• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Ubwanditsi 17 Jan 2017 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukungu bw’isi, World Economic Forum i Davos mu Busuwisi, yatangiye kuri uyu wa 17 ikazasozwa kuwa 20 Mutarama 2017.

Iyi nama ibere i Davos ikoraniyemo Abayobozi bakomeye batandukanye bagera ku 3000, barimo abakuru b’ibihugu, abayobora ibikorwa by’ubucuruzi bikomeye ku Isi, ba Minisitiri b’imari, abanyamabanki n’abandi bakomeye, bazagenda baganira ku « miyoborere ikwiye » mu minsi ine iyi nama izamara.

-5425.jpg

-5426.jpg
Mu bitabiriye iyi nama harimo Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, Christine Lagarde ; Umuyobozi w’ikigo gicukura peteroli, Saudi Aramco, Khalid A. Al-Falih ; Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri Facebook, Sheryl Sandberg ; Visi Perezida wa Amerika, Joe Biden; Umuyobozi wa Banki Nkuru y’u Burayi, Benoît Cœuré ; Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping ; Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Theresa May; abaherwe nka Jack Ma, Bill Gates, Aliko Dangote, n’ibyamamare Nico Rosberg, Matt Damon na Forest Whitaker,

Iyi nama kandi iritabirwa n’umuhanzi Shakira uzaba ari gushaka ubufasha muri gahunda yise ‘Barefoot Foundation’ igamije gufasha abana batorohewe n’ubuzima binyuze mu burezi. Azaba ateye mu kirenge cy’abahanzi bagenzi be Will.i.am na Bono nabo bayitabiriye.

WEF 2017 igizwe n’ibyiciro bitandukanye harimo ibizagenda bibera mu muhezo bigenewe abayobozi b’ibihugu n’abandi bantu bakomeye.

-5424.jpg

Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro i Davos

Ingengabihe yayo yerekana ko Perezida Kagame ari mu bazatanga ikiganiro kuwa 19 Mutarama saa tanu n’iminota 45 ku isaha ya Davos ni ukuvuga 12:45’ ku isaha y’i Kigali, harebwa uburyo ikoranabuhanga rishobora gufungurira amarembo abenegihugu kuko hari ubwo usanga ibihugu byita ku bikorwa remezo by’ikoranabuhanga kurusha n’ubumenyi bw’abarikoresha.

Ni ikiganiro Perezida Kagame azatanga hamwe n’Umuyobozi mukuru wa Banki ya mbere nini mu Burusiya ya Sberbank witwa Herman Gref ; Umuyobozi mukuru wa BT Group yo mu Bwongereza, Gavin Patterson ; Minisitiri w’Intebe wa Portugal António Santos da Costa ; Umunyamabanga mukuru w’umuryango OECD, Angel Gurría na Doris Leuthard, umwe mu bagize guverinoma y’u Busuwisi.

Iyi nama ngarukamwaka ya ‘World Economic Forum’ ni imwe mu zikomeye ku Isi ziga ku bukungu n’ihinduka ry’imibereho y’abayituye, uyu mwaka abayobozi bakaba bakoraniye i Davos mu gace muri iki gihe karimo urubura rukomeye.

-5423.jpg

Perezida Paul Kagame yitabiriye WEF ku rwego rw’Isi yabereye i Davos mu Busuwisi mu ntangiriro z’umwaka 2017

2017-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza

Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Perezida Kagame yafunguye Mara Phone, uruganda rwa mbere muri Afurika rukora Smartphone

Perezida Kagame yafunguye Mara Phone, uruganda rwa mbere muri Afurika rukora Smartphone

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Banki y’isi yahaye u Rwanda miliyoni 125 $ yo guteza imbere ingufu z’amashanyarazi

Banki y’isi yahaye u Rwanda miliyoni 125 $ yo guteza imbere ingufu z’amashanyarazi

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Ubwanditsi 07 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe
Amakuru

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha
HIRYA NO HINO

Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Ubwanditsi 31 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru