• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

RUSHYASHYA 11 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Komiseri mu Muryango IBUKA, Manirarora Annoncée, yavuze ko nubwo hashize imyaka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, hari aho ingengabitekerezo yayo ikigaragara kugeza ubwo mu bikorwa byo gutangira kwibuka muri uyu mwaka, umwe mu baturage yahagurutse ubwo abandi bumvaga ijambo rya Perezida Paul Kagame, we akavuga amagambo yibasira Abatutsi.

Akaga karagwira kubona inyangabirama mu baturage zigihari zidegembya zigambirira kugirira nabi umuryango nyarwanda aho zirandura imyaka, iyo zitema inka z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi rimwe na rimwe azikamirwa; birababaza cyane kuko ntacyo Leta y’ubumwe itagize ngo ibasubize ibuntu, bamwe bati “Ese abagome bazunamura icumu ryari ngo umuryango nyarwanda wongere ubane nkuko iteka tubishishikarizwa?” Gusa ukumira ikibi ntakura mu ruge

Byavugiwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ku wa 10 Mata 2026.

Ni igikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ngororero ruri mu Murenge wa Ngororero ndetse cyanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin.

Komiseri Manirarora yavuze ko muri ako karere ingengabitekerezo ya Jenoside hamwe ikiri mbisi ndetse ku munsi wo gutangiza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32, abantu babiri bayigaragaje.

Ati “Ejo bundi mu Murenge wa Ndaro, ku itariki 7 Mata 2026, ku isaha Perezida wa Repubulika yatangaga ubutumwa bwo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, umuntu umwe yarahagurutse avuga amagambo y’uruterasoni ati ‘barimo kwibuka bibuka iki?’ Ntabwo nasubira muri ayo magambo.”

Yakomeje agira ati “Kuri izo tariki 7 Mata nanone, hari umubyeyi wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse ari na hano. Ni umubyeyi wagerageje kwiyubaka no guharanira ubumwe bw’Abanyarwanda yanga kuzimya igicaniro ku ivuko, ahagarura inka.”

“Uwo munsi izo nka ze barazibye kandi zakamirwaga abana b’Abanyarwanda baturanye aho ngaho. Biragaraga ko tugifite urugendo rurerure mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.”

Manirarora yongeyeho ko hakiri ikibazo cy’imibiri y’abishwe muri Jenoside ikiboneka mu bihe byo kubaka ibikorwaremezo no gucukura imirwanyasuri kandi hari ababizi binumiye ndetse ko hari imibiri bagiye gushyingura yabonetse muri ubwo buryo nyuma y’imyaka 32.

Yaboneyeho gusaba abantu bagifite aya makuru kuyatanga kuko gushyingura uwawe ari ubundi buryo bwo gukira ibikomere abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagifite.

Twibutse abantu ko mu Ngororero za Kibirira ariho Jenoside yageragerejwe mbere ya 1994 ndetse n’ijambo rya Mugesera ryavugiwe hafi aho, ikindi kibukwa ni uburyo i Nyange ku kiliziya ariho Padiri Seromba yarimburiyeho kiliziya abatutsi bakahashirira.

2026-04-11
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Ubwanditsi 02 May 2021
Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Dec 2019
Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Ubwanditsi 02 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi
INKURU NYAMUKURU

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi

Ubwanditsi 15 Jan 2020
Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda
Amakuru

Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo
Mu Rwanda

Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru