• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Ubwanditsi 18 Feb 2020 UBUKUNGU

Mu gihe hasigaye gusa amezi ane ngo u Rwanda rwakire inama ikomeye y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bikoresha Icyongereza (CHOGM), iki gihugu cyatangaje ko gahunda zose bigaragara ko ziri ku murongo nubwo mu mezi asigaye hari ibirimo gukorwamo.

Inama ya CHOGM biteganyijwe ko izaba ku wa ‎22–27 Kamena 2020, izitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 53 bikoresha ururimi rw’Icyongereza.

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Jo Lomas, yatangaje ko igihugu kirimo gukoresha ingufu kugira ngo ibisigaye bigerweho.

Yagize ati “Uku kwitegura kuri mu ngeri zitandukanye harimo kubaka imihanda, gutegura abantu, inzego za leta uburyo zirimo gutegura ibintu bizakoreshwa, kubaka amahoteli n’ibindi, mu mezi asigaye haracyari bimwe byo gukora ariko niho twari turi mu myaka ibiri ishize ubwo twakiraga inama nk’iyi.”

“Ariko turi mu nzira nziza, kuri buri wese utegura inama nk’iyi ahura n’imbogamizi, nubwo hari imbogamizi ariko navuga ko u Rwanda rurimo gukora ibintu byiza.”

Ambasaderi Lomas ubwo yabazwaga uburyo u Bwongereza n’ubunyamabanga bwa CHOGM barimo gufatanya n’u Rwanda, yasobanuye ko hari ubufatanye buhari.

Yagize ati “Nitwe twakiriye inama iheruka ubu icyo turimo gukora ni ugusangizanya ubunararibonye mu mitegurire no gusubiza ibibazo. Hari ibibazo by’uko ibintu nka biriya bikorwa ari byo tuganiraho mu nama”.

Izaba ari inama y’u Rwanda, hari ibintu bike batwigiraho nk’abantu baheruka kuyakira ariko barimo kuyitegura mu buryo bwabo.”

Avuga ko CHOGM izashyira u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga, kuko hari abantu bamwe bakibona u Rwanda mu rwego rw’Igihugu cyahuye na Jenoside yakorewe Abatutsi gusa, bakaba batazi ibyo u Rwanda rwagezeho.

Ati “Abantu benshi bazasobanukirwa ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 26 ishize kuko ni byinshi, bamwe mu bacuruzi bazatekerezaga gukorana n’u Rwanda, hazaba hari amahirwe ku bantu yo kumenya uburyo u Rwanda rwabafasha byaba mu bukerarugendo n’ibindi.”

“Hazaba kandi inama y’abacuruzi, ubwo nari mu Bwongereza mu nama yahuje iki gihugu na Afurika, nitabiriye inama na RDB, twabonyemo abacuruzi barenga 40 bishimiye uburyo u Rwanda rwabafasha, ndatekereza ko ari na ko bizagenda kandi hari amahirwe menshi azava muri iyo nama.”

Ubwo yabazwaga ku mpamvu abona abashoramari bitabira iyi nama, Jo Lomas, yavuze ko ibigo by’ishoramari mu Rwanda bikwiye kugaragaza ibyo byagezeho, gusa akagaragaza ko u Rwanda hari byinshi rumaze gukora harimo ibijyanye no guteza imbere indabo, ikoranabuhanga no guhanga udushya.

Ati “Kuba u Rwanda rwaragaragaje ko ari igihugu gifasha ishoramari, guhanga udushya, ibi nibyo byatumye ibigo bikomeye nka Volkswagen biza mu gihugu, aha niho u Rwanda rwagaragaza nk’ahantu heza h’ishoramari.”

Uyu muyobozi kandi agaragaza ko bimwe mu bizaba biri muri iyi nama, ari uko u Rwanda ruzafata umwanya wo kuyobora uyu muryango mu gihe cy’imyaka ibiri.

Agaragaza ko iyi nama igomba gutanga umusaruro ukomeye, akaba ari nayo mpamvu banahisemo ko baganira ku bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere.

“Uburyo bwiza bwo kubikora ni uguhitamo ibintu bitanga umusaruro, niyo mpamvu twahismo imihindagurikire y’ikirere kugira ngo bibe mu byo tugomba kuganiraho, twiteze kuzabona abanyamuryango bafata iya mbere nu guhangana n’ibi bibazo.”

Muri Mutarama uyu mwaka, u Bwongereza bwakiriye inama yabuhuje n’umugabane wa Afurika.

Uyu muyobozi ubwo yabazwaga ibyo atekereza byaba byarafashije u Rwanda, yavuze ko ari byinshi ariko uruhare runini rufitwe n’ibigo by’ishoramari.

Yagize ati “Ku ruhande rumwe, ni uruhare rw’ibihugu ndetse n’ibigo kuba byashaka uko bikorana, twakoze nk’abantu bafasha ngo tubahuze, ariko uruhare runini byari ugutanga amahirwe kugira ngo hafungurwe iyo nzira, ubu hari ibiganiro bikomeye nyuma y’iyi nama kandi twizera ko hazavamo ibintu byiza.”

Yasobanuye kandi ko ku nshuro ya mbere u Rwanda rwagurishije ku isoko ry’u Bwongereza impapuro mpeshwamwenda ibi bikorwa mu maso y’abashoramari.

Ambasaderi Jo Lomas asanga hari byinshi u Bwongereza bwashoramo imari mu Rwanda birimo n’indabo.

Ati “Dutekereza ko hari byinshi byakorwa mu bijyanye no kuba indabo zatunganywa, ahandi ni nko mu by’ubuzima, gutegura inama, ubukerarugendo, twagiye kandi dukorana no mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ariko uruhare runini rufitwe n’u Rwanda.”

Avuga ko u Bwongereza bwiyemeje gushora arenga miliyari 11 z’ama-pound mu rwego mpuzamahanga mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere mu myaka itanu iri imbere, akagaragaza ko iki gihugu cyagiye gifatanya n’ikigo FONERWA kugira ngo u Rwanda rugire uburyo rufashwa mu kugera ku nkunga zitandukanye.

Src : Igihe

2020-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

Ubwanditsi 31 Jan 2020
Ibiciro ku masoko byiyongereyeho 3.0% muri Gicurasi

Ibiciro ku masoko byiyongereyeho 3.0% muri Gicurasi

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ubwanditsi 04 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!
Amakuru

Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!

Ubwanditsi 18 Jan 2021
Urugaga rw’Abavoka rurasaba Polisi gutanga amakuru afatika ku iyicwa rya Me Toy
Mu Mahanga

Urugaga rw’Abavoka rurasaba Polisi gutanga amakuru afatika ku iyicwa rya Me Toy

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis
POLITIKI

Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis

Ubwanditsi 20 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru