• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Ubwanditsi 19 Apr 2018 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Isi bashyize umukono ku masezerano ya miliyoni 23 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga hafi miliyari 19 Frw z’inyongera mu mushinga ugamije kurwanya imirire mibi mu bana.

Ni amafaranga yiyongera ku zindi miliyoni 55 z’amadolari y’Amerika, zingana na miliyari 47.25 Frw yatanzwe mu kwezi gushize, agenewe kugabanya ikibazo cy’imirire mibi no kugwingira kw’abana bari munsi y’imyaka itanu mu turere 13 dufite ikibazo kurusha utundi.

Imibare yo mu 2015 yerekana ko ku rwego rw’Igihugu, abana 38.5% bari munsi y’imyaka itanu bagwingiye. Inagaragaza ko uretse abagwingiye, abana 9% batari bafite ibiro bijyanye n’imyaka yabo, 3% bafite ikibazo cy’inzara mu gihe 78% by’abagore bonsaga abana bari hagati y’amezi 12 na 23 batafataga indyo yuzuye.

Amasezerano y’iyi nyongera yashyizweho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana na Visi Perezida wa Banki y’Isi muri Afurika, Makhtar Diop, i Washington DC mu nama ngarukamwaka y’iyi nbanki.

Binyuze muri gahunda yo kwita ku mirire, Nutrition Sensitive Direct Support (NSDS), iyi nkunga nayo irajya mu mushinga u Rwanda rufite wo kunganira imiryango itishoboye mu kwita ku mirire, kubigisha kwita ku bana no gukurikirana uburyo izi gahunda zose zishyirwa mu bikorwa.

Minisitiri Dr. Uzziel Ndagijimana yagize ati “Bitewe n’ingaruka z’igihe kirekire bigira ku iterambere ry’abaturage no kurwanya ubukene, kugwingira ni ikibazo twahagurukiye muri gahunda ya politiki n’iy’iterambere ry’igihugu. Twishimiye cyane umusanzu muri gutanga muri uru rugamba.”

Guverinoma y’u Rwanda, Banki y’Isi, Ibigo Power of Nutrition na Global Financing Facility (GFF), bateguye gahunda ihuriweho yo guhashya imirire mibi ya karande, hitawe cyane ku turere tugaragaza ibipimo byo kugwingira biri hejuru.

Biheruka gutangazwa ko aya mafaranga azakoreshwa muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana (ECD), harebwa uko hakemurwa ikibazo cy’imirire mibi no kugwingira, hitawe by’umwihariko ku babyeyi batwite, abonsa n’abana bakiri bato kugeza ku myaka ibiri.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana na Visi Perezida wa Banki y’Isi muri Afurika, Makhtar Diop basinyanye amsezerano y’inkunga

Ku ikubitiro iyi gahunda ikazahera mu turere twa Nyabihu, Ngororero, Karongi, Rubavu, Rutsiro, Rusizi, Nyamagabe, Huye, Nyaruguru, Ruhango, Gakenke, Kayonza na Bugesera.

Visi Perezida wa Banki y’Isi muri Afurika, Makhtar Diop yagize ati “Ndifuza gushimira Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho uburyo n’imbaraga mu kurwanya imirire mibi ya karande no kongerera abaturage ubushobozi. Banki y’Isi izakomeza gukorana n’u Rwanda mu kwagura iyi gahunda ku rwego rw’igihugu mu kurwanya ukugwingira.”

Muri iyi gahunda yose muri rusange, nka Power of Nutrition ifitemo miliyoni 35$, ubariyemo miliyoni 15 $ ziri mu nkunga yasinywe kuri uyu wa Gatatu. Izindi miliyoni 8 $ zisigaye mu yasinyiwe uyu munsi zatanzwe na Global Financing Facility, yo ifite miliyoni 18$ mu mushinga wose.

Uyu mushinga uzwi nka ‘Strengthening Social Protection Project’ wemejwe mu Ukuboza 2017 ugamije gufasha Guverinoma y’u Rwanda muri gahunda zo kwita ku batishoboye, by’umwihariko muri gahunda ya VUP ijyana n’icyerekezo 2020.

Imibare y’abahanga igaragaza ko kugwingira k’umwana bigira ingaruka ku musaruro we amaze gukura kuko ugabanukaho 10%, bikanagabanya 3% ku musaruro mbumbe w’igihugu gifite abantu bagwingiye bakiri abana.

Mu mwiherero w’abayobozi wabaye ku wa 26 Gashyantare kugeza ku wa 1 Werurwe 2018, Perezida Kagame ntiyoroheye abayobozi ababaza impamvu ikibazo cy’imirire mibi nk’imwe mu mpamvu zituma abana bagwingira kidakemurwa, yibaza icyabuze.

Yagize ati “Ibyo tubivuze inshuro nyinshi, imirire mibi. Ugasanga twavuze ibindi, umutekano, ibiki, ahantu hose turi imbere. Kuki mu mirire twajya mu ba nyuma? Kubera iki? Mu mirire, mu migaburire y’abana bacu noneho ikajya no mu bakuru habuze iki?”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dr. Mukabaramba Alvera, yavuze ko bikwiye ko umwana arindwa imirire mibi mbere y’imyaka ibiri, ndetse hari gahunda zatangiye zitegerejweho umusanzu muri urwo rugamba.

Yagize ati “Hatangiye gahunda zo kumurinda (umwana) akiri no munda, hari ibiryo ubu dusigaye duha ababyeyi batwite bari mu cyiciro cya mbere (batishoboye) ndetse n’abana guhera ku mezi atandatu kugeza ku myaka ibiri. Hari amafaranga menshi leta y’u Rwanda itanga, nk’ubwo ibyo biryo bidutwara miliyari esheshatu buri mwaka.”

Yakomeje agira ati “Hari n’amata duha abana nayo adutwara amafaranga menshi, adutwara miliyari eshatu buri mwaka nayo, bariya bana Minisiteri y’Ubuzima iba yerekanye ko bafite imirire mibi, bari mu mutuku cyangwa mu muhondo.”

Yavuze ko indi gahunda iri gushyirwamo imbaraga ari iy’amarerero (ECD) ari kubakwa kuri buri Kagali ku buryo nibishoboka azagezwa no kuri buri mudugudu.

Urete mu mibereho, Banki y’Isi itera inkunga u Rwanda mu nzego zitandukanye z’ubukungu, ikanashima uburyo iyo ruhawe ruyikoresha.

 

2018-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal

Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 28 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi
Amakuru

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali
Amakuru

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Ubwanditsi 28 Aug 2021
Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa
Amakuru

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Ubwanditsi 25 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru