• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari
Bank of Uganda

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Ubwanditsi 27 May 2018 UBUKUNGU

Banki nkuru y’igihugu muri Uganda igiye kugurishwa akayabo ka Miliyari 504 ikegurirwa abashoramari kuko ifaranga n’agaciro karyobiri kurushaho kuzamba muri kiriya gihugu.

Amakuru dukesha ikinyamakuru spyreports cyo muri Uganda avuga ko hari amakuru yemeza ko gucunga banki nka leta ya Uganda bitagishobotse mu gihe ikomeje kugenda igwa mu gihombo uko bukeye n’uko bwije bityo ko yakwegurirwa ba rwiyemezamirimo bakaba ari bo bayicunga.

Ubusanzwe, iyi banki ngo isanzwe ifite ikibazo mu micungirwe y’ishilingi rya Uganda, bikaba byarayigushije mu gihombo ndetse n’ibikorwa byo kuyishoramo imari bikaba bitakigenda neza ku buryo nta gikozwe bishobora no kugira ingaruka ku bukungu bw’igihugu muri rusange.

Mbere yo gusohora iri tangazo, iyi banki yari iherutse gufunga indi banki yari isanzwe ifite abanyamuryango benshi muri kiriya gihugu ibi byose bikaba biterwa ahanini no kuba ifaranga ridafite agaciro gahamye mu gihugu no hanze yacyo.

Banki ya Uganda kandi ifite muri gahunda guhagarika urugaga rw’abayobozi bayikoramo mu gihe bivugwa ko bagize uruhare mu micungirwe mibi yayo.

Gusa harakibazwa niba n’andi mabanki yagiye afungwa azajya mu gatebo kamwe n’iyi kuko yashinjwaga imicungire mibi y’amafaranga cyangwa niba ashobora kongera gukora mu gihe yisubiyeho.

Mu minsi ishize, ubuyobozi bw’iyi banki byatakambiye Inteko ishinga amategeko ngo irebe icyo yakora nyuma yo kubona yugarijwe n’urusobe rw’imyenda, aho iki kibazo cyagaragajwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, David Bahati ubwo bari mu Nteko.

Minisitiri Bahati we yasabye abadepite ko hakorwa ubuvugizi hakaboneka amafaranga yaba azibye icyuho mu gihe Banki y’igihugu yaba itari gukora akazi kayo kugira ngo hirindwe ingaruka zishobora kuvuka ku bukungu bw’igihugu.

Ku itariki ya  24 gicurasi 2014 umunyamabanga uhorano mu igenamigambi, Keith Muhakanizi yashyikirije inteko ishinga amategeko ibaruwa ikubiyemo inyandiko igaragaza uburyo banki irimo umwenda wa Miliyari zisaga 17 ariko mu igenamigambi ryayo muri 2017, bagasanga banki iri mu gihombo cya Miliyari zisaga  457 .

2018-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Ubwanditsi 28 Mar 2019
Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 22 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi  yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )
Mu Mahanga

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake
ITOHOZA

Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Ubwanditsi 05 May 2018
Abanyarwanda barahambwe ariko ni imbuto yashibutse – Kagame [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Abanyarwanda barahambwe ariko ni imbuto yashibutse – Kagame [ VIDEO ]

Ubwanditsi 16 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru