• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Ubwanditsi 08 Mar 2018 UBUKUNGU

  • 15% ya budget y’u Rwanda ashyirwa mu buzima…Bikorwa n’ibihugu bike muri Africa.
  • Umubare w’abagore bapfa babyara waragabanutse ariko ngo ntibihagije.

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Amb. Claver Gatete avuga ko Leta y’u Rwanda ishyira ingengo y’imari ihagije mu rwego rw’ubuzima kuko nta kindi cyagerwaho hatari ubuzima bwiza, akavuga ko ibi biri gutanga umusaruro mwiza kuko ubu ikizere cyo kuramba ku banyarwanda kigeze ku myaka 67 mu gihe mu gihe cyatambutse cyari munsi y’imyaka 50.

Amb Gatete Claver avuga ko imari ihagije ishyirwa mu buzima bw'u Rwanda yatanze umusaruro ushimishije

Amb Gatete Claver avuga ko imari ihagije ishyirwa mu buzima bw’u Rwanda yatanze umusaruro ushimishije

I Kigali, uyu munsi hatangiye inama mpuzamahanga y’Iminsi ibiri ihuza inzego z’Ubuzima n’abafatanyabikorwa bazo ku mugabane wa Africa ngo barebere hamwe icyatuma  uru rwego rukomeza kugira ingufu.

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda ivuga ko isangiza ibindi bihugu ibimaze kugerwaho mu buzima n’ubuvuzi bw’Abanyarwanda bishingiye ku kuba urwego rw’ubuzima rushyirwamo ingengo y’imari ihagije, hejuru ya 15% by’ingengo y’imari yose y’igihugu.

Minisitiri w’imari n’Igenamigambi Amb. Claver Gatete watangije iyi nama ku mugaragaro avuga ko Leta y’u Rwanda yashyize imbere ubuzima kuko ntacyo bungana.

Ati “Ubuzima ni ubuzima nyine, turabukeneye, mbere yo gutekereza ibindi byose dushyiramo amafaranga, tutekereza ubuzima, burahenda ariko buranakenewe.”

Agaruka ku musaruro w’aya mafaranga atubutse ashyirwa mu rwego rw’Ubuzima, Amb. Gatete ati “Ugiye kureba imyaka y’Abanyarwanda muri rusange iragera hafi kuri 67 tuvuye hasi rwose ya 50.”

Gatete ugaragaza ibiba bikenewe kugira ngo urwego rw’ubuzima rukore neza birimo amavuriro; ibikoresho n’ubwishingizi, avuga ko n’ubwo hashyirwamo imari itubutse ariko hakiri byinshi byo gukora.

Imfu z’abagore n’abana zaragabanutse ariko ntibihagije…

Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo k’ibarurishamibare muri 2016, bwagaragaje ko kuva mu mwaka wa 2000 umubare w’abana bapfa bavuka wavuye kuri 107 ku bana 1000 ukagera kuri 32, naho abapfaga batarageza ku myaka itanu bakava kuri 152 bagera kuri 50 ku bana 1000.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba avuga ko ubu abagore bapfa babyara ari 210 ku bagore 100 000, naho abana bapfa batarengeje ukwezi bakaba 16 ku 1000.

Avuga ko nubwo iyi mibare uri hasi ugereranyije n’ibindi bihugu byo ku mugabane wa Africa ariko ikwiye kugabanuka birenze uku.

Dr Gashumba ibihugu byitabiriye iyi nama biza kugaragaza ingamba bishyira mu buzima, u Rwanda rukaza kubisangiza ibikorwa birimo gahunda y’abajyanama b’ubuzima basigaye bafasha abantu midugudu yose.

Abana barenga 93% bahabwa inkingo ku buntu, ababyeyi 91% bakaba babyarira kwa muganga.

Dr Gashumba ati “Ariko natwe hari ibyo tudakora neza dukwiye kuvugurura n’abo 9% batabyarira kwa muganga tugomba kubafasha ku buryo bose babyarira kwa muganga.

Dr Belay Begashaw uyobora ikigo gishinzwe kwihutisha intego z’iterambere rirambye cyanateguye iyi nama, avuga ko inzego z’Ubuzima muri Africa zishyirwamo amafaranga menshi ariko abazikoramo ntibite ku nshingano zabo uko bikwiye.

Ati “Imari ishyirwamo mu nzego z’ubuzima ni kimwe ariko n’ireme rivamo ni ikindi.”

Dr Belay avuga ko igikwiye gushyirwamo ingufu ari igenzura rigomba gukorerwa inzego z’ubuzima kugira ngo abazikoramo bubahirize inshingano zabo uko bikwiye.

Dr Belay uyobora SGDC Africa avuga ko hakwiye gushyirwaho igenzura rifite imbaraga mu nzego z'ubuzima

Dr Belay uyobora SGDC Africa avuga ko hakwiye gushyirwaho igenzura rifite imbaraga mu nzego z’ubuzima

Abaturutse mu bihugu bitandukanye biteguye gusangira ibitekerezo

Abaturutse mu bihugu bitandukanye biteguye gusangira ibitekerezo

Urwego rw'ubuzima muri Africa rukwiye imbaraga nyinshi

Urwego rw’ubuzima muri Africa rukwiye imbaraga nyinshi

Ngo muri Africa hari benshi bagipfa bazira kutira ku nshingano kw'abakora mu nzego z'ubuzima

Ngo muri Africa hari benshi bagipfa bazira kutira ku nshingano kw’abakora mu nzego z’ubuzima

Nyuma yo gutangiza iyi nama hakurikiye ibiganiro byo gusangizanya ingamba

Nyuma yo gutangiza iyi nama hakurikiye ibiganiro byo gusangizanya ingamba

Iyi nama yitezwemo kugabanya imfu zikomeje gutwara ubuzima bw'Abanyafurika

Iyi nama yitezwemo kugabanya imfu zikomeje gutwara ubuzima bw’Abanyafurika

Source: Umuseke

2018-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Ubwanditsi 09 Jan 2019
BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Perezida Kagame avuye  munama  itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Perezida Kagame avuye munama itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Ubwanditsi 29 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza
Amakuru

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Ubwanditsi 24 Nov 2021
Meddy yashyize hanze Amashusho y’Indirimbo ye  ‘ NTAWAMUSIMBURA (Lyric Video) yaciye ibintu muri iyi minsi
IMIKINO

Meddy yashyize hanze Amashusho y’Indirimbo ye ‘ NTAWAMUSIMBURA (Lyric Video) yaciye ibintu muri iyi minsi

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala
INKURU NYAMUKURU

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Ubwanditsi 06 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru