• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe
P

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Ubwanditsi 18 May 2018 UBUKUNGU

Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko amafaranga ahabwa abantu bari mu kiruhuko cy’izabukuru yiyongera, Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), gitangaza ko muri Mata gusa pansiyo yatangwaga buri kwezi yiyongereyeho asaga miliyoni 400 z’Amanyarwanda.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Gashyantare 2018 ni yo yemeje Iteka rya Perezida ryongera amafaranga ya pansiyo n’ay’ibyago bikomoka ku kazi atangwa na RSSB.

Mu kiganiro n’abanyamukuru, Umuyobozi w’Ishami rya Pansiyo n’ibyago bikomoka ku kazi muri RSSB, Munyandekwe Oswald, yavuze ko iri teka rya Perezida No 069/01 ryo ku wa 13/04/2018 ryasohotse mu igazeti ya Leta No 16 yo kuwa 16 Mata 2018, ryahise ritangira gukurikizwa, ku buryo muri Mata abafashe pansiyo bashyiriweho inyongera iteganyijwe.

Ati “Tutarashyiraho inyongera twatangaga pansiyo ingana na miliyari hafi 1.7 Frw buri kwezi. Ukwezi kwa kane kuva twakongera pansiyo, twatanze hafi miliyari 2.2, ni ukuvuga ko habayeho inyongera ingana na miliyoni zisaga 430.”

Yakomeje avuga ko kuva hajyaho itegeko rigena pansiyo mu Rwanda mu 1974, amafaranga atangwa amaze kongerwa inshuro eshatu zirimo mu 1981, mu 2002, ndetse no muri uyu mwaka, ahitawe cyane ku bari basanzwe bahabwa amafaranga make buri kwezi, aho basaga n’abatagira icyo basigarana nyuma y’uko banki zikuyeho ayo gucunga konti zabo.

Abahabwaga amafaranga ari munsi ya 5200 bashyiriweho inyongera ya 157,2% bityo agera ku bihumbi 13 by’amafaranga y’u Rwanda, naho abahabwaga ari hagati ya 5200 na 10000 Frw kuri ubu bari guhabwa ibihumbi bigera kuri 16 Frw, ni ukuvuga ko inyongera yabo igera ku 118%.

Ni mu gihe ku bahabwaga amafaranga y’u Rwanda ari hagati y’ibihumbi 10 na 20 yazamuwe ashyirwa ku bihumbi 25 Frw. Abafataga kuva ku bihumbi 20 kugeza kuri 50 amafaranga yiyongereyeho 45,5% bakaba bafata kuva ku bihumbi 40 kuzamura. N’aho abari hagati y’ibihumbi 50 na 100 basigaye bahabwa kuva kuri 90 kuzamura.

Abasanzwe bahabwa amafaranga ya pansiyo cyangwa ay’ibyago bikomoka ku kazi ari hejuru ya miliyoni (1.000.000 Frw) bahawe inyongera iri hagati ya 0,502% na 0,071% ku mafaranga basanzwe bahabwa.

Munyandekwe avuga ko amategeko ateganya ko buri myaka itanu ikigo gifite pansiyo mu nshingano kigomba gukoresha inyigo igaragaza uko ubukungu buhagaze, aharebwa imiterere y’abari mu kiruhuko cy’izabukuru, uko umusanzu utangwa uzaba uhagaze mu gihe kiri imbere, ari nabyo bishingirwaho mu kumenya ejo hazaza hacyo.

Uko pansiyo yazamuwe kandi ni nako bimeze ku birebana n’amafaranga ahabwa abagize ibyago bikomoka ku kazi, itandukaniro rikaba riri mu buryo bibarwa (formules).

RSSB ivuga ko abahabwa pansiyo bagera ku bihumbi 36, n’aho abafata amafaranga kubera ibyago bituruka mu kazi akaba ari hafi 4000.

Ni mu gihe kugeza ubu mu Rwanda habarurwa abantu bagera ku bihumbi 600 batanga amafaranga y’ubwiteganyirize, aho umusanzu utangwa ungana na 6% by’umushahara wabo mbumbe, arimo 3% bitangira, n’andi atangwa n’umukoresha.

Umuyobozi w’Ishami rya Pansiyo n’ibyago bikomoka ku kazi muri RSSB, Munyandekwe Oswald

 

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Ubwanditsi 19 Jun 2019
Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo  [ VIDEO ]

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2017
Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Ubwanditsi 09 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya APR FC yitegura gukina na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League irakomereza imyitozo i Nyamirambo
Amakuru

Ikipe ya APR FC yitegura gukina na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League irakomereza imyitozo i Nyamirambo

Ubwanditsi 12 Oct 2021
Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano
Mu Mahanga

Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda
Amakuru

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru