• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Ubwanditsi 10 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu bihemu Nahimana utinyuka akiyita “umukozi w’Imana” kandi ari umukozi w’amahano, yarenze ku isezerano yatanze ubwo yabeshyaga ko abaye umusaseridoti, maze si ukwiyandarika yiva inyuma.Ubusanzwe abapadiri basezerana kudashaka kandi bakirinda ubushurashuzi.

Uyu Nahimana yapfuye kuva imbere ya Museneyri wamuhaye isakaramentu ry’ubusaseridoti, maze yikomereza ingeso y’ubusambanyi yari anafiteakiri umufaratiri. Magingo aya abana ba Nahimana bazwi ni 4, ariko ngo bashobora kuba banarenga ukurikije umurava yagize muri uwo mwuga.
Uretse ko ubusambanyi ari n’icyaha ku muntu wese wiyubaha, “Padiri” Nahimana we yageretseho n’ubuhemu budakwiye umubyeyi, kuko aheruka atera inda ba nyina b’abo bana. Habe kubahemba nk’uko bigenda mu muco nyarwanda iyo umubyeyi yibarutse, habe no gutunga abo bana, ahubwo yahisemo kubajugunyira ba nyirangorwa yigira mu maraha I Burayi.

Ubu rero urwo rubyaro ndetse na banyina baramusaba gusubiza agatima impembero, akareka kuba nk’inzoka, dore ko ariyo itera amagi ikayahisha mu butaka, ikigindera, yazahura n’abana bayo ntibamenye.
Mu babyeyi bafitanye abana na Nahimana,harimo Musanganire Adeline yasambanyije ataranageza ku myaka 18 y’amavuko, ubwabyo bikaba bihanwa n’amategeko.Ibi byose bakorwaga benshi mu bayobozi ba Diyosezi ya Cyangugu babizi, ariko bakamukingira ikibaba ngo kiliziya idata ibaba.
Hari kandi Madamu Martha Muragijimana utuye mu karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali. Aganira n’abanyamakuru uwo mubyeyi w’imyaka hafi 45 yavuze ko afitanye na Nahimana umwana w’imyaka 16.

Ngo kuva yamutera inda yanze kugira icyo amufasha ngo arere umwana, ahubwo ahitamo kubeshya isi yose ko ari “umuntu w’Imana”, kandi ntaho ataniye na shitani.Mu gahinda kenshi , uyu mubyi ati:”Wavuga ute ko ufitiye impuhwe abanyarwanda ngo badafite uburenganzirwa bwa muntu, kandi utazi uko abo wibyariye babayeho?”
Uwitwa J Paul utarashatse ko dutangaza umwirondoro we wose, we ngo mu mwaka wa 2010 yafashe inzira ajya Arusha muri Tanzaniya, ubwo yari yamenye ko ise Nahimana azajya gutanga ubuhamya mu rukiko mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, agirango amwibutse ko yamubyaye akamutererara. Ku bw’akagambane n’abashinzwe umutekano muri urwo rukiko, ntiyashoboye kubonana n’uwo mubyeyi gito, ngo kuko atifuzaga guhura n’umuntu uvuye mu Rwanda.

Twakwibutsa ko icyo gihe Nahimana yari agiye gushinjura ruharwa Munyakazi Yussuf, waje no guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, anakatirwa igifungo cy’imyaka 25.
Nahimana yavuye mu Rwanda muw’205 yibye amafaranga ya diyosezi. Icyo gihe yajyanye n’umugore w’Umufaransakazi, bakomeza kubana nk’abashakanye, Nahimana kabifatanya no kuba Padiri ahitwa Rouen na Le Havre mu Bufaransa
Nguwo rero Padiri Nahimana wirirwa abika abantu bakiriho, kandi we yarapfuye ahagaze, akarumbira Imana n’abantu.

Niko Nahima, waba utagirira urukundo abo wibarutse, ukarugirira abo utazi?Uburenganzira bwa muntu uhoza mu kanwa, wabuharaniye wubahiriza mbere na mbere ubw’abo wabyaye? Harya ngo uri Nahimana?Umva, sinzi guheba ariko kuzagororoka kwawe ni ahimana koko.

2020-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Ubwanditsi 28 Nov 2023
Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Ubwanditsi 06 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika
Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 24 Sep 2025
Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi  n’Inda nini.
ITOHOZA

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi n’Inda nini.

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside
Amakuru

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Ubwanditsi 10 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru