• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Ubwanditsi 11 Mar 2018 IMIKINO

Umukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo wahuje ikipe ya Rayon sports bakunze kwita Gikundiro  yakiriye ikipe ya  Marine FC ikipe y’Abasirikare barwanira mu mazi, ku mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona ubwo umukino warangiye ari ibitego 2 ku busa bwa Marine FC.

Ni umukno waranzwe no gutinyana hagati yamakipe yombi ariko mu byukuri  ukabona ko ikipe ya Rayon Sports isatira cyane Marine FC.  ku munota wa 64 nibwo umukinnyi w’umuhanga cyane Kwizera Pierrot  yatsinze igitego cya mbere  cya Rayon Sports.

Ikipe ya Marine imaze gutsindwa igitego,  nayo yagerageje uko ishoboye kose ngo yishyure  ariko bikomeza kwanga maze umusore  Muhire Kevin wa Rayon Sport  wagiyemo asimbuye, atsinda igitego  cya 2 ku munota wa 79.

Kumpande zombi umukino warangiye ari ibitego 2 ku busa bwa Marine FC  yaturutse i Gisenyi  ije gushaka amanota 3 kuri Rayon Sport nubwo atariko byayigendekeye.

Rayon Sports irimo kwitegura umukino wo kwishyura  izakina n’ikipe ya Mamelodi Sundowns,  iherutse kunganya 0-0 mu mukino waberey i kigali, witabiriwe n’abayobozi bakomeye barimo Perezida wa CAF, Ahmed Muhammed uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.

Aherekejwe n’abayobozi ba FERWAFA mu Rwanda, Perezida wa CAF yari yaje kureba umukino wa Rayon Sports na Marine FC

Reba urutonde rw’abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi

Ikipe ya Rayon Sports: Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ (1) (C), Mutsinzi Ange (5), Usengimana Faustin (15), Manzi Thierry (4), Mugisha Francois ‘Master’ (25), Yannick Mukunzi (6), Nyandwi Saddam (16), Rutanga Eric (3), Kwizera Pierrot (23), Mugume Yassin (18) na Christ Mbondi (9).

Ikipe ya Marines FC: Dukuzeyezu Pascal, Nsabimana Hussein (C), Ishimwe Christian, Ndayishimiye Thierry, Mutunzi Clement, Yamin Salum, Niyitegeka Idrissa, Bahame Arafat, Kalisa Hamuri, Tuyishime Bejamin, Birimungu Omar

urutonde rw’uko indi mikino yagenze

Kuwa Gatandatu tariki 10 Werurwe

Bugesera 2-0 Mukura VS
Etincelles 3-0 Gicumbi FC

Ku Cyumweru tariki 11 Werurwe

Kirehe FC 1-0 Police FC
Miroplast FC 1-2 Sunrise FC
Kiyovu Sports 2-0 Amagaju FC

Kuwa Mbere tariki 12 Werurwe hateganyijwe umukino uzahuza ikipe ya AC Kigali na Musanze FC ukazabera kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo ku isaha ya 15 :30. Hari kandi umukino wa APR FC na Espoir FC wari uteganyijwe kuwa Kabiri ariko uyu warasubitswe.

Perezida wa CAF yarebye uyu mukino ariko yahereye mu gice cya kabiri.
Mugume yitwaye neza mu gice cyambere nubwo nta gitego yatsinze muri uyu mukino. Muhire Kevin yishimira igitego cya kabiri nyuma yo gucenga umuzamu wa Marine. Nyandwi Sadam nawe yitwaye neza cyane muri uyu mukino. Rutanga Eric yamaze gufatisha cyane nyuma yo kuva muri APR FC wari umukino urimo ihangana rikomeye ku mpande zombi.

2018-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Ubwanditsi 19 Aug 2021
Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Ubwanditsi 21 Apr 2022
Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Ubwanditsi 25 Sep 2021
Umunya-Colombia Restrepo Jhonatan ni we wegukanye Agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2020

Umunya-Colombia Restrepo Jhonatan ni we wegukanye Agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2020

Ubwanditsi 25 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp
IKORANABUHANGA

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Ubwanditsi 03 Aug 2019
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa
UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Ubwanditsi 07 Feb 2019
Perezida Kagame yahagurukiye Abayobozi bagenda  biguru ntege
Mu Rwanda

Perezida Kagame yahagurukiye Abayobozi bagenda biguru ntege

Ubwanditsi 28 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru