• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

Ubwanditsi 12 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyapolitiki Faustin Twagiramungu, avuga ko kuba Perezida Museveni wa Uganda, yarafashe igihugu mu 1986, Perezida Habyarimana wari uw’u Rwanda, yamuteye inkunga.

Mu kiganiro yagiranye na televiziyo ikorera ku mugabane w’u Burayi, Twagiramungu, yagarutse ku mateka n’umubano w’u Rwanda na Perezida Museveni ataranafata ubutegetsi. Ashimangira ko nyuma yo kubugeraho yagambaniye Habyarimana wamufashije.

Ati “Njyewe nabwiwe n’uwari Diregiteri wa Cabinet wa Perezida, arampamagara ati ‘intambara Museveni yateye mu gihugu cye, twiyemeje kumushyigikira, igisubizo yampaye ngo ni ukubagarira yose, ati ‘hari amakamyo abiri yikoreye intwaro ava i Burundi ni ukohereza umuntu akayakorera transit,  akinjira mu Rwanda kugirango tuyamwoherereze.

Ikindi hari indege zagwaga i Konombe zifite intwaro, ntabwo nshaka kuvuga umusirikare wari ubishinzwe kandi nawe yarabinyibwiriye, avuga ati ‘natwe twapakururaga izo ndege ndetse na Perezida ahari twohereza intwaro muri Uganda, dufasha Museveni”.

Ku bwe, Twagiramungu ubu avuga ari amakosa bagiye bakora ubwo bafashaga Museveni, ko yasubiye inyuma agafasha Inkotanyi, zigatera u Rwanda, bityo Leta ya Habyarimana igatungurwa, mu gihe yari izi ko ifite inshuti Museveni.

Ati “izo erreur twagiye dukora, nizo zatumye duterwa dutunguwe, kubera ko abantu bagiye batugusha mu mitego wenda simbizi,… ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda adafite soutien ya Habyarimana, Oya”.

Twagiramungu, avuga kandi ko hari akagambane Perezida Habyarimana yagiriwe n’abayobozi bo mu Karere, ahereye kuri Museveni, avuga ko yafashije Inkotanyi gufata igihugu.

 Ati “hari akagambane kakozwe n’abayobozi bo mu karere, nk’ab’i Bugande bo navuga ko basa nk’abagambaniye Habyarimana. Uti kuki? Habyarimana yizeye Museveni cyane, amwizera igihe yarwanaga, arwana ashaka gufata Uganda, … Najyanye na Perezida Habyarimana i Kabale, kubera ko nakoraga mu bintu bya transport, binyuzwa muri Uganda, nanjye banshyize mu itsinda ryajyanye na we.

Icyo Mobutu [Wari Perezida wa Zayire] yatubwiye, yaratubwiye ati ‘ hari abantu bari hariya, bajyanwa mu mashyamba kurwana’, ati ‘abo bantu nimutabitondera bizabakoraho namwe’, ati ‘ibyiza ni uko twashyira hamwe tukareba ukuntu twabazitira, ibyo ntabwo byabaye”.

Twagiramungu Faustin, ni umusaza w’umunyapolitiki w’imyaka 72, ubwo abasirikare ba FPR/Inkotanyi bari bamaze gufata igihugu ndetse bakanahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi,  yagizwe Minisitiri w’Intebe, nyuma y’umwaka umwe abuvaho.

Mu 2003 nibwo Twagiramungu yiyamamarije umwana wa Perezida, atsindwa amatora afite amajwi 3.62% . ni nabwo yahize ajya kuba i Burayi, atangira kutavuga rumwe na Leta y’u Rwanda.

2018-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Ubwanditsi 21 Dec 2020
Kuri Ingabire Victoire, amahoro mu Rwanda no mu karere azazanwa no guha ubutegetsi Abajenosideri ba FDLR

Kuri Ingabire Victoire, amahoro mu Rwanda no mu karere azazanwa no guha ubutegetsi Abajenosideri ba FDLR

Ubwanditsi 14 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya
POLITIKI

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?
Amakuru

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Ubwanditsi 23 Oct 2024
Africa iramutse ari igihugu ngo Kagame niwe bagiha akakiyobora
Mu Rwanda

Africa iramutse ari igihugu ngo Kagame niwe bagiha akakiyobora

Ubwanditsi 13 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru