• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Ubwanditsi 08 Apr 2020 UBUKUNGU

Banki y’Isi kuri uyu wa Kabiri ibinyujije mu Kigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA), yemereye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 12.25 z’amadolari (asaga miliyari 11 Frw) yo kurufasha guhangana n’icyorezo cya COVID-19 .

Ayo mafaranga azanyuzwa mu mushinga w’u Rwanda w’ubutabazi (Rwanda COVID -19 Emergency Response Project) wo gufasha Guverinoma kwirinda, gutahura abakekwaho coronavirus, kubitaho no kubaka ubushobozi bw’inzego z’ubuvuzi mu kwitegura guhangana n’icyo cyorezo.

Mu itangazo Banki y’Isi yatanze, yijeje ko izafasha u Rwanda mu bushobozi aho bikenewe cyane nko mu gusuzuma abakekwaho COVID-19, gutahura abahuye n’umurwayi wa COVID-19 no gusuzuma abinjira mu gihugu.

Mu bindi Banki y’Isi izafashamo ni ukongerera ubushobozi amavuriro no gushyiraho ahantu abakekwaho icyo cyorezo bashyirirwa mu kato haba mu bitaro byo ku rwego rw’igihugu n’urw’uturere.

Umuyobozi uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El Gammal, yavuze ko muri ibi bihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, banazirikana ingaruka ziri kurugeraho kubera icyorezo cya COVID-19.

Ati “Tuzi ko igihugu cyibasiwe cyane na COVID-19 ishobora gusubiza inyuma iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage ndetse n’ibyari bimaze kugerwaho mu buzima.”

Yasser El Gammal yakomeje agira ati “Mfite icyizere ko nkurikije ubuyobozi bwiza, ukudacogora kw’abanyarwanda, ingamba zihuse zafashwe na Guverinoma, inkunga ya Banki y’Isi n’abandi bafatanyabikorwa mu iterambere, u Rwanda ruzabyigobotora rugasubira mu murongo rwari rurimo.”

Umushinga Rwanda COVID -19 Emergency Response Project wo guhashya COVID-19, byitezwe ko uzibanda no ku gushaka ibisubizo binyuze mu ikoranabuhanga bifasha mu guhangana n’icyo cyorezo.

Harimo nko gukora amakarita y’ikoranabuhanga agaragaza ikwirakwira ry’icyorezo, porogaramu z’ikoranabuhanga zohereza ubutumwa butandukanye buvuga kuri COVID-19, n’uburyo bwo gusuzuma by’ibanze abikekaho icyo cyorezo bitabaye ngombwa ko bahura na muganga imbonankubone.

Rwanda COVID-19 Emergency Project, ni umwe mu mishinga Banki y’Isi iri gutera inkunga mu mafaranga miliyari 14 z’amadolari yemeye azafasha ibihugu guhangana na coronavirus.

Inguzanyo zitangwa n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA) cya Banki y’Isi, zigenerwa ibihugu biri mu nzira y’amajyambere, zikishyurwa ku nyungu nto cyangwa nta nyungu.

Src: IGIHE

2020-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Ubwanditsi 01 May 2019
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 07 May 2019
Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Ubwanditsi 14 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga
UBUKUNGU

Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016
Mu Mahanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala
Mu Mahanga

Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala

Ubwanditsi 16 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru