• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Sep 2018 UBUKUNGU

Perezida Kagame yashimangiye ko gukorana na Afurika atari inyungu ku ruhande rumwe ngo urundi rucyure ubusa, ahubwo ari amahirwe atanga inyungu ku mpande zose.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama y’uyu mwaka y’Ihuriro ku bufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa ‘FOCAC’, yatangiye kuri uyu wa Mbere i Beijing.

Iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti “Icyerekezo cy’Umuryango w’u Bushinwa na Afurika ukomeye kandi usangiye ahazaza”. Igamije kungurana ibitekerezo ku ngamba z’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

Perezida Kagame yavuze ko umubano ushingiye ku bufatanye bw’u Bushinwa na Afurika umaze imyaka 18, ushingiye ku buringanire, ubwubahane ndetse n’intego yo kugera ku mibereho myiza y’abaturage b’impande zombi.

Yavuze ko ibikorwa by’u Bushinwa byerekana ko Afurika ari amahirwe y’ishoramari kuruta kuhabona nk’ikibazo kandi imikoranire na yo ibyara inyungu ku mpande zombi.

Yagize ati “Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa. Iterambere ry’umubano wacu n’u Bushinwa ntabwo rituruka ku gihombo cy’umwe. Inyungu zivamo zose zisangirwa na buri wese dukorana”.

Muri rusange umubano wa Afurika n’u Bushinwa ushingiye ku bijyanye na politiki, ibikorwa remezo, inganda n’ubuhinzi. Urugero ni aho wavuyemo imishinga irimo umuhanda wa gariyamoshi uhuza Djibouti na Ethiopia, ndetse no gutera inkunga imishinga y’ibyanya byahariwe inganda hirya no hino ku mugabane.

Afurika ni umugabane ukeneye cyane ibikorwa remezo kugira ngo ubashe gutera imbere mu bukungu, umubano wawo n’u Bushinwa, uzatuma ubona inkunga n’inguzanyo zo gushora mu mishinga izatuma inganda zitera imbere bigatuma n’iki gihugu kigera ku Isi yose.

Perezida Kagame yavuze ko uyu munsi ihuriro rya FOCAC ryahindutse moteri y’ubufatanye bwubakiye kuri gahunda ya Afurika 2063 n’intego z’iterambere rirambye (SDGs).

Muri iyi nama Perezida Xi Jinping, yagaragaje ibitekerezo bishya byo guteza imbere umubano wa Afurika n’u Bushinwa, anatangaza ingamba nshya z’ubufatanye

Perezida Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU, yavuze ko uburyo bw’ubufatanye bwagutse bwagaragajwe na Jinping, buhura neza n’ibyiyumviro by’impande zombi ku hazaza h’umuryango.

Ati “Tuzashyira imbaraga mu bijyanye n’inganda, ibikorwa remezo n’ubucuruzi. Tuzanafungura uburyo bushya bw’imikoranire mu kurengera ibidukikije, ubuzima, imigenderanire, amahoro n’umutekano”.

Yasabye abanyafurika kuzamura imyumvire mu kugira uruhare muri gahunda impande zombi zihuriyeho, kongera ibijyanye no gucunga imishinga ndetse n’uruhare rw’abikorera bo muri Afurika.

Inama ya FOCAC 2018, ni imwe mu zikomeye u Bushinwa bwakiriye muri uyu mwaka, ikaba ari yo ya mbere izitabirwa n’umubare munini w’abayobozi b’ibindi bihugu.

Yitabiriwe n’Abakuru b’ibihugu bya Afurika 53. Mu 2015 u Bushinwa bwemereye Afurika inguzanyo ya miliyari 60 z’amadolari mu gihe cy’imyaka itatu, agamije ubufatanye mu ishoramari.

Perezida Kagame yavuze ko ubufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa buri ruhande rubwungukiramo

Perezida Kagame na Xi Jinping bagaragaje ko ubufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa bukwiye kugera no mu zindi nzego

Perezida Kagame yitabiriye inama ya FOCAC izaba kuwa 3 no kuwa 4 Nzeri 2018

Perezida Kagame asuhuzanya na Jinping

Perezida Jinping yagaragaje indi gahunda y’ubufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat yagejeje ijambo ku bitabiriye inama ya FOCAC

Abakuru b’ibihugu bya Afurika 53 bitabiriye inama ya FOCAC i Beijing

2018-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama ya mbere igiye guhuza Afurika n’u Burusiya

Perezida Kagame yitabiriye inama ya mbere igiye guhuza Afurika n’u Burusiya

Ubwanditsi 23 Oct 2019
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017
U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 17 Apr 2018
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

Ubwanditsi 05 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”
INKURU NYAMUKURU

Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”

Ubwanditsi 08 Jun 2019
Police Handball Club yatangiye shampiyona itsinda G.S Rambura
Mu Mahanga

Police Handball Club yatangiye shampiyona itsinda G.S Rambura

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Ubwanditsi 29 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru