• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Ubwanditsi 11 Mar 2018 IMIKINO

Umukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo wahuje ikipe ya Rayon sports bakunze kwita Gikundiro  yakiriye ikipe ya  Marine FC ikipe y’Abasirikare barwanira mu mazi, ku mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona ubwo umukino warangiye ari ibitego 2 ku busa bwa Marine FC.

Ni umukno waranzwe no gutinyana hagati yamakipe yombi ariko mu byukuri  ukabona ko ikipe ya Rayon Sports isatira cyane Marine FC.  ku munota wa 64 nibwo umukinnyi w’umuhanga cyane Kwizera Pierrot  yatsinze igitego cya mbere  cya Rayon Sports.

Ikipe ya Marine imaze gutsindwa igitego,  nayo yagerageje uko ishoboye kose ngo yishyure  ariko bikomeza kwanga maze umusore  Muhire Kevin wa Rayon Sport  wagiyemo asimbuye, atsinda igitego  cya 2 ku munota wa 79.

Kumpande zombi umukino warangiye ari ibitego 2 ku busa bwa Marine FC  yaturutse i Gisenyi  ije gushaka amanota 3 kuri Rayon Sport nubwo atariko byayigendekeye.

Rayon Sports irimo kwitegura umukino wo kwishyura  izakina n’ikipe ya Mamelodi Sundowns,  iherutse kunganya 0-0 mu mukino waberey i kigali, witabiriwe n’abayobozi bakomeye barimo Perezida wa CAF, Ahmed Muhammed uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.

Aherekejwe n’abayobozi ba FERWAFA mu Rwanda, Perezida wa CAF yari yaje kureba umukino wa Rayon Sports na Marine FC

Reba urutonde rw’abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi

Ikipe ya Rayon Sports: Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ (1) (C), Mutsinzi Ange (5), Usengimana Faustin (15), Manzi Thierry (4), Mugisha Francois ‘Master’ (25), Yannick Mukunzi (6), Nyandwi Saddam (16), Rutanga Eric (3), Kwizera Pierrot (23), Mugume Yassin (18) na Christ Mbondi (9).

Ikipe ya Marines FC: Dukuzeyezu Pascal, Nsabimana Hussein (C), Ishimwe Christian, Ndayishimiye Thierry, Mutunzi Clement, Yamin Salum, Niyitegeka Idrissa, Bahame Arafat, Kalisa Hamuri, Tuyishime Bejamin, Birimungu Omar

urutonde rw’uko indi mikino yagenze

Kuwa Gatandatu tariki 10 Werurwe

Bugesera 2-0 Mukura VS
Etincelles 3-0 Gicumbi FC

Ku Cyumweru tariki 11 Werurwe

Kirehe FC 1-0 Police FC
Miroplast FC 1-2 Sunrise FC
Kiyovu Sports 2-0 Amagaju FC

Kuwa Mbere tariki 12 Werurwe hateganyijwe umukino uzahuza ikipe ya AC Kigali na Musanze FC ukazabera kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo ku isaha ya 15 :30. Hari kandi umukino wa APR FC na Espoir FC wari uteganyijwe kuwa Kabiri ariko uyu warasubitswe.

Perezida wa CAF yarebye uyu mukino ariko yahereye mu gice cya kabiri.
Mugume yitwaye neza mu gice cyambere nubwo nta gitego yatsinze muri uyu mukino. Muhire Kevin yishimira igitego cya kabiri nyuma yo gucenga umuzamu wa Marine. Nyandwi Sadam nawe yitwaye neza cyane muri uyu mukino. Rutanga Eric yamaze gufatisha cyane nyuma yo kuva muri APR FC wari umukino urimo ihangana rikomeye ku mpande zombi.

2018-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Ubwanditsi 23 Dec 2018
Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Ubwanditsi 21 Jan 2025
Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwanditsi 09 Mar 2022
Champions League: Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma, Zidane yandika amateka (Amafoto)

Champions League: Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma, Zidane yandika amateka (Amafoto)

Ubwanditsi 02 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Andrew Mwenda yemeza ko Gen. Tumukunde ari ikirumira habiri
INKURU NYAMUKURU

Andrew Mwenda yemeza ko Gen. Tumukunde ari ikirumira habiri

Ubwanditsi 09 Mar 2020
U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura
Amakuru

U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

Ubwanditsi 18 Jan 2021
Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu
Mu Mahanga

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu

Ubwanditsi 30 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru