• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Ubwanditsi 15 Oct 2019 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Afurika idashobora gukomeza kubeshwaho n’inkunga z’amahanga kugirango ishore imari mu mpinduka zayo.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu nama ya 8 y’Impuzamashyirahamwe Nkuru y’ibigo byo muri Cote d’Ivoire (CGECI), inama ya mbere yagutse ngarukamwaka y’abikorera muri iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika.

Ni inama ihuriza hamwe urwego rw’abikorera rwo mu bihugu byo muri Afurika y’iburengerazuba ikigirwamo uburyo kuzamura guhatana, iterambere n’ibindi.

Perezida Kagame ati: “Tugomba kugera aho ibihugu byacu bifite ubushobozi bwo gushora mu mpinduka zacu ubwacu. Inkunga y’iterambere yagize akamaro kandi ikomeje kugira akamaro, by’umwihariko iyo dukora dushaka kubyaza umusaruro buri giceri twakira. Ariko ikigamijwe ntikigeze kiba gukomeza gutungwa ubuziraherezo mu gihe buri gihe twari dufite ubushobozi bwo kwikungahaza ubwacu.”

Ngo aho guhora ihanze amaso ibindi bihugu ngo biyifashe, Perezida Kagame yavuze ko hari uburyo bwinshi bwabyarira umusaruro Afurika mu gukorana n’ibindi bihugu n’imiryango y’akarere ku nyungu rusange.

Iyi nama y’uyu mwaka ikaba ikaba ifite insanganyamatsiko yo kurema umwuka mwiza wo gukoreramo business. Kugirango bigerweho, Perezida Kagame akaba asanga hakwiye imikoranire hagati ya leta n’abikorera bagasangira ubunararibonye.

Ibi kandi ngo bigomba gukorwa binyuze mu nama nk’iyi, bagahura , bakarushaho kumenyana, bagasangira ubunararibonye, ndetse bamwe bakigira ku bandi.

Ati: “Icyo dushaka ni ukureshya no kugumana ku rwego rwo hejuru ishoramari uko dushoboye, ryaba iry’imbere n’iryo hanze, ngo tuzamure ubukungu bwacu kandi dushakire ubukire abaturage bacu”

Akomoza ku bunararibonye bw’u Rwanda mu guteza imbere umwuka mwiza wo gukoreramo business, Kagame yavuze ko igihugu cyashishikarije ibigo bya leta byose n’abagize urwego rw’abikorera ngo bagire uruhare mu mpinduka.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ibi byagize akamaro kubw’ibyo, “ nta mpamvu yo kudakora ibiri mu bushobozi bwacu. Twese tuzumva inyungu yo kubikora,”

Ku kijyanye n’Isoko Rusange rya Afurika (African Continental Free Trade Area), perezida Kagame yavuze ko buri gihugu n’akarere bigomba gukora ibyo bisabwa kugirango kwihuza mu by’ubukungu kwa Afurika kwifuzwa kuzagerweho.

Perezida Kagame kandi yasabye Guverinoma zo muri Afurika gufasha urwego rw’abikorera no gukorana nabo mu gukuraho imbogamizi zikibangamira gukora business.

Za guverinoma kandi yavuze ko zifite inshingano zo guha urubyiruko ubumenyi n’amahugurwa bizajya birufasha kujyana n’amahirwe abonetse.

Ibi kandi ngo bikwiye kujyana no gushora mu kubaka imyimvire y’urubyiruko rwo muri Afurika, mu bijyanye no kwihangira imirimo no guhanga udushya

Iyi nama ya 08 ya CGECI yahuriyemo abikorera baturutse muri Afurika y’uburengerazuba, mu gihe u Rwanda rwari rwatumiwe nk’umushyitsi ngo rusangize abitabiriye iyi nama amasomo ajyanye ajyanye no guteza imbere ibijyanye no gukora business no gufasha abikorera kugera ku rwego rwiza.

Abantu bagera kuri 50 baturutse mu rwego rw’abikorera mu Rwanda baturutse mu nzego zitandukanye nk’ubuhinzi, inganda, ikoranabuhanga, nabo bitabiriye iyi nama kandi bateganya kugirana inama na bagenzi babo bo mu rwego rw’abikorera rwo muri Cote d’Ivoire.

Iyi nama ngarukamwaka yatangiye kuba mu 2012, itangijwe na CGECI. Iya 2019, yitezwemo abasaga 6000 barimo abayobozi b’ibigo bikomeye bagera ku 1000.

Amafoto: Village Urugwiro

2019-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubwanditsi 02 Dec 2018
U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Ubwanditsi 04 Apr 2019
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019
IMF yemeje miliyari zisaga 100 Frw zizafasha u Rwanda mu bikorwa byo guhangana na Coronaviru

IMF yemeje miliyari zisaga 100 Frw zizafasha u Rwanda mu bikorwa byo guhangana na Coronaviru

Ubwanditsi 03 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urwego rw’ubutabera ni urwego rwiyubatse cyane kandi vuba: Prof Rugege
Mu Rwanda

Urwego rw’ubutabera ni urwego rwiyubatse cyane kandi vuba: Prof Rugege

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza
Amakuru

Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Ubwanditsi 14 Oct 2021
Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko
INKURU NYAMUKURU

Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru