imisoro yihariyemo miliyari 763.4 Frw (45.5 %).

Mu 2014/15 ingengo y’imari yabaye 1.762.4 Frw, imisoro yinjiye ingana na miliyari 859.1 Frw (48%).

Ingengo y’imari ya 2015/16 yabaye 1,808.8 Frw, hinjira imisoro ya miliyari 986.7 Frw (54.5%).

Mu mwaka wa 2016/17 ingengo y’imari yabaye 1.954.2 Frw, hinjira imisoro ya miliyari 1.086.5 Frw (55.6%).

Bigeze mu mwaka ushize wa 2017/18, bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yarenze miliyari 2 Frw; aho yabaye miliyari 2.115.4 Frw, hakusanywa imisoro ya miliyari 1.234,2 Frw, bivuze ko yari ifitemo uruhare rwa 58.3 %.

Uruhare rw’imisoro mu ngengo y’imari y’igihugu ni 58.3% mu gihe RRA yagiyeho mu 1998 ari 36.3% bingana na miliyari 62.8 Frw.

Ukwiyongera kw’imisoro ikusanywa mu gihugu, ni imwe mu nkingi ya mwamba yo kugabanya gutegereza inkunga n’inguzanyo z’amahanga.

Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018/19 watangiye ku wa 1 Nyakanga 2018, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko muri miliyari 2443.5 Frw ziteganywa, 62% azaba akomoka imbere mu gihugu.

Inguzanyo z’amahanga zikaba 16% naho iz’imbere mu gihugu zibe 6%, inkunga zisigarane 16% gusa.

Mu ikusanywa ry’imisoro hagiye hashyirwaho uburyo bufasha abasora no gukumira inyererezwa ryayo.

Mu 2013, hashyizweho imashini zikoreshwa mu gutanga inyemezabwishyu zizwi nka EBM.

Uretse za EBM, kubera ikoranabuhanga ubu umuntu ashobora gusora akoresheje telefone.

Hagiye hananozwa uburyo bwo gukusanya imisoro aho RRA ifasha uturere mu kuyikusanya.

Minsitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, yahigiye Umukuru w’igihugu ko mu 2018/19, uturere dufatanyije na RRA “Imisoro n’amahoro byinjizwa n’Uturere bizava kuri miliyari 53 Frw z’umwaka ushize bigere kuri miliyari 60.1 Frw muri uyu mwaka.”

Mu 2013, hashyizweho imashini zikoreshwa mu gutanga inyemezabwishyu zizwi nka EBM

2018-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ubwanditsi 27 Apr 2018
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Ubwanditsi 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamirambo : Me Ntaganda  akomereje iwe mu rugo  imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara
Mu Rwanda

Nyamirambo : Me Ntaganda akomereje iwe mu rugo imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Musore nawe Mukobwa dore inama zifatika zagufasha guhitamo neza uwo muzarushinga
IMIKINO

Musore nawe Mukobwa dore inama zifatika zagufasha guhitamo neza uwo muzarushinga

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye
POLITIKI

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Ubwanditsi 17 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru