• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari
Bank of Uganda

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Ubwanditsi 27 May 2018 UBUKUNGU

Banki nkuru y’igihugu muri Uganda igiye kugurishwa akayabo ka Miliyari 504 ikegurirwa abashoramari kuko ifaranga n’agaciro karyobiri kurushaho kuzamba muri kiriya gihugu.

Amakuru dukesha ikinyamakuru spyreports cyo muri Uganda avuga ko hari amakuru yemeza ko gucunga banki nka leta ya Uganda bitagishobotse mu gihe ikomeje kugenda igwa mu gihombo uko bukeye n’uko bwije bityo ko yakwegurirwa ba rwiyemezamirimo bakaba ari bo bayicunga.

Ubusanzwe, iyi banki ngo isanzwe ifite ikibazo mu micungirwe y’ishilingi rya Uganda, bikaba byarayigushije mu gihombo ndetse n’ibikorwa byo kuyishoramo imari bikaba bitakigenda neza ku buryo nta gikozwe bishobora no kugira ingaruka ku bukungu bw’igihugu muri rusange.

Mbere yo gusohora iri tangazo, iyi banki yari iherutse gufunga indi banki yari isanzwe ifite abanyamuryango benshi muri kiriya gihugu ibi byose bikaba biterwa ahanini no kuba ifaranga ridafite agaciro gahamye mu gihugu no hanze yacyo.

Banki ya Uganda kandi ifite muri gahunda guhagarika urugaga rw’abayobozi bayikoramo mu gihe bivugwa ko bagize uruhare mu micungirwe mibi yayo.

Gusa harakibazwa niba n’andi mabanki yagiye afungwa azajya mu gatebo kamwe n’iyi kuko yashinjwaga imicungire mibi y’amafaranga cyangwa niba ashobora kongera gukora mu gihe yisubiyeho.

Mu minsi ishize, ubuyobozi bw’iyi banki byatakambiye Inteko ishinga amategeko ngo irebe icyo yakora nyuma yo kubona yugarijwe n’urusobe rw’imyenda, aho iki kibazo cyagaragajwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, David Bahati ubwo bari mu Nteko.

Minisitiri Bahati we yasabye abadepite ko hakorwa ubuvugizi hakaboneka amafaranga yaba azibye icyuho mu gihe Banki y’igihugu yaba itari gukora akazi kayo kugira ngo hirindwe ingaruka zishobora kuvuka ku bukungu bw’igihugu.

Ku itariki ya  24 gicurasi 2014 umunyamabanga uhorano mu igenamigambi, Keith Muhakanizi yashyikirije inteko ishinga amategeko ibaruwa ikubiyemo inyandiko igaragaza uburyo banki irimo umwenda wa Miliyari zisaga 17 ariko mu igenamigambi ryayo muri 2017, bagasanga banki iri mu gihombo cya Miliyari zisaga  457 .

2018-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Ubwanditsi 14 May 2019
Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Ubwanditsi 08 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Urubyiruko  rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana  ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Rubavu: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi
Mu Mahanga

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Nyagatare: Habyarimana akurikiranyweho gushaka guha ruswa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tabagwe
Mu Mahanga

Nyagatare: Habyarimana akurikiranyweho gushaka guha ruswa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tabagwe

Ubwanditsi 23 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru