• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

Ubwanditsi 16 Jan 2019 UBUKUNGU

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 115 z’amayero, abarirwa muri miliyari 116 Frw, azakoreshwa mu mushinga mugari wo gukwirakwiza amazi meza mu gihugu.

Aya masezerano yasinyiwe i Kigali na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuyobozi wa Afdb mu Rwanda, Martha Phiri kuri uyu wa 16 Mutarama 2019.

Ni inguzanyo y’inyongera kuri miliyoni €146.9 yatanzwe mu cyiciro cya mbere mu 2018 mu mushinga uhagaze miliyoni €261.9.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ko inguzanyo u Rwanda rwahawe ingana na miliyoni €114, 2 z’inguzanyo n’inkunga y’ibihumbi €800.

Yagize ati “Ni inguzanyo izafasha mu ntego yacu yo kugeza amazi mu ngo zose nkuko biri muri gahunda za Guverinoma z’iterambere mu 2024.’’

Umuyobozi wa AfDB mu Rwanda, Martha Phiri, yavuze ko isinywa ry’amasezerano rishimangira imikoranire ku mpandr zombi.

Yagize ati “Iyi nguzanyo irongera ubufasha banki itanga mu rwego rw’amazi n’isukura mu Rwanda ho miliyoni €282. Ni ikimenyetso kigaragaza icyifuzo n’umuhate wacu mu gufasha u Rwanda mu ntego zarwo zo kugera ku iterambere ry’imibereho n’ubukungu bw’abarutuye.’’

Inguzanyo yatanzwe izifashishwa mu kubaka ibikorwa remezo by’amazi mu turere 15 turimo Nyagatare, Gatsibo, Kayonza, Ngoma, Bugesera, Ruhango, Nyanza, Muhanga, Ngororero, Kamonyi, Musanze, Nyabihu, Rubavu, Karongi na Rutsiro.

Abagerwaho amazi muri utu duce bari hagati ya 9% na 79%, ku mpuzandengo ya 45%, ifatwa nk’igipimo kiri hasi y’icyo ku rwego rw’igihugu cya 85%.

Izanafasha kandi mu ishyirwaho ry’ibikorwa bifasha mu isukura mu bigo 10 no kongerera ubushobozi imiyoboro y’amazi mu byaro.

Iyi nguzanyo izafasha abantu miliyoni 1.5 barimo ibihumbi 700 bo mu mijyi yiyubaka no mu byaro kugerwaho na serivisi nziza z’amazi.

Ni inguzanyo ihendutse izishyurwa mu myaka 25, irimo umunani yasonewe, ku nyungu ya 1.65%.

Uyu mushinga wose uzarangira muri Kamena 2023 biteganyijwe ko uzasozwa, abagera kuri miliyoni 5.4 bawungukiyemo.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), Muzola Aimé, yavuze ko inguzanyo yatanzwe izakoreshwa mu mishinga umunani yagutse.

Yagize ati “Igice cya mbere cy’inguzanyo yatanzwe mu 2018 cyakoreshejwe mu kwagura imiyoboro y’amazi mu mijyi. Icya kabiri kizakoreshwa cyane mu byaro.’’

Wasac irateganya kubaka inganda zitunganya amazi i Nyagatare, Gatsibo, uruzubakwa ku Kiyaga cya Sake kizahaza Ngoma na Rwamagana; gufata amazi ava i Mutobo ajyanwa Musanze na Nyabihu.

Muri Gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST1) ya 2017-2014, u Rwanda rwiyemeje ko mu myaka irindwi abaturage bose, ibigo nderabuzima, amashuri na sosiyete z’ubucuruzi zizagerwaho na serivisi z’amazi n’isukura ku 100%.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), Martha Phiri, ni bo bashyize umukono kuri aya masezerano

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) ifasha u Rwanda mu bijyanye n’Amazi n’Isukura, Ubwikorezi, Ingufu, Ubuhinzi n’Iterambere ry’Urwego rw’Abikorera

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yavuze ko iyi nguzanyo izafasha u Rwanda mu guhaza Abanyarwanda bagerwaho n’amazi meza

Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), Martha Phiri, yavuze ko bazakomeza gushyigikira icyerekezi cy’u Rwanda mu gukwirakwiza serivisi z’amazi n’isukura mu baturage

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), Muzola Aimé, yavuze ko Abanyarwanda bagerwaho n’amazi meza ari 83%. Babarwa k’ushobora kubona amazi muri metero 200 mu mujyi na 500 mu cyaro

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Ubwanditsi 23 May 2018
Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018
I&M Bank yungutse miliyari 6.5 Frw mu 2017

I&M Bank yungutse miliyari 6.5 Frw mu 2017

Ubwanditsi 16 Mar 2018
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Ubwanditsi 26 Jun 2024

2 Ibitekerezo

  1. Claude K
    January 17, 20191:21 pm -

    Nk’uko Leta yacu ihora itugezaho ibyiza, abaturage bo mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Ntarama, Akagali ka Kanzenze bifuza ko Leta yabafasha bakabona amazi, Mu midugudu igize akagali ka Kanzenze (Cyeru, Karumuna, Kabeza n’ahandi) hari amazu menshi agezweho ajyanye n’igihe tugezemo, ariko baracyafite ikibazo cy’amazi meza. Abahatuye bakoresha abanyamagare kuvoma amazi aho ijerekani imwe igura amafaranga magana abiri.

    Leta ifashe abaturage babone amazi.

    Murakoze

    Subiza
  2. Nkunda
    January 22, 20198:48 am -

    Muri Gasabo, ku mashuri y’ahitwa Musave, hanyujijwe amatiyo amaze igihe nta mazi anyuramo. Anayeshuri n’ubu baracyasaba amazi mu baturage baba bayavomye mu mibande kdi hanyura amatiyo atabamo n’igitonyanga. kuri ayo mafaranga nabo mubatekerezeho.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali yasubitse ibirori bya APR FC, ni nyuma yo kunganya 2-2 mu mukino wa shampiyona utarabereye igihe
Amakuru

AS Kigali yasubitse ibirori bya APR FC, ni nyuma yo kunganya 2-2 mu mukino wa shampiyona utarabereye igihe

Ubwanditsi 16 Apr 2024
Umunya – Eritrea, Merhawi Kudus, niwe wegukanye Tour du Rwanda 2019
IMIKINO

Umunya – Eritrea, Merhawi Kudus, niwe wegukanye Tour du Rwanda 2019

Ubwanditsi 03 Mar 2019
Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane
Amakuru

Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

RUSHYASHYA 23 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru