• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018 UBUKUNGU

BK Group PLC yatangaje ko kugeza ku wa 30 Nzeri 2018, yari imaze kubona inyungu ya miliyari 19.7 Frw, yiyongereyeho 11.1% ugereranyije n’igihe nk’iki mu mwaka ushize.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu ubwo iki kigo cyamurikaga uko ubukungu bwacyo bwari buhagaze mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2018.

Kumurika uko ubukungu bwa BK Group Plc buhagaze byahuriranye no kuba yakiriwe ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi. Nicyo kigo cya mbere cyo mu Rwanda gitangiye gucuruza imigabane kuri iri soko ryagutse rya Kenya.

Umuyobozi ushinzwe Imari, Nshimiyimana Samuel, yavuze ko uku kwiyongera kw’inyungu kwaturutse ku kwiyongera kw’amafaranga yabikijwe n’inguzanyo zatanzwe.

Ati “Habayeho kwiyongera kw’inguzanyo duha abakiliya bacu ziyongereyeho 10.6% ugereranyije n’igihe nk’iki umwaka ushize, zigera kuri miliyari 500.7Frw. Amafaranga yabikijwe muri Banki nayo yiyongereyeho 3.1% agera kuri miliyari 492.3Frw.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubucuruzi muri BK Group, Gatete Vincent, yavuze ko mu byatumye inguzanyo n’amafaranga yabikijwe byiyongera, harimo kuba bararushijeho kwegera abakiliya baciriritse ndetse n’imbaraga zashyizwe mu koroshya kubona serivisi hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Yakomeje avuga ko nyuma yo gushyiraho uburyo buzwi nka BKQuick, abakiliya bitabiriye gusaba inguzanyo nto bakoresheje telefoni igendanwa kandi bakazibona mu gihe gito.

BK Group Plc ibumbiye hamwe ibigo birimo Banki ya Kigali, BK General Insurance itanga ubwishingizi, BK TecHouse itanga serivisi z’ikoranabuhanga na BK Capital itanga serivisi z’isoko ry’imari n’imigabane.

Umubare w’abakoresha ikoranabuhanga rifasha abahinzi kubona inyongeramusaruro ritangwa na BK TecHouse rizwi nka ‘Smart Nkunganire’ wageze kuri miliyoni 1.5 uvuye kuri miliyoni 1.2 wariho mu mezi atandatu ya mbere ya 2018.

Ni mu gihe ikoranabuhanga ‘Urubuto Education system’ ryifashishwa mu gukurikirana imyitwarire y’umwana ku ishuri ryo rikoreshwa n’abagera ku bihumbi 160.

Kuri BK General Insurance, amafaranga yinjiye mu bafata ubwishingizi yageze kuri miliyari 4.9Frw, bingana n’izamuka rya 66% ugereranyije n’umwaka wabanje.

Hitezwe inyungu ku gucuruza imigabane i Nairobi

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa muri BK Group Plc, Rumanyika Désire, yavuze ko uretse kuba bishimira inyungu iki kigo cyabonye, banashimishijwe no kuba bagiye kungukira ku isoko ryagutse rya Kenya.

Yanagaragaje ko intego bari bihaye yo kuzamura imari shingiro ya BK Group PLc haherewe ku isoko ry’imari n’imigabane ry’imbere mu gihugu yagezweho, kuko imigabane yagenewe abasanzwe ari abanyamigabane yose yaguzwe, abayisabye bakarengaho hafi 8% ku migabane ihari.

Ati “Imigabane irenga miliyoni 200 twari twashyize ku isoko yose yaraguzwe, binarengaho; Amafaranga twifuzaga kubona miliyari 60Frw yose yarabonetse. Ibi bigaragaza ko abashoye imari muri BK bayifitiye icyizere, kandi gahunda dufite yo kuzamura BK bayishyigikiye.”

Uretse inyungu yazamutse, umutungo mbumbe wa BK Group Plc wageze kuri miliyari 763.5Frw, iyi akaba ari inyongera ya 5% ugereranyije n’umwaka washize.

Icyicaro gikuru cya BK Group Plc mu Mujyi wa Kigali

2018-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Ubwanditsi 25 May 2017
Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Ubwanditsi 27 May 2018
Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Ubwanditsi 19 Jun 2019
U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 17 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI
Amakuru

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025
Abanyeshuri 7000 babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko  rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Abanyeshuri 7000 babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Perezida Kagame yahuye na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru