• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

Ubwanditsi 12 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyapolitiki Faustin Twagiramungu, avuga ko kuba Perezida Museveni wa Uganda, yarafashe igihugu mu 1986, Perezida Habyarimana wari uw’u Rwanda, yamuteye inkunga.

Mu kiganiro yagiranye na televiziyo ikorera ku mugabane w’u Burayi, Twagiramungu, yagarutse ku mateka n’umubano w’u Rwanda na Perezida Museveni ataranafata ubutegetsi. Ashimangira ko nyuma yo kubugeraho yagambaniye Habyarimana wamufashije.

Ati “Njyewe nabwiwe n’uwari Diregiteri wa Cabinet wa Perezida, arampamagara ati ‘intambara Museveni yateye mu gihugu cye, twiyemeje kumushyigikira, igisubizo yampaye ngo ni ukubagarira yose, ati ‘hari amakamyo abiri yikoreye intwaro ava i Burundi ni ukohereza umuntu akayakorera transit,  akinjira mu Rwanda kugirango tuyamwoherereze.

Ikindi hari indege zagwaga i Konombe zifite intwaro, ntabwo nshaka kuvuga umusirikare wari ubishinzwe kandi nawe yarabinyibwiriye, avuga ati ‘natwe twapakururaga izo ndege ndetse na Perezida ahari twohereza intwaro muri Uganda, dufasha Museveni”.

Ku bwe, Twagiramungu ubu avuga ari amakosa bagiye bakora ubwo bafashaga Museveni, ko yasubiye inyuma agafasha Inkotanyi, zigatera u Rwanda, bityo Leta ya Habyarimana igatungurwa, mu gihe yari izi ko ifite inshuti Museveni.

Ati “izo erreur twagiye dukora, nizo zatumye duterwa dutunguwe, kubera ko abantu bagiye batugusha mu mitego wenda simbizi,… ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda adafite soutien ya Habyarimana, Oya”.

Twagiramungu, avuga kandi ko hari akagambane Perezida Habyarimana yagiriwe n’abayobozi bo mu Karere, ahereye kuri Museveni, avuga ko yafashije Inkotanyi gufata igihugu.

 Ati “hari akagambane kakozwe n’abayobozi bo mu karere, nk’ab’i Bugande bo navuga ko basa nk’abagambaniye Habyarimana. Uti kuki? Habyarimana yizeye Museveni cyane, amwizera igihe yarwanaga, arwana ashaka gufata Uganda, … Najyanye na Perezida Habyarimana i Kabale, kubera ko nakoraga mu bintu bya transport, binyuzwa muri Uganda, nanjye banshyize mu itsinda ryajyanye na we.

Icyo Mobutu [Wari Perezida wa Zayire] yatubwiye, yaratubwiye ati ‘ hari abantu bari hariya, bajyanwa mu mashyamba kurwana’, ati ‘abo bantu nimutabitondera bizabakoraho namwe’, ati ‘ibyiza ni uko twashyira hamwe tukareba ukuntu twabazitira, ibyo ntabwo byabaye”.

Twagiramungu Faustin, ni umusaza w’umunyapolitiki w’imyaka 72, ubwo abasirikare ba FPR/Inkotanyi bari bamaze gufata igihugu ndetse bakanahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi,  yagizwe Minisitiri w’Intebe, nyuma y’umwaka umwe abuvaho.

Mu 2003 nibwo Twagiramungu yiyamamarije umwana wa Perezida, atsindwa amatora afite amajwi 3.62% . ni nabwo yahize ajya kuba i Burayi, atangira kutavuga rumwe na Leta y’u Rwanda.

2018-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gusazira muri etage yo mu Burayi birutwa no gusazira muri gereza yo mu Rwanda – Past Nsanzurwimo Joseph

Gusazira muri etage yo mu Burayi birutwa no gusazira muri gereza yo mu Rwanda – Past Nsanzurwimo Joseph

Ubwanditsi 04 Jun 2018
Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi

Ubwanditsi 04 Apr 2019
U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

Ubwanditsi 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago
INKURU NYAMUKURU

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi
Amakuru

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru