• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Editorial 01 Dec 2018 UBUKUNGU

BK Group PLC yatangaje ko kugeza ku wa 30 Nzeri 2018, yari imaze kubona inyungu ya miliyari 19.7 Frw, yiyongereyeho 11.1% ugereranyije n’igihe nk’iki mu mwaka ushize.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu ubwo iki kigo cyamurikaga uko ubukungu bwacyo bwari buhagaze mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2018.

Kumurika uko ubukungu bwa BK Group Plc buhagaze byahuriranye no kuba yakiriwe ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi. Nicyo kigo cya mbere cyo mu Rwanda gitangiye gucuruza imigabane kuri iri soko ryagutse rya Kenya.

Umuyobozi ushinzwe Imari, Nshimiyimana Samuel, yavuze ko uku kwiyongera kw’inyungu kwaturutse ku kwiyongera kw’amafaranga yabikijwe n’inguzanyo zatanzwe.

Ati “Habayeho kwiyongera kw’inguzanyo duha abakiliya bacu ziyongereyeho 10.6% ugereranyije n’igihe nk’iki umwaka ushize, zigera kuri miliyari 500.7Frw. Amafaranga yabikijwe muri Banki nayo yiyongereyeho 3.1% agera kuri miliyari 492.3Frw.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubucuruzi muri BK Group, Gatete Vincent, yavuze ko mu byatumye inguzanyo n’amafaranga yabikijwe byiyongera, harimo kuba bararushijeho kwegera abakiliya baciriritse ndetse n’imbaraga zashyizwe mu koroshya kubona serivisi hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Yakomeje avuga ko nyuma yo gushyiraho uburyo buzwi nka BKQuick, abakiliya bitabiriye gusaba inguzanyo nto bakoresheje telefoni igendanwa kandi bakazibona mu gihe gito.

BK Group Plc ibumbiye hamwe ibigo birimo Banki ya Kigali, BK General Insurance itanga ubwishingizi, BK TecHouse itanga serivisi z’ikoranabuhanga na BK Capital itanga serivisi z’isoko ry’imari n’imigabane.

Umubare w’abakoresha ikoranabuhanga rifasha abahinzi kubona inyongeramusaruro ritangwa na BK TecHouse rizwi nka ‘Smart Nkunganire’ wageze kuri miliyoni 1.5 uvuye kuri miliyoni 1.2 wariho mu mezi atandatu ya mbere ya 2018.

Ni mu gihe ikoranabuhanga ‘Urubuto Education system’ ryifashishwa mu gukurikirana imyitwarire y’umwana ku ishuri ryo rikoreshwa n’abagera ku bihumbi 160.

Kuri BK General Insurance, amafaranga yinjiye mu bafata ubwishingizi yageze kuri miliyari 4.9Frw, bingana n’izamuka rya 66% ugereranyije n’umwaka wabanje.

Hitezwe inyungu ku gucuruza imigabane i Nairobi

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa muri BK Group Plc, Rumanyika Désire, yavuze ko uretse kuba bishimira inyungu iki kigo cyabonye, banashimishijwe no kuba bagiye kungukira ku isoko ryagutse rya Kenya.

Yanagaragaje ko intego bari bihaye yo kuzamura imari shingiro ya BK Group PLc haherewe ku isoko ry’imari n’imigabane ry’imbere mu gihugu yagezweho, kuko imigabane yagenewe abasanzwe ari abanyamigabane yose yaguzwe, abayisabye bakarengaho hafi 8% ku migabane ihari.

Ati “Imigabane irenga miliyoni 200 twari twashyize ku isoko yose yaraguzwe, binarengaho; Amafaranga twifuzaga kubona miliyari 60Frw yose yarabonetse. Ibi bigaragaza ko abashoye imari muri BK bayifitiye icyizere, kandi gahunda dufite yo kuzamura BK bayishyigikiye.”

Uretse inyungu yazamutse, umutungo mbumbe wa BK Group Plc wageze kuri miliyari 763.5Frw, iyi akaba ari inyongera ya 5% ugereranyije n’umwaka washize.

Icyicaro gikuru cya BK Group Plc mu Mujyi wa Kigali

2018-12-01
Editorial

IZINDI NKURU

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Editorial 13 Dec 2018
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Editorial 18 Mar 2019
Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Editorial 23 Dec 2018
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Editorial 15 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru