• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Ubwanditsi 18 Feb 2020 UBUKUNGU

Mu gihe hasigaye gusa amezi ane ngo u Rwanda rwakire inama ikomeye y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bikoresha Icyongereza (CHOGM), iki gihugu cyatangaje ko gahunda zose bigaragara ko ziri ku murongo nubwo mu mezi asigaye hari ibirimo gukorwamo.

Inama ya CHOGM biteganyijwe ko izaba ku wa ‎22–27 Kamena 2020, izitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 53 bikoresha ururimi rw’Icyongereza.

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Jo Lomas, yatangaje ko igihugu kirimo gukoresha ingufu kugira ngo ibisigaye bigerweho.

Yagize ati “Uku kwitegura kuri mu ngeri zitandukanye harimo kubaka imihanda, gutegura abantu, inzego za leta uburyo zirimo gutegura ibintu bizakoreshwa, kubaka amahoteli n’ibindi, mu mezi asigaye haracyari bimwe byo gukora ariko niho twari turi mu myaka ibiri ishize ubwo twakiraga inama nk’iyi.”

“Ariko turi mu nzira nziza, kuri buri wese utegura inama nk’iyi ahura n’imbogamizi, nubwo hari imbogamizi ariko navuga ko u Rwanda rurimo gukora ibintu byiza.”

Ambasaderi Lomas ubwo yabazwaga uburyo u Bwongereza n’ubunyamabanga bwa CHOGM barimo gufatanya n’u Rwanda, yasobanuye ko hari ubufatanye buhari.

Yagize ati “Nitwe twakiriye inama iheruka ubu icyo turimo gukora ni ugusangizanya ubunararibonye mu mitegurire no gusubiza ibibazo. Hari ibibazo by’uko ibintu nka biriya bikorwa ari byo tuganiraho mu nama”.

Izaba ari inama y’u Rwanda, hari ibintu bike batwigiraho nk’abantu baheruka kuyakira ariko barimo kuyitegura mu buryo bwabo.”

Avuga ko CHOGM izashyira u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga, kuko hari abantu bamwe bakibona u Rwanda mu rwego rw’Igihugu cyahuye na Jenoside yakorewe Abatutsi gusa, bakaba batazi ibyo u Rwanda rwagezeho.

Ati “Abantu benshi bazasobanukirwa ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 26 ishize kuko ni byinshi, bamwe mu bacuruzi bazatekerezaga gukorana n’u Rwanda, hazaba hari amahirwe ku bantu yo kumenya uburyo u Rwanda rwabafasha byaba mu bukerarugendo n’ibindi.”

“Hazaba kandi inama y’abacuruzi, ubwo nari mu Bwongereza mu nama yahuje iki gihugu na Afurika, nitabiriye inama na RDB, twabonyemo abacuruzi barenga 40 bishimiye uburyo u Rwanda rwabafasha, ndatekereza ko ari na ko bizagenda kandi hari amahirwe menshi azava muri iyo nama.”

Ubwo yabazwaga ku mpamvu abona abashoramari bitabira iyi nama, Jo Lomas, yavuze ko ibigo by’ishoramari mu Rwanda bikwiye kugaragaza ibyo byagezeho, gusa akagaragaza ko u Rwanda hari byinshi rumaze gukora harimo ibijyanye no guteza imbere indabo, ikoranabuhanga no guhanga udushya.

Ati “Kuba u Rwanda rwaragaragaje ko ari igihugu gifasha ishoramari, guhanga udushya, ibi nibyo byatumye ibigo bikomeye nka Volkswagen biza mu gihugu, aha niho u Rwanda rwagaragaza nk’ahantu heza h’ishoramari.”

Uyu muyobozi kandi agaragaza ko bimwe mu bizaba biri muri iyi nama, ari uko u Rwanda ruzafata umwanya wo kuyobora uyu muryango mu gihe cy’imyaka ibiri.

Agaragaza ko iyi nama igomba gutanga umusaruro ukomeye, akaba ari nayo mpamvu banahisemo ko baganira ku bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere.

“Uburyo bwiza bwo kubikora ni uguhitamo ibintu bitanga umusaruro, niyo mpamvu twahismo imihindagurikire y’ikirere kugira ngo bibe mu byo tugomba kuganiraho, twiteze kuzabona abanyamuryango bafata iya mbere nu guhangana n’ibi bibazo.”

Muri Mutarama uyu mwaka, u Bwongereza bwakiriye inama yabuhuje n’umugabane wa Afurika.

Uyu muyobozi ubwo yabazwaga ibyo atekereza byaba byarafashije u Rwanda, yavuze ko ari byinshi ariko uruhare runini rufitwe n’ibigo by’ishoramari.

Yagize ati “Ku ruhande rumwe, ni uruhare rw’ibihugu ndetse n’ibigo kuba byashaka uko bikorana, twakoze nk’abantu bafasha ngo tubahuze, ariko uruhare runini byari ugutanga amahirwe kugira ngo hafungurwe iyo nzira, ubu hari ibiganiro bikomeye nyuma y’iyi nama kandi twizera ko hazavamo ibintu byiza.”

Yasobanuye kandi ko ku nshuro ya mbere u Rwanda rwagurishije ku isoko ry’u Bwongereza impapuro mpeshwamwenda ibi bikorwa mu maso y’abashoramari.

Ambasaderi Jo Lomas asanga hari byinshi u Bwongereza bwashoramo imari mu Rwanda birimo n’indabo.

Ati “Dutekereza ko hari byinshi byakorwa mu bijyanye no kuba indabo zatunganywa, ahandi ni nko mu by’ubuzima, gutegura inama, ubukerarugendo, twagiye kandi dukorana no mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ariko uruhare runini rufitwe n’u Rwanda.”

Avuga ko u Bwongereza bwiyemeje gushora arenga miliyari 11 z’ama-pound mu rwego mpuzamahanga mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere mu myaka itanu iri imbere, akagaragaza ko iki gihugu cyagiye gifatanya n’ikigo FONERWA kugira ngo u Rwanda rugire uburyo rufashwa mu kugera ku nkunga zitandukanye.

Src : Igihe

2020-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali
IMIKINO

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Abangavu b’u Rwanda begukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball basesekaye i Kigali
Amakuru

Abangavu b’u Rwanda begukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball basesekaye i Kigali

Ubwanditsi 02 May 2023
Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana
Amakuru

Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana

Ubwanditsi 09 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru