• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 27 Aug 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, aherutse gutangaza ko mu myaka 20 ishize, ingengo y’imari yikubye inshuro 14, imisoro n’amahoro byo zikaba 25.

Uko kwiyongera kw’imisoro yinjiye kwagarutsweho mu gihe hizihizwa isabukuru y’imyaka 20, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kimaze kigira uruhare mu ikusanywa ry’imisoro iha u Rwanda gukataza muri gahunda yarwo yo kudategereza ak’imuhana.

Dusubije amaso inyuma mu myaka itanu ishize mu mibare itangwa na RRA, igaragaza ko imisoro ikusanywa yiyongeraga umwaka ku wundi, ikagira uruhare runini mu ngengo y’mari y’igihugu ikomeje gutumbagira.

Mu 2013/14, ingengo y’imari y’u Rwanda yabarirwaga muri miliyari 1,677.7 Frw, imisoro yihariyemo miliyari 763.4 Frw (45.5 %).

Mu 2014/15 ingengo y’imari yabaye 1.762.4 Frw, imisoro yinjiye ingana na miliyari 859.1 Frw (48%).

Ingengo y’imari ya 2015/16 yabaye 1,808.8 Frw, hinjira imisoro ya miliyari 986.7 Frw (54.5%).

Mu mwaka wa 2016/17 ingengo y’imari yabaye 1.954.2 Frw, hinjira imisoro ya miliyari 1.086.5 Frw (55.6%).

Bigeze mu mwaka ushize wa 2017/18, bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yarenze miliyari 2 Frw; aho yabaye miliyari 2.115.4 Frw, hakusanywa imisoro ya miliyari 1.234,2 Frw, bivuze ko yari ifitemo uruhare rwa 58.3 %.

Uruhare rw’imisoro mu ngengo y’imari y’igihugu ni 58.3% mu gihe RRA yagiyeho mu 1998 ari 36.3% bingana na miliyari 62.8 Frw.

Ukwiyongera kw’imisoro ikusanywa mu gihugu, ni imwe mu nkingi ya mwamba yo kugabanya gutegereza inkunga n’inguzanyo z’amahanga.

Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018/19 watangiye ku wa 1 Nyakanga 2018, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko muri miliyari 2443.5 Frw ziteganywa, 62% azaba akomoka imbere mu gihugu.

Inguzanyo z’amahanga zikaba 16% naho iz’imbere mu gihugu zibe 6%, inkunga zisigarane 16% gusa.

Mu ikusanywa ry’imisoro hagiye hashyirwaho uburyo bufasha abasora no gukumira inyererezwa ryayo.

Mu 2013, hashyizweho imashini zikoreshwa mu gutanga inyemezabwishyu zizwi nka EBM.

Uretse za EBM, kubera ikoranabuhanga ubu umuntu ashobora gusora akoresheje telefone.

Hagiye hananozwa uburyo bwo gukusanya imisoro aho RRA ifasha uturere mu kuyikusanya.

Minsitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, yahigiye Umukuru w’igihugu ko mu 2018/19, uturere dufatanyije na RRA “Imisoro n’amahoro byinjizwa n’Uturere bizava kuri miliyari 53 Frw z’umwaka ushize bigere kuri miliyari 60.1 Frw muri uyu mwaka.”

Mu 2013, hashyizweho imashini zikoreshwa mu gutanga inyemezabwishyu zizwi nka EBM

2018-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Ubwanditsi 18 Jan 2017
Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Ubwanditsi 10 Mar 2019
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 07 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Jan 2021
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bamaganye ibitekerezo bya Museveni na Magufuli
Uncategorized

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bamaganye ibitekerezo bya Museveni na Magufuli

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!
Amakuru

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Ubwanditsi 03 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru