• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Ubwanditsi 14 Feb 2018 UBUKUNGU

Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, asanga kugira ngo u Rwanda rugere ku iterambere rwifuza mu cyerekezo 2050, rukwiye gushora imari mu kubaka ubushobozi bw’abaturage barwo binyuze mu burezi bufite ireme no gukomeza imiyoborere myiza rufite.

Yabitangaje mu kiganiro yatanze ku rugendo rw’iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere, ari kumwe na Sir Paul Collier wigisha muri Kaminuza ya Oxford, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Claver Gatete na Clare Akamanzi, uyobora Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB).

Blair yavuze ko mu myaka yose amaze kuza mu Rwanda abona impinduka yaba mu rwego rw’ingufu, uburezi, ubuzima, serivisi n’iterambere muri rusange, kandi bishimangira imiyoborere myiza rufite, kuko ari yo ituma ibihugu bigera ku iterambere cyangwa ntibirigereho.

Yagize ati “Imiyoborere myiza ni abayobozi bashoboye bafite icyerekezo, inzego zishoboye kandi ziteguye kwigira ku bandi, zigaharanira uburezi bufite ireme, guhatana ku rwego mpuzamahanga no kugira intego yo gutera imbere. Ingamba z’iterambere zirazwi ariko icy’ingenzi ni ukuzishyira mu bikorwa, ari byo ubuyobozi bwiza bukora.”

Yakomeje avuga ko ibyo u Rwanda rugezeho ari umusingi w’iterambere uzatuma rugera no ku cyerekezo 2050. Gusa yashimangiye ko gukomeza imyumvire myiza iranga ubuyobozi bwiza, guteza imbere uburezi n’ubucuruzi ari inkingi ikomeye mu iterambere ry’ahazaza.

Yagize ati “Niba mushaka kugera ku rundi rwego rw’iterambere, ni ngombwa kubaka ubushobozi bw’abaturage binyuze mu burezi bufite ireme kuko ari intwaro ikomeye yo gutera imbere kw’ibihugu.”

Blair yasobanuye ko kubaka ubushobozi bw’abaturage bikwiye kwibanda ku gushora imari mu ikoranabuhanga, gutanga ubumenyi bugendanye n’ibyo igihugu gishaka kugeraho kandi hagashyirwa imbaraga mu bikenewe ku isoko ry’umurimo yaba iryo mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

Sir Paul Collier wigisha ubukungu muri Kaminuza ya Oxford mu Bwongereza, akaba n’Umuyobozi w’ikigo mpuzamahanga cyiga ku bukungu (IGC), yakomeje avuga ko kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere rugere ku ntego rwihaye hakwiye gushyirwa imbaraga mu kuzamura ishoramari no guhanga imirimo.

Yavuze ko hakwiye ingufu nyinshi mu kongera ibyoherezwa mu mahanga, guteza imbere ubukerarugendo cyane cyane ubushingiye ku nama no guteza imbere inganda zongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi.

Yagize ati “Hakwiye ishoramari rifatika mu bwubatsi, ubwikorezi no mu kubaka inzu zihendutse. Ni ngombwa kwibanda ku igenamigambi ry’imijyi kuko iterambere ryayo rizakurura abashoramari benshi yaba abo hanze n’ab’imbere mu gihugu.”

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Akamanzi Clare, yavuze ko hari ibimaze kugerwaho mu ishoramari, guhanga imirimo no guteza imbere inganda ariko ikirimo kwibandaho ari uko inganda ziyongera cyane zikagira uruhare mu kongera ibyoherezwa mu mahanga.

Yatanze urugero rw’uruganda C&H Garments rukora imyenda, avuga ko igihugu gikeneye nyinshi nka rwo ngo kibashe kohereza hanze imyenda myinshi.

Aho u Rwanda rugana

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Gatete Claver, yibukije ko ubwo u Rwanda rwatekerezaga icyerekezo 2020, benshi batumvaga uburyo ruzakigeraho kuko hari ibibazo by’ubukene bukabije, umutekano muke n’izamuka ry’ibiciro riteye ubwoba, nta bikorera bahari, nta nzego, nta bumenyi n’ibindi.

Avuga ko ubu hari icyizere cyo kugera ku cyerekezo 2050 kuko hari aho guhera, yaba ku bukungu buzamuka hafi 8% ku mwaka, igabanuka ry’ubukene, uburyo imibereho myiza itera imbere, umutekano n’imiyoborere ihamye.

Gatete yavuze ko mu 2035, icyerekezo gisobanura ko Umunyarwanda azaba yinjiza amadolari y’amanyamerika arenga $4000 ku mwaka, bikazajya kugera ku cyerekezo 2050, yinjiza arenze ibihumbi $12 476 by’amadolari.

Yagize ati “Icyo dushaka ni imibereho yo ku rwego rwo hejuru, ibikorwa remezo biteye imbere bizatuma dutanga serivisi dukeneye, ku buryo buri wese abona ko yahinduye imibereho, yaba mu burezi, ubuzima n’ibindi. Guhanga imirimo myiza, kureba uko twavoma mu muco wacu kandi tukagira uruhare ku rwego mpuzamahanga.”

Mu 2050, ubuhinzi ubungubu bugira uruhare rwa 33% mu bukungu buzagera ku 10%, inganda ziri kuri 17% zizamuke zigere kuri 30%, serivisi zizakomeza kuzamuka ubu ziri kuri 48% nibura zigere kuri 60%.

Gatete yavuze ko ibi bizagerwaho hubakwa ubushobozi bw’abaturage bwo nkingi mwikorezi ya byose, ari inshingano y’ibanze ku gihugu, ubufatanye n’abikorera, imiyoborere myiza no kubaka inzego no kuzamura umusanzu w’ubwizigame n’ishoramari mu musaruro mbumbe.
Source : IGIHE


2018-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ruganda rw’Amazi ya Huye
Mu Mahanga

Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ruganda rw’Amazi ya Huye

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye imikino y’amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki y’abagore (Afrobasket 2021)
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye imikino y’amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki y’abagore (Afrobasket 2021)

Ubwanditsi 14 Jul 2021
U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru