• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Ubwanditsi 15 Oct 2019 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Afurika idashobora gukomeza kubeshwaho n’inkunga z’amahanga kugirango ishore imari mu mpinduka zayo.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu nama ya 8 y’Impuzamashyirahamwe Nkuru y’ibigo byo muri Cote d’Ivoire (CGECI), inama ya mbere yagutse ngarukamwaka y’abikorera muri iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika.

Ni inama ihuriza hamwe urwego rw’abikorera rwo mu bihugu byo muri Afurika y’iburengerazuba ikigirwamo uburyo kuzamura guhatana, iterambere n’ibindi.

Perezida Kagame ati: “Tugomba kugera aho ibihugu byacu bifite ubushobozi bwo gushora mu mpinduka zacu ubwacu. Inkunga y’iterambere yagize akamaro kandi ikomeje kugira akamaro, by’umwihariko iyo dukora dushaka kubyaza umusaruro buri giceri twakira. Ariko ikigamijwe ntikigeze kiba gukomeza gutungwa ubuziraherezo mu gihe buri gihe twari dufite ubushobozi bwo kwikungahaza ubwacu.”

Ngo aho guhora ihanze amaso ibindi bihugu ngo biyifashe, Perezida Kagame yavuze ko hari uburyo bwinshi bwabyarira umusaruro Afurika mu gukorana n’ibindi bihugu n’imiryango y’akarere ku nyungu rusange.

Iyi nama y’uyu mwaka ikaba ikaba ifite insanganyamatsiko yo kurema umwuka mwiza wo gukoreramo business. Kugirango bigerweho, Perezida Kagame akaba asanga hakwiye imikoranire hagati ya leta n’abikorera bagasangira ubunararibonye.

Ibi kandi ngo bigomba gukorwa binyuze mu nama nk’iyi, bagahura , bakarushaho kumenyana, bagasangira ubunararibonye, ndetse bamwe bakigira ku bandi.

Ati: “Icyo dushaka ni ukureshya no kugumana ku rwego rwo hejuru ishoramari uko dushoboye, ryaba iry’imbere n’iryo hanze, ngo tuzamure ubukungu bwacu kandi dushakire ubukire abaturage bacu”

Akomoza ku bunararibonye bw’u Rwanda mu guteza imbere umwuka mwiza wo gukoreramo business, Kagame yavuze ko igihugu cyashishikarije ibigo bya leta byose n’abagize urwego rw’abikorera ngo bagire uruhare mu mpinduka.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ibi byagize akamaro kubw’ibyo, “ nta mpamvu yo kudakora ibiri mu bushobozi bwacu. Twese tuzumva inyungu yo kubikora,”

Ku kijyanye n’Isoko Rusange rya Afurika (African Continental Free Trade Area), perezida Kagame yavuze ko buri gihugu n’akarere bigomba gukora ibyo bisabwa kugirango kwihuza mu by’ubukungu kwa Afurika kwifuzwa kuzagerweho.

Perezida Kagame kandi yasabye Guverinoma zo muri Afurika gufasha urwego rw’abikorera no gukorana nabo mu gukuraho imbogamizi zikibangamira gukora business.

Za guverinoma kandi yavuze ko zifite inshingano zo guha urubyiruko ubumenyi n’amahugurwa bizajya birufasha kujyana n’amahirwe abonetse.

Ibi kandi ngo bikwiye kujyana no gushora mu kubaka imyimvire y’urubyiruko rwo muri Afurika, mu bijyanye no kwihangira imirimo no guhanga udushya

Iyi nama ya 08 ya CGECI yahuriyemo abikorera baturutse muri Afurika y’uburengerazuba, mu gihe u Rwanda rwari rwatumiwe nk’umushyitsi ngo rusangize abitabiriye iyi nama amasomo ajyanye ajyanye no guteza imbere ibijyanye no gukora business no gufasha abikorera kugera ku rwego rwiza.

Abantu bagera kuri 50 baturutse mu rwego rw’abikorera mu Rwanda baturutse mu nzego zitandukanye nk’ubuhinzi, inganda, ikoranabuhanga, nabo bitabiriye iyi nama kandi bateganya kugirana inama na bagenzi babo bo mu rwego rw’abikorera rwo muri Cote d’Ivoire.

Iyi nama ngarukamwaka yatangiye kuba mu 2012, itangijwe na CGECI. Iya 2019, yitezwemo abasaga 6000 barimo abayobozi b’ibigo bikomeye bagera ku 1000.

Amafoto: Village Urugwiro

2019-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Ubwanditsi 10 Mar 2019
BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

Ubwanditsi 03 Jun 2019
BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Ubwanditsi 07 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka
INKURU NYAMUKURU

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Ubwanditsi 17 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru