• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika [ Yavuguruwe ]

Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 03 Nov 2017 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Dubai aho yitabiriye inama ikomeye mu rwego rw’Isi yiga ku Ishoramari muri Afurika (Africa Global Business Forum).

Kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2017 nibwo Perezida Kagame yitabiriye iyo nama ndetse anatangamo ikiganiro cyiswe “Head of State Forum “.

Umunyamakuru wa CNN muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, John Defterios, mu kiganiro cy’abakuru b’ibihugu ku kwihutisha ukwihuza kw’ibihugu bya Afurika. Umukuru w’igihugu Perezida Kagame yagarutse ku mateka mabi uyu mugabane wanyuzemo agatuma usigara inyuma mu iterambere.

Yagize ati “Amateka yazanye amacakubiri ku mugabane bituma Afurika idatera imbere uko byari bikwiye […] ubu abantu bashaka kwishyira hamwe, bagacuruza […]dutangiye kubona iterambere.”

Perezida Kagame yavuze ko imiyoborere myiza itajegajega ishingiye ku cyo abaturage b’igihugu bashaka, asobanura ko muri iki gihe demokarasi atari yo ikwiye guhabwa umwanya cyane mu gupima niba igihugu runaka kiyoborwa neza.

Yerekanye ko hirya no hino ku Isi n’ibihugu byitwa ko bimaze imyaka n’imyaniko bigendera kuri demokarasi bisigaye bihura n’imbogamizi.

Ati “Demokarasi ni icyo abaturage b’igihugu runaka bashaka. Ahantu hose uzajya uzasanga demokarasi ibangamirwa n’ibihugu bishaje muri demokarasi birajegezwa. Icyangombwa ni iterambere rusange.”

-8547.jpg
Perezida Kagame yagarutse ku ruhare rw’Abanyarwanda mu kwishyiriraho ababayobora, anitangaho urugero rw’uko n’ubu akitwa perezida kubera ubushake bwabo.

Ati “Abaturage b’u Rwanda baracyanyita Perezida kuko amaherezo nibo bafata umwanzuro.”

Perezida Kagame yatoranyijwe ngo atange ikiganiro ku kwishyira hamwe kwa Afurika nk’umukuru w’igihugu wakunze guharanira ko umugabane wunga ubumwe, akagaragaza ibikorwa bifatika mu gufungurira amarembo Abanyafurika no kwihuza nk’u Rwanda n’ibindi bihugu mu miryango mpuzamahanga.

Abateguye inama ya ‘Global Business Forum Africa 2017’ bibutsa ko mu 2016 ubwo Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika wamurikaga pasiporo nyafurika Perezida Kagame n’uwari uwuyoboye icyo gihe Idris Deby ari bo bayikoresheje bwa mbere.

-8548.jpg

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika yari amaranye iminsi 22.

Iyi nama ngarukamwaka itegurwa n’urugaga rw’abacuruzi rwa Dubai, ihuza abakuru b’ibihugu n’abayobozi b’ibigo bikomeye by’ubucuruzi bakaganira ku kwihutisha iterambere rya Afurika rishingiye ku ruhare rw’ikoranabuhanga n’abikorera mu guteza imbere umugabane, no kureba amahirwe y’ishoramari awurimo.

Iyo nama kandi yanitabiriwe na Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni, biteganijwe ko izamara iminsi ibiri, yitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu, Abaminisitiri, abashoramari batandukanye n’abandi bazatangayo ibiganiro.

2017-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Ubwanditsi 08 Apr 2020
Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Ubwanditsi 27 May 2018
BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Ubwanditsi 17 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi
ITOHOZA

MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?
Amakuru

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Ubwanditsi 10 Sep 2020
Harimo n’itike ya Miliyoni, FERWAFA yatangaje ibiciro ku mukino w’u Rwanda na Nigeria
Amakuru

Harimo n’itike ya Miliyoni, FERWAFA yatangaje ibiciro ku mukino w’u Rwanda na Nigeria

Ubwanditsi 06 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru