• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

RUSHYASHYA 11 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Komiseri mu Muryango IBUKA, Manirarora Annoncée, yavuze ko nubwo hashize imyaka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, hari aho ingengabitekerezo yayo ikigaragara kugeza ubwo mu bikorwa byo gutangira kwibuka muri uyu mwaka, umwe mu baturage yahagurutse ubwo abandi bumvaga ijambo rya Perezida Paul Kagame, we akavuga amagambo yibasira Abatutsi.

Akaga karagwira kubona inyangabirama mu baturage zigihari zidegembya zigambirira kugirira nabi umuryango nyarwanda aho zirandura imyaka, iyo zitema inka z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi rimwe na rimwe azikamirwa; birababaza cyane kuko ntacyo Leta y’ubumwe itagize ngo ibasubize ibuntu, bamwe bati “Ese abagome bazunamura icumu ryari ngo umuryango nyarwanda wongere ubane nkuko iteka tubishishikarizwa?” Gusa ukumira ikibi ntakura mu ruge

Byavugiwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ku wa 10 Mata 2026.

Ni igikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ngororero ruri mu Murenge wa Ngororero ndetse cyanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin.

Komiseri Manirarora yavuze ko muri ako karere ingengabitekerezo ya Jenoside hamwe ikiri mbisi ndetse ku munsi wo gutangiza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32, abantu babiri bayigaragaje.

Ati “Ejo bundi mu Murenge wa Ndaro, ku itariki 7 Mata 2026, ku isaha Perezida wa Repubulika yatangaga ubutumwa bwo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, umuntu umwe yarahagurutse avuga amagambo y’uruterasoni ati ‘barimo kwibuka bibuka iki?’ Ntabwo nasubira muri ayo magambo.”

Yakomeje agira ati “Kuri izo tariki 7 Mata nanone, hari umubyeyi wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse ari na hano. Ni umubyeyi wagerageje kwiyubaka no guharanira ubumwe bw’Abanyarwanda yanga kuzimya igicaniro ku ivuko, ahagarura inka.”

“Uwo munsi izo nka ze barazibye kandi zakamirwaga abana b’Abanyarwanda baturanye aho ngaho. Biragaraga ko tugifite urugendo rurerure mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.”

Manirarora yongeyeho ko hakiri ikibazo cy’imibiri y’abishwe muri Jenoside ikiboneka mu bihe byo kubaka ibikorwaremezo no gucukura imirwanyasuri kandi hari ababizi binumiye ndetse ko hari imibiri bagiye gushyingura yabonetse muri ubwo buryo nyuma y’imyaka 32.

Yaboneyeho gusaba abantu bagifite aya makuru kuyatanga kuko gushyingura uwawe ari ubundi buryo bwo gukira ibikomere abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagifite.

Twibutse abantu ko mu Ngororero za Kibirira ariho Jenoside yageragerejwe mbere ya 1994 ndetse n’ijambo rya Mugesera ryavugiwe hafi aho, ikindi kibukwa ni uburyo i Nyange ku kiliziya ariho Padiri Seromba yarimburiyeho kiliziya abatutsi bakahashirira.

2026-04-11
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Ubwanditsi 07 Mar 2022
U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Minisitiri w’Intebe azageza ku Nteko Ishinga Amategeko gahunda za Guverinoma ku buhinzi

Minisitiri w’Intebe azageza ku Nteko Ishinga Amategeko gahunda za Guverinoma ku buhinzi

Ubwanditsi 02 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices
POLITIKI

Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda
Amakuru

Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda

Ubwanditsi 07 Dec 2020
RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu
ITOHOZA

RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu

Ubwanditsi 02 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru