• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Ubwanditsi 10 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu bihemu Nahimana utinyuka akiyita “umukozi w’Imana” kandi ari umukozi w’amahano, yarenze ku isezerano yatanze ubwo yabeshyaga ko abaye umusaseridoti, maze si ukwiyandarika yiva inyuma.Ubusanzwe abapadiri basezerana kudashaka kandi bakirinda ubushurashuzi.

Uyu Nahimana yapfuye kuva imbere ya Museneyri wamuhaye isakaramentu ry’ubusaseridoti, maze yikomereza ingeso y’ubusambanyi yari anafiteakiri umufaratiri. Magingo aya abana ba Nahimana bazwi ni 4, ariko ngo bashobora kuba banarenga ukurikije umurava yagize muri uwo mwuga.
Uretse ko ubusambanyi ari n’icyaha ku muntu wese wiyubaha, “Padiri” Nahimana we yageretseho n’ubuhemu budakwiye umubyeyi, kuko aheruka atera inda ba nyina b’abo bana. Habe kubahemba nk’uko bigenda mu muco nyarwanda iyo umubyeyi yibarutse, habe no gutunga abo bana, ahubwo yahisemo kubajugunyira ba nyirangorwa yigira mu maraha I Burayi.

Ubu rero urwo rubyaro ndetse na banyina baramusaba gusubiza agatima impembero, akareka kuba nk’inzoka, dore ko ariyo itera amagi ikayahisha mu butaka, ikigindera, yazahura n’abana bayo ntibamenye.
Mu babyeyi bafitanye abana na Nahimana,harimo Musanganire Adeline yasambanyije ataranageza ku myaka 18 y’amavuko, ubwabyo bikaba bihanwa n’amategeko.Ibi byose bakorwaga benshi mu bayobozi ba Diyosezi ya Cyangugu babizi, ariko bakamukingira ikibaba ngo kiliziya idata ibaba.
Hari kandi Madamu Martha Muragijimana utuye mu karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali. Aganira n’abanyamakuru uwo mubyeyi w’imyaka hafi 45 yavuze ko afitanye na Nahimana umwana w’imyaka 16.

Ngo kuva yamutera inda yanze kugira icyo amufasha ngo arere umwana, ahubwo ahitamo kubeshya isi yose ko ari “umuntu w’Imana”, kandi ntaho ataniye na shitani.Mu gahinda kenshi , uyu mubyi ati:”Wavuga ute ko ufitiye impuhwe abanyarwanda ngo badafite uburenganzirwa bwa muntu, kandi utazi uko abo wibyariye babayeho?”
Uwitwa J Paul utarashatse ko dutangaza umwirondoro we wose, we ngo mu mwaka wa 2010 yafashe inzira ajya Arusha muri Tanzaniya, ubwo yari yamenye ko ise Nahimana azajya gutanga ubuhamya mu rukiko mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, agirango amwibutse ko yamubyaye akamutererara. Ku bw’akagambane n’abashinzwe umutekano muri urwo rukiko, ntiyashoboye kubonana n’uwo mubyeyi gito, ngo kuko atifuzaga guhura n’umuntu uvuye mu Rwanda.

Twakwibutsa ko icyo gihe Nahimana yari agiye gushinjura ruharwa Munyakazi Yussuf, waje no guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, anakatirwa igifungo cy’imyaka 25.
Nahimana yavuye mu Rwanda muw’205 yibye amafaranga ya diyosezi. Icyo gihe yajyanye n’umugore w’Umufaransakazi, bakomeza kubana nk’abashakanye, Nahimana kabifatanya no kuba Padiri ahitwa Rouen na Le Havre mu Bufaransa
Nguwo rero Padiri Nahimana wirirwa abika abantu bakiriho, kandi we yarapfuye ahagaze, akarumbira Imana n’abantu.

Niko Nahima, waba utagirira urukundo abo wibarutse, ukarugirira abo utazi?Uburenganzira bwa muntu uhoza mu kanwa, wabuharaniye wubahiriza mbere na mbere ubw’abo wabyaye? Harya ngo uri Nahimana?Umva, sinzi guheba ariko kuzagororoka kwawe ni ahimana koko.

2020-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kunganya na Cameron, Amavubi yagarutse mu Rwanda ikaba yahise ijya mu kato iri buvemo kuri uyu wa kane abakinnyi bagasubira mungo zabo bakitegura isubukurwa rya shampiyona

Nyuma yo kunganya na Cameron, Amavubi yagarutse mu Rwanda ikaba yahise ijya mu kato iri buvemo kuri uyu wa kane abakinnyi bagasubira mungo zabo bakitegura isubukurwa rya shampiyona

Ubwanditsi 01 Apr 2021
Rtd. Capt. Safari  Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Rtd. Capt. Safari Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Ubwanditsi 20 Mar 2018
“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

Ubwanditsi 24 Feb 2024
Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Ubwanditsi 10 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Me Bernard NTAGANDA  yaraye asohowe ikubagahu  n’aba Sécurité ba TOPSEC.
Mu Rwanda

Me Bernard NTAGANDA yaraye asohowe ikubagahu n’aba Sécurité ba TOPSEC.

Ubwanditsi 28 Feb 2017
Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside
Mu Rwanda

Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Ubwanditsi 19 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru