• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi   |   29 Sep 2023

  • Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere   |   28 Sep 2023

  • Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB   |   28 Sep 2023

  • Kiyovu SC yavuye mu maboko ya Mvukiyehe Juvenal ijya muya Ndorimana F. Regis “General”   |   27 Sep 2023

  • Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana   |   27 Sep 2023

  • APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League   |   26 Sep 2023

 
You are at :Home»UBUKUNGU»COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Editorial 26 Mar 2020 UBUKUNGU

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda (Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko cyashyizeho ingamba nshya z’igihe gito, zigamije gufasha abasora guhangana n’ingaruka bazatezwa n’icyorezo cya Novel Coronavirus cyibasiye isi muri rusange.

Izi ngamba zije mu gihe ibikorwa bitandukanye birimo n’iby’ubucuruzi byahagaze mu rwego rwo kubahiriza ingamba zo gukumira no kurwanya ikwirakwira rya Novel Coronavirus.

Zimwe mu ngamba zafashwe harimo ko RRA ihagaritse ubugenzuzi mu gihe cy’ukwezi kumwe, kubarwa haherewe ku itariki ya 18 Werurwe 2020.

RRA ivuga ko ibaye ihagaritse igenzura risesuye n’igenzura ku misoro n’amahoro bya gasutamo, ariko hakazakomeza ubugenzuzi bukorewe mu biro.

Iki kigo kandi kivuga ko cyongereye igihe cyo kwemeza ibitabo by’ibaruramari, aho abasora bagomba kumenyekanisha no kwishyura umusoro ku nyungu z’umwaka wa 2019 bitarenze tariki ya 31 Werurwe 2020 nk’uko biteganywa n’itegeko.

Gusa ngo kubasabwa ko ibitabo by’ibaruramari ryabo ry’umwaka ribanza kwemezwa n’ababigize umwuga ariko bakaba batarabikora kugira ngo bamenyekanishe ndetse banishyure, bemerewe gukora imenyekanisha no kwishyura umusoro ku nyungu bagize mu mwaka washize bashingiye ku bitabo by’ibaruramari bafite, kabone n’ubwo byaba bitaremezwa n’ababigize umwuga.

Igihe cyo kwemeza ibitabo cyongereweho amezi abiri ku batarabikora, bivuze ko itariki ntarengwa ari 31 Gicurasi 2020.

RRA kandi yemeje ko abasora bose basaba ubwumvikane mu gukemura ibibazo by’imisoro, ko ubusabe bwabo buzajya bwakirwa badasabwe kubanza kwishyura avansi ya 25% y’umusoro wose baciwe; ibi bikazamara igihe cy’iminsi 30, uhereye tariki ya 23 Werurwe 2020.

Ku bijyanye na serivisi zisanzwe nko kumenyekanisha no kwishyura umusoro hifashishijwe telefone cyangwa umurongo wo guhamagaraho, abasora bahawe umurongo wa telefone na imeri (Email) byihariye, bizabafasha kubona serivisi bifuza bitabagoye kandi mu buryo bwihuse.

RRA ivuga ko ubwo bufasha bwose buboneka ku mashami yose y’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda, haba kuri za gasutamo, ahatangirwa imisoro y’imbere mu gihugu ndetse n’imisoro yeguriwe inzego z’ibanze.

Ku bashaka kohereza busabe bwabo, ngo bazajya babwohereza bifashishije internet kuri email ya Umuhire Regine (regine.umuhire@rra.gov.rw) cyangwa bagahamagara kuri 0788312953.

2020-03-26
Editorial

IZINDI NKURU

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Editorial 21 Dec 2018
Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Editorial 13 Dec 2018
Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Editorial 04 Apr 2018
Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Editorial 13 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

20 Sep 2023
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

15 Sep 2023
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

10 Sep 2023
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

05 Sep 2023
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

30 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

24 Sep 2023
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

20 Sep 2023
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

20 Sep 2023
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

29 Aug 2023
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

26 Aug 2023
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

22 Aug 2023
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

22 Aug 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru