• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe
P

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Ubwanditsi 18 May 2018 UBUKUNGU

Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko amafaranga ahabwa abantu bari mu kiruhuko cy’izabukuru yiyongera, Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), gitangaza ko muri Mata gusa pansiyo yatangwaga buri kwezi yiyongereyeho asaga miliyoni 400 z’Amanyarwanda.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Gashyantare 2018 ni yo yemeje Iteka rya Perezida ryongera amafaranga ya pansiyo n’ay’ibyago bikomoka ku kazi atangwa na RSSB.

Mu kiganiro n’abanyamukuru, Umuyobozi w’Ishami rya Pansiyo n’ibyago bikomoka ku kazi muri RSSB, Munyandekwe Oswald, yavuze ko iri teka rya Perezida No 069/01 ryo ku wa 13/04/2018 ryasohotse mu igazeti ya Leta No 16 yo kuwa 16 Mata 2018, ryahise ritangira gukurikizwa, ku buryo muri Mata abafashe pansiyo bashyiriweho inyongera iteganyijwe.

Ati “Tutarashyiraho inyongera twatangaga pansiyo ingana na miliyari hafi 1.7 Frw buri kwezi. Ukwezi kwa kane kuva twakongera pansiyo, twatanze hafi miliyari 2.2, ni ukuvuga ko habayeho inyongera ingana na miliyoni zisaga 430.”

Yakomeje avuga ko kuva hajyaho itegeko rigena pansiyo mu Rwanda mu 1974, amafaranga atangwa amaze kongerwa inshuro eshatu zirimo mu 1981, mu 2002, ndetse no muri uyu mwaka, ahitawe cyane ku bari basanzwe bahabwa amafaranga make buri kwezi, aho basaga n’abatagira icyo basigarana nyuma y’uko banki zikuyeho ayo gucunga konti zabo.

Abahabwaga amafaranga ari munsi ya 5200 bashyiriweho inyongera ya 157,2% bityo agera ku bihumbi 13 by’amafaranga y’u Rwanda, naho abahabwaga ari hagati ya 5200 na 10000 Frw kuri ubu bari guhabwa ibihumbi bigera kuri 16 Frw, ni ukuvuga ko inyongera yabo igera ku 118%.

Ni mu gihe ku bahabwaga amafaranga y’u Rwanda ari hagati y’ibihumbi 10 na 20 yazamuwe ashyirwa ku bihumbi 25 Frw. Abafataga kuva ku bihumbi 20 kugeza kuri 50 amafaranga yiyongereyeho 45,5% bakaba bafata kuva ku bihumbi 40 kuzamura. N’aho abari hagati y’ibihumbi 50 na 100 basigaye bahabwa kuva kuri 90 kuzamura.

Abasanzwe bahabwa amafaranga ya pansiyo cyangwa ay’ibyago bikomoka ku kazi ari hejuru ya miliyoni (1.000.000 Frw) bahawe inyongera iri hagati ya 0,502% na 0,071% ku mafaranga basanzwe bahabwa.

Munyandekwe avuga ko amategeko ateganya ko buri myaka itanu ikigo gifite pansiyo mu nshingano kigomba gukoresha inyigo igaragaza uko ubukungu buhagaze, aharebwa imiterere y’abari mu kiruhuko cy’izabukuru, uko umusanzu utangwa uzaba uhagaze mu gihe kiri imbere, ari nabyo bishingirwaho mu kumenya ejo hazaza hacyo.

Uko pansiyo yazamuwe kandi ni nako bimeze ku birebana n’amafaranga ahabwa abagize ibyago bikomoka ku kazi, itandukaniro rikaba riri mu buryo bibarwa (formules).

RSSB ivuga ko abahabwa pansiyo bagera ku bihumbi 36, n’aho abafata amafaranga kubera ibyago bituruka mu kazi akaba ari hafi 4000.

Ni mu gihe kugeza ubu mu Rwanda habarurwa abantu bagera ku bihumbi 600 batanga amafaranga y’ubwiteganyirize, aho umusanzu utangwa ungana na 6% by’umushahara wabo mbumbe, arimo 3% bitangira, n’andi atangwa n’umukoresha.

Umuyobozi w’Ishami rya Pansiyo n’ibyago bikomoka ku kazi muri RSSB, Munyandekwe Oswald

 

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Ubwanditsi 15 Oct 2019
Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki
INKURU NYAMUKURU

Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Perezida Donald Trump  yohereje abasirikare muri Gabon baryamiye amajanja gutabara Congo
POLITIKI

Perezida Donald Trump yohereje abasirikare muri Gabon baryamiye amajanja gutabara Congo

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Ubwanditsi 24 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru