• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Ubwanditsi 15 Oct 2019 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Afurika idashobora gukomeza kubeshwaho n’inkunga z’amahanga kugirango ishore imari mu mpinduka zayo.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu nama ya 8 y’Impuzamashyirahamwe Nkuru y’ibigo byo muri Cote d’Ivoire (CGECI), inama ya mbere yagutse ngarukamwaka y’abikorera muri iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika.

Ni inama ihuriza hamwe urwego rw’abikorera rwo mu bihugu byo muri Afurika y’iburengerazuba ikigirwamo uburyo kuzamura guhatana, iterambere n’ibindi.

Perezida Kagame ati: “Tugomba kugera aho ibihugu byacu bifite ubushobozi bwo gushora mu mpinduka zacu ubwacu. Inkunga y’iterambere yagize akamaro kandi ikomeje kugira akamaro, by’umwihariko iyo dukora dushaka kubyaza umusaruro buri giceri twakira. Ariko ikigamijwe ntikigeze kiba gukomeza gutungwa ubuziraherezo mu gihe buri gihe twari dufite ubushobozi bwo kwikungahaza ubwacu.”

Ngo aho guhora ihanze amaso ibindi bihugu ngo biyifashe, Perezida Kagame yavuze ko hari uburyo bwinshi bwabyarira umusaruro Afurika mu gukorana n’ibindi bihugu n’imiryango y’akarere ku nyungu rusange.

Iyi nama y’uyu mwaka ikaba ikaba ifite insanganyamatsiko yo kurema umwuka mwiza wo gukoreramo business. Kugirango bigerweho, Perezida Kagame akaba asanga hakwiye imikoranire hagati ya leta n’abikorera bagasangira ubunararibonye.

Ibi kandi ngo bigomba gukorwa binyuze mu nama nk’iyi, bagahura , bakarushaho kumenyana, bagasangira ubunararibonye, ndetse bamwe bakigira ku bandi.

Ati: “Icyo dushaka ni ukureshya no kugumana ku rwego rwo hejuru ishoramari uko dushoboye, ryaba iry’imbere n’iryo hanze, ngo tuzamure ubukungu bwacu kandi dushakire ubukire abaturage bacu”

Akomoza ku bunararibonye bw’u Rwanda mu guteza imbere umwuka mwiza wo gukoreramo business, Kagame yavuze ko igihugu cyashishikarije ibigo bya leta byose n’abagize urwego rw’abikorera ngo bagire uruhare mu mpinduka.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ibi byagize akamaro kubw’ibyo, “ nta mpamvu yo kudakora ibiri mu bushobozi bwacu. Twese tuzumva inyungu yo kubikora,”

Ku kijyanye n’Isoko Rusange rya Afurika (African Continental Free Trade Area), perezida Kagame yavuze ko buri gihugu n’akarere bigomba gukora ibyo bisabwa kugirango kwihuza mu by’ubukungu kwa Afurika kwifuzwa kuzagerweho.

Perezida Kagame kandi yasabye Guverinoma zo muri Afurika gufasha urwego rw’abikorera no gukorana nabo mu gukuraho imbogamizi zikibangamira gukora business.

Za guverinoma kandi yavuze ko zifite inshingano zo guha urubyiruko ubumenyi n’amahugurwa bizajya birufasha kujyana n’amahirwe abonetse.

Ibi kandi ngo bikwiye kujyana no gushora mu kubaka imyimvire y’urubyiruko rwo muri Afurika, mu bijyanye no kwihangira imirimo no guhanga udushya

Iyi nama ya 08 ya CGECI yahuriyemo abikorera baturutse muri Afurika y’uburengerazuba, mu gihe u Rwanda rwari rwatumiwe nk’umushyitsi ngo rusangize abitabiriye iyi nama amasomo ajyanye ajyanye no guteza imbere ibijyanye no gukora business no gufasha abikorera kugera ku rwego rwiza.

Abantu bagera kuri 50 baturutse mu rwego rw’abikorera mu Rwanda baturutse mu nzego zitandukanye nk’ubuhinzi, inganda, ikoranabuhanga, nabo bitabiriye iyi nama kandi bateganya kugirana inama na bagenzi babo bo mu rwego rw’abikorera rwo muri Cote d’Ivoire.

Iyi nama ngarukamwaka yatangiye kuba mu 2012, itangijwe na CGECI. Iya 2019, yitezwemo abasaga 6000 barimo abayobozi b’ibigo bikomeye bagera ku 1000.

Amafoto: Village Urugwiro

2019-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026
Perezida Kagame avuye  munama  itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Perezida Kagame avuye munama itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika  [ Yavuguruwe ]

Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Ubwanditsi 16 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ange Kagame arahakana ko asigaye akorana na Se  muri Village Urugwiro
Mu Mahanga

Ange Kagame arahakana ko asigaye akorana na Se muri Village Urugwiro

Ubwanditsi 29 Mar 2016
U Burundi bwashatse ko imikino ya gisirikare yigizwayo abanyamuryango barabyanga-Gen.Patrick Nyamvumba
IMIKINO

U Burundi bwashatse ko imikino ya gisirikare yigizwayo abanyamuryango barabyanga-Gen.Patrick Nyamvumba

Ubwanditsi 07 Aug 2016
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.
Amakuru

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Ubwanditsi 11 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru