• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Ubwanditsi 08 Mar 2018 UBUKUNGU

  • 15% ya budget y’u Rwanda ashyirwa mu buzima…Bikorwa n’ibihugu bike muri Africa.
  • Umubare w’abagore bapfa babyara waragabanutse ariko ngo ntibihagije.

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Amb. Claver Gatete avuga ko Leta y’u Rwanda ishyira ingengo y’imari ihagije mu rwego rw’ubuzima kuko nta kindi cyagerwaho hatari ubuzima bwiza, akavuga ko ibi biri gutanga umusaruro mwiza kuko ubu ikizere cyo kuramba ku banyarwanda kigeze ku myaka 67 mu gihe mu gihe cyatambutse cyari munsi y’imyaka 50.

Amb Gatete Claver avuga ko imari ihagije ishyirwa mu buzima bw'u Rwanda yatanze umusaruro ushimishije

Amb Gatete Claver avuga ko imari ihagije ishyirwa mu buzima bw’u Rwanda yatanze umusaruro ushimishije

I Kigali, uyu munsi hatangiye inama mpuzamahanga y’Iminsi ibiri ihuza inzego z’Ubuzima n’abafatanyabikorwa bazo ku mugabane wa Africa ngo barebere hamwe icyatuma  uru rwego rukomeza kugira ingufu.

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda ivuga ko isangiza ibindi bihugu ibimaze kugerwaho mu buzima n’ubuvuzi bw’Abanyarwanda bishingiye ku kuba urwego rw’ubuzima rushyirwamo ingengo y’imari ihagije, hejuru ya 15% by’ingengo y’imari yose y’igihugu.

Minisitiri w’imari n’Igenamigambi Amb. Claver Gatete watangije iyi nama ku mugaragaro avuga ko Leta y’u Rwanda yashyize imbere ubuzima kuko ntacyo bungana.

Ati “Ubuzima ni ubuzima nyine, turabukeneye, mbere yo gutekereza ibindi byose dushyiramo amafaranga, tutekereza ubuzima, burahenda ariko buranakenewe.”

Agaruka ku musaruro w’aya mafaranga atubutse ashyirwa mu rwego rw’Ubuzima, Amb. Gatete ati “Ugiye kureba imyaka y’Abanyarwanda muri rusange iragera hafi kuri 67 tuvuye hasi rwose ya 50.”

Gatete ugaragaza ibiba bikenewe kugira ngo urwego rw’ubuzima rukore neza birimo amavuriro; ibikoresho n’ubwishingizi, avuga ko n’ubwo hashyirwamo imari itubutse ariko hakiri byinshi byo gukora.

Imfu z’abagore n’abana zaragabanutse ariko ntibihagije…

Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo k’ibarurishamibare muri 2016, bwagaragaje ko kuva mu mwaka wa 2000 umubare w’abana bapfa bavuka wavuye kuri 107 ku bana 1000 ukagera kuri 32, naho abapfaga batarageza ku myaka itanu bakava kuri 152 bagera kuri 50 ku bana 1000.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba avuga ko ubu abagore bapfa babyara ari 210 ku bagore 100 000, naho abana bapfa batarengeje ukwezi bakaba 16 ku 1000.

Avuga ko nubwo iyi mibare uri hasi ugereranyije n’ibindi bihugu byo ku mugabane wa Africa ariko ikwiye kugabanuka birenze uku.

Dr Gashumba ibihugu byitabiriye iyi nama biza kugaragaza ingamba bishyira mu buzima, u Rwanda rukaza kubisangiza ibikorwa birimo gahunda y’abajyanama b’ubuzima basigaye bafasha abantu midugudu yose.

Abana barenga 93% bahabwa inkingo ku buntu, ababyeyi 91% bakaba babyarira kwa muganga.

Dr Gashumba ati “Ariko natwe hari ibyo tudakora neza dukwiye kuvugurura n’abo 9% batabyarira kwa muganga tugomba kubafasha ku buryo bose babyarira kwa muganga.

Dr Belay Begashaw uyobora ikigo gishinzwe kwihutisha intego z’iterambere rirambye cyanateguye iyi nama, avuga ko inzego z’Ubuzima muri Africa zishyirwamo amafaranga menshi ariko abazikoramo ntibite ku nshingano zabo uko bikwiye.

Ati “Imari ishyirwamo mu nzego z’ubuzima ni kimwe ariko n’ireme rivamo ni ikindi.”

Dr Belay avuga ko igikwiye gushyirwamo ingufu ari igenzura rigomba gukorerwa inzego z’ubuzima kugira ngo abazikoramo bubahirize inshingano zabo uko bikwiye.

Dr Belay uyobora SGDC Africa avuga ko hakwiye gushyirwaho igenzura rifite imbaraga mu nzego z'ubuzima

Dr Belay uyobora SGDC Africa avuga ko hakwiye gushyirwaho igenzura rifite imbaraga mu nzego z’ubuzima

Abaturutse mu bihugu bitandukanye biteguye gusangira ibitekerezo

Abaturutse mu bihugu bitandukanye biteguye gusangira ibitekerezo

Urwego rw'ubuzima muri Africa rukwiye imbaraga nyinshi

Urwego rw’ubuzima muri Africa rukwiye imbaraga nyinshi

Ngo muri Africa hari benshi bagipfa bazira kutira ku nshingano kw'abakora mu nzego z'ubuzima

Ngo muri Africa hari benshi bagipfa bazira kutira ku nshingano kw’abakora mu nzego z’ubuzima

Nyuma yo gutangiza iyi nama hakurikiye ibiganiro byo gusangizanya ingamba

Nyuma yo gutangiza iyi nama hakurikiye ibiganiro byo gusangizanya ingamba

Iyi nama yitezwemo kugabanya imfu zikomeje gutwara ubuzima bw'Abanyafurika

Iyi nama yitezwemo kugabanya imfu zikomeje gutwara ubuzima bw’Abanyafurika

Source: Umuseke

2018-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 30 Sep 2019
U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 24 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako
INKURU NYAMUKURU

Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Ubwanditsi 23 Oct 2019
” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin
INKURU NYAMUKURU

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno
Amakuru

Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru