• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Ubwanditsi 01 Oct 2018 IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yegukanye irushanwa ngarukamwaka ritegurwa na Agaciro Development Fund, itsinze mukeba wayo APR FC igitego 1-0, ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.

Igitego Mugisha François Master yatsinze APR FC ku munota wa 91 nicyo cyabaye ikinyuranyo, muri uyu mukino waranzwe no kwigana ku mpande zombi.

Iminota myinshi yaranzwe no gufungana cyane kuko abatoza b’amakipe yombi bahisemo gukoresha abakinnyi bo hagati bugarira batatu; Mugiraneza, Nizeyimana Mirafa, na Nshimiyimana Imran kuri APR FC na Olivier Sefu, Donkor Prosper Kuka na Mugisha Francois Master ba Rayon.

Byatumye igice cya mbere kirangira nta gitego nta n’uburyo bwinshi bwabyara ibitego bwabonetse.

Kimenyi Yves wa APRF yatabaye ikipe ye inshuro ebyiri ku mipira yatewe na Bimenyimana Bonfils Caleb na Muhire Kevin. Gusa ni umupira umwe gusa Bashunga Abouba yakuyemo wari utewe na Savio Nshuti Dominique.

Igice cya kabiri cyatangiye Ljubomir “Ljupko” Petrović utoza APR FC ahita akore impinduka. Akuramo umukinnyi wo hagati wugarira Imran Nshiyimana ashyiramo Blaise Itangishaka ukina hagati asatira.

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yahise itangira kuyobora umukino kugera ku munota wa 53 ubwo kapiteni wungirije wayo Herve Rugwiro yahabwaga ikarita itukura ku ikosa yakoreye Niyonzima Olivier Sefu mu maso y’umusifuzi Ishimwe Jean Claude.

Gukina ari abakinnyi 10 byahinduye umukino bituma Rayon Sports itangira gusatira cyane. Umutoza Robertinho wa Rayon yabyuririyeho yongeramo abandi bakinnyi basatira barimo rutahizamu mushya bavanye muri Ghana Michael Sarpong bita Balloteli.

Iminota 90 y’umukino yarangiye nta kipe irabona igitego ariko Rayon sports ikomeza gusatira cyane nubwo APR FC yari yongeyemo abakinnyi benshi bugarira nka Rusheshangoga Michel wagiye mu kibuga asimbuye Nkizingabo Fiston na Shaffy Songayingabo asimbura Savio Nshuti Dominique.

Ku munota hafi wa kabiri w’inyongera nibwo Rayon Sports yabonye igitego cy’intsinzi cyatsinzwe na Mugisha François Master ku mupira yahawe na Michael Sarpong.

Rayon Sports yegukanye igikombe cy’Agaciro ku nshuro ya kabiri yikurikiranya kuko ni nayo yari yagitwaye muri 2017.

Rayon sports yatwaye igikombe yahembwe miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda, APR FC ihembwa miliyoni imwe. AS Kigali yabaye iya gatatu itsinze Etincelles FC 2-1 yahembwe ibihumbi 500Frw.

Umukinnyi w’irushanwa ni Muhire Kevin watanze imipira ibiri yavuyemo ibitego muri iri rushanwa. Yahembwe itike ya RwandAir ijya aho azahitamo mu byerekezo byayo.

Abakinnyi batatu banganyije ibitego bibiri bahembwa nk’abatsinze byinshi kurusha abandi ni Bimenyimana Bonfils Caleb wa Rayon Sports, Byiringiro Lague wa APR FC na Ndarusanze Jean Claude AS Kigali. Nabo bahembwe itike ya RwandAir.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga

APR FC: Kimenyi Yves, Ombolenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rugwiro Herve, Buregeya Prince, Nshimiyimana Imran, Nkizingabo Fiston, Nizeyimana Mirafa, Mugiraneza Jean Baptiste Migi, Byiringiro Lague, na Nshuti Dominique Savio.

Rayon Sports: Bashunga Abouba, Rwatubyaye Abdul, Manzi Thierry, Eric Rutanga, Iradukunda Eric, Donkor Prosper Kuka, Niyonzima Olivier Sefu, Muhire Kevin, Bimenyimana Bonfils Caleb, Mugisha Francois na Manishimwe Djabel.

2018-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Ubwanditsi 11 Mar 2018
Urban Boyz ntibazitabira ibirori bya Hipipo Awards muri Uganda

Urban Boyz ntibazitabira ibirori bya Hipipo Awards muri Uganda

Ubwanditsi 24 Jan 2017
U Bufaransa bwakatishije itike ya ½ mu gikombe cy’Isi busezereye Uruguay

U Bufaransa bwakatishije itike ya ½ mu gikombe cy’Isi busezereye Uruguay

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket mu Bagabo yatumiwe gukina muri Nigeria

Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket mu Bagabo yatumiwe gukina muri Nigeria

Ubwanditsi 04 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro
Amakuru

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 09 Apr 2021
The Soldiers of Christ izasangiza urungano urugendo rw’ijuru binyuze mu mpano
SHOWBIZ

The Soldiers of Christ izasangiza urungano urugendo rw’ijuru binyuze mu mpano

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Senegal yatangaje  abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n’u Rwanda
Amakuru

Senegal yatangaje abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru