• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

RUSHYASHYA 11 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Komiseri mu Muryango IBUKA, Manirarora Annoncée, yavuze ko nubwo hashize imyaka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, hari aho ingengabitekerezo yayo ikigaragara kugeza ubwo mu bikorwa byo gutangira kwibuka muri uyu mwaka, umwe mu baturage yahagurutse ubwo abandi bumvaga ijambo rya Perezida Paul Kagame, we akavuga amagambo yibasira Abatutsi.

Akaga karagwira kubona inyangabirama mu baturage zigihari zidegembya zigambirira kugirira nabi umuryango nyarwanda aho zirandura imyaka, iyo zitema inka z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi rimwe na rimwe azikamirwa; birababaza cyane kuko ntacyo Leta y’ubumwe itagize ngo ibasubize ibuntu, bamwe bati “Ese abagome bazunamura icumu ryari ngo umuryango nyarwanda wongere ubane nkuko iteka tubishishikarizwa?” Gusa ukumira ikibi ntakura mu ruge

Byavugiwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ku wa 10 Mata 2026.

Ni igikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ngororero ruri mu Murenge wa Ngororero ndetse cyanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin.

Komiseri Manirarora yavuze ko muri ako karere ingengabitekerezo ya Jenoside hamwe ikiri mbisi ndetse ku munsi wo gutangiza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32, abantu babiri bayigaragaje.

Ati “Ejo bundi mu Murenge wa Ndaro, ku itariki 7 Mata 2026, ku isaha Perezida wa Repubulika yatangaga ubutumwa bwo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, umuntu umwe yarahagurutse avuga amagambo y’uruterasoni ati ‘barimo kwibuka bibuka iki?’ Ntabwo nasubira muri ayo magambo.”

Yakomeje agira ati “Kuri izo tariki 7 Mata nanone, hari umubyeyi wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse ari na hano. Ni umubyeyi wagerageje kwiyubaka no guharanira ubumwe bw’Abanyarwanda yanga kuzimya igicaniro ku ivuko, ahagarura inka.”

“Uwo munsi izo nka ze barazibye kandi zakamirwaga abana b’Abanyarwanda baturanye aho ngaho. Biragaraga ko tugifite urugendo rurerure mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.”

Manirarora yongeyeho ko hakiri ikibazo cy’imibiri y’abishwe muri Jenoside ikiboneka mu bihe byo kubaka ibikorwaremezo no gucukura imirwanyasuri kandi hari ababizi binumiye ndetse ko hari imibiri bagiye gushyingura yabonetse muri ubwo buryo nyuma y’imyaka 32.

Yaboneyeho gusaba abantu bagifite aya makuru kuyatanga kuko gushyingura uwawe ari ubundi buryo bwo gukira ibikomere abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagifite.

Twibutse abantu ko mu Ngororero za Kibirira ariho Jenoside yageragerejwe mbere ya 1994 ndetse n’ijambo rya Mugesera ryavugiwe hafi aho, ikindi kibukwa ni uburyo i Nyange ku kiliziya ariho Padiri Seromba yarimburiyeho kiliziya abatutsi bakahashirira.

2026-04-11
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Ubwanditsi 08 May 2018
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Ubwanditsi 26 Apr 2021
Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Ubwanditsi 10 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup
IMIKINO

Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Padiri  Thomas Nahimana yiyambaje Rurema nyuma y’Akaga gakomeye arimo
ITOHOZA

Padiri Thomas Nahimana yiyambaje Rurema nyuma y’Akaga gakomeye arimo

Ubwanditsi 20 Mar 2017
12 bafunzwe bakekwaho guha ruswa y’amafaranga abapolisi
Mu Rwanda

12 bafunzwe bakekwaho guha ruswa y’amafaranga abapolisi

Ubwanditsi 22 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru