• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Ubwanditsi 21 Apr 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga imikino yo kwishyura ya 1/8 cy’irangiza mu irushanwa ry’igikombe cy’Amahoro amakipe atandukanye yakomeje mu kindi kiciro nyuma yo kwitwara neza mu mikino yo kwishyura, aha twavuga nka Rayon Sports, AS Kigali ndetse na Bugesera nizo ziyongereye kuyandi makipe yageze muri 1/4.

Ku mukino wabanjirije iyindi yabaye kuri uyu wa gatatu, ikipe ya AS Kigali yaraye isezereye ikipe ya Etincelles FC ku giteranyo cy’ibitego bibiri kuri bibiri, ni nyuma yaho amakipe yombi yari yarangije ari 0-0, ikipe y’Abanyamujyi ikaba yakomeje ku bitego 2 yatsindiye hanze mu mukino ubanza.

Nyuma y’uyu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, hakurikiyeho umukino w’ikipe ya Rayon Sports yatsinze ikipe ya Musanze FC ibitego 3-1, ni nyuma yaho mu mukino ubanza wari wabereye i Musanze amakipe yombi yari yanganyije ubusa ku busa.

Ikipe ya Rayon Sports izwi nka Gikundiro yaraye itsindiwe na Nishimwe Blaise watsinze igitego ku munota wa 24, yongera gutsinda ikindi gitego ku munota wa 56 cyatsinzwe na Niyigena Clement icyanyuma gitsindwa na Musa Esenu ku munota wa 70, ku ruhande rwa Musanze FC igitego kimwe cyatsinzwe na Samson Ikecukwu kuri penaliti.

Mu karere ka Bugesera, habereye undi mukino wa 1/8 cy’irangiza wasize ikipe ya Bugesera FC ibonye intsinzi y’igitego kimwe ku busa bwa Gicumbi FC, ni igitego cyatsinzwe na Muniru Abdoul ubwo hari ku munota wa 13 w’umukino.

Rayon Sports, As Kigali ndetse na Bugesera FC yiyongereye kuri Police FC, Marines FC, Etoile de l’Est na Gasogi United zo zamaze kugera muri 1/4 cy’iri rushanwa.

Ikipe imwe isigaye iraboneka kuri uyu wa kane, aho hari umukino uri buhuze ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC iri bwakire Amagaju FC ku mukino uri bubere kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo guhera ku isaha ya Saa cyenda, mu mukino ubanza wari wabereye i Nyamagabe APR FC yari yatsinze igitego kimwe ku busa.

2022-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Ubwanditsi 15 Dec 2021
Huye: Polisi yataye muri yombi umugabo ukekwaho kwiba miliyoni 10 muri T2000

Huye: Polisi yataye muri yombi umugabo ukekwaho kwiba miliyoni 10 muri T2000

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Mu ruzinduko rw’Akazi: Perezida wa Pologne, Andrzej Duda n’umugore we, Agata Kornhauser-Duda bageze mu Rwanda

Mu ruzinduko rw’Akazi: Perezida wa Pologne, Andrzej Duda n’umugore we, Agata Kornhauser-Duda bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 06 Feb 2024
APR Fc yatsinze Amagaju isimbura Rayon Sports ku mwanya wa gatatu

APR Fc yatsinze Amagaju isimbura Rayon Sports ku mwanya wa gatatu

Ubwanditsi 04 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon
Amakuru

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Kampala : Umuhanzi Theo Bosebabireba Yakubiswe n’ abagizi ba nabi  Bataramenyekana
SHOWBIZ

Kampala : Umuhanzi Theo Bosebabireba Yakubiswe n’ abagizi ba nabi Bataramenyekana

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru