• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Ubwanditsi 01 Oct 2018 IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yegukanye irushanwa ngarukamwaka ritegurwa na Agaciro Development Fund, itsinze mukeba wayo APR FC igitego 1-0, ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.

Igitego Mugisha François Master yatsinze APR FC ku munota wa 91 nicyo cyabaye ikinyuranyo, muri uyu mukino waranzwe no kwigana ku mpande zombi.

Iminota myinshi yaranzwe no gufungana cyane kuko abatoza b’amakipe yombi bahisemo gukoresha abakinnyi bo hagati bugarira batatu; Mugiraneza, Nizeyimana Mirafa, na Nshimiyimana Imran kuri APR FC na Olivier Sefu, Donkor Prosper Kuka na Mugisha Francois Master ba Rayon.

Byatumye igice cya mbere kirangira nta gitego nta n’uburyo bwinshi bwabyara ibitego bwabonetse.

Kimenyi Yves wa APRF yatabaye ikipe ye inshuro ebyiri ku mipira yatewe na Bimenyimana Bonfils Caleb na Muhire Kevin. Gusa ni umupira umwe gusa Bashunga Abouba yakuyemo wari utewe na Savio Nshuti Dominique.

Igice cya kabiri cyatangiye Ljubomir “Ljupko” Petrović utoza APR FC ahita akore impinduka. Akuramo umukinnyi wo hagati wugarira Imran Nshiyimana ashyiramo Blaise Itangishaka ukina hagati asatira.

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yahise itangira kuyobora umukino kugera ku munota wa 53 ubwo kapiteni wungirije wayo Herve Rugwiro yahabwaga ikarita itukura ku ikosa yakoreye Niyonzima Olivier Sefu mu maso y’umusifuzi Ishimwe Jean Claude.

Gukina ari abakinnyi 10 byahinduye umukino bituma Rayon Sports itangira gusatira cyane. Umutoza Robertinho wa Rayon yabyuririyeho yongeramo abandi bakinnyi basatira barimo rutahizamu mushya bavanye muri Ghana Michael Sarpong bita Balloteli.

Iminota 90 y’umukino yarangiye nta kipe irabona igitego ariko Rayon sports ikomeza gusatira cyane nubwo APR FC yari yongeyemo abakinnyi benshi bugarira nka Rusheshangoga Michel wagiye mu kibuga asimbuye Nkizingabo Fiston na Shaffy Songayingabo asimbura Savio Nshuti Dominique.

Ku munota hafi wa kabiri w’inyongera nibwo Rayon Sports yabonye igitego cy’intsinzi cyatsinzwe na Mugisha François Master ku mupira yahawe na Michael Sarpong.

Rayon Sports yegukanye igikombe cy’Agaciro ku nshuro ya kabiri yikurikiranya kuko ni nayo yari yagitwaye muri 2017.

Rayon sports yatwaye igikombe yahembwe miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda, APR FC ihembwa miliyoni imwe. AS Kigali yabaye iya gatatu itsinze Etincelles FC 2-1 yahembwe ibihumbi 500Frw.

Umukinnyi w’irushanwa ni Muhire Kevin watanze imipira ibiri yavuyemo ibitego muri iri rushanwa. Yahembwe itike ya RwandAir ijya aho azahitamo mu byerekezo byayo.

Abakinnyi batatu banganyije ibitego bibiri bahembwa nk’abatsinze byinshi kurusha abandi ni Bimenyimana Bonfils Caleb wa Rayon Sports, Byiringiro Lague wa APR FC na Ndarusanze Jean Claude AS Kigali. Nabo bahembwe itike ya RwandAir.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga

APR FC: Kimenyi Yves, Ombolenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rugwiro Herve, Buregeya Prince, Nshimiyimana Imran, Nkizingabo Fiston, Nizeyimana Mirafa, Mugiraneza Jean Baptiste Migi, Byiringiro Lague, na Nshuti Dominique Savio.

Rayon Sports: Bashunga Abouba, Rwatubyaye Abdul, Manzi Thierry, Eric Rutanga, Iradukunda Eric, Donkor Prosper Kuka, Niyonzima Olivier Sefu, Muhire Kevin, Bimenyimana Bonfils Caleb, Mugisha Francois na Manishimwe Djabel.

2018-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Basketball :  Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri  Zone V,  bihimuye ku ba Tanzania

Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Ubwanditsi 27 Nov 2023
Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Ubwanditsi 23 Oct 2021
Ubusambanyi bwa Wema Sepetu na Kalisah bwatumye nyirakuru yiyahura

Ubusambanyi bwa Wema Sepetu na Kalisah bwatumye nyirakuru yiyahura

Ubwanditsi 02 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM
INKURU NYAMUKURU

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Perezida Kagame yahishuye uko Sesth Sendashonga  yari mu nama  I Nairobi n’abajenerali bo muri Uganda bagamije gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahishuye uko Sesth Sendashonga yari mu nama I Nairobi n’abajenerali bo muri Uganda bagamije gutera u Rwanda

Ubwanditsi 09 Mar 2019
Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho
INKURU NYAMUKURU

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Ubwanditsi 26 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru