• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

Ubwanditsi 16 Jan 2019 UBUKUNGU

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 115 z’amayero, abarirwa muri miliyari 116 Frw, azakoreshwa mu mushinga mugari wo gukwirakwiza amazi meza mu gihugu.

Aya masezerano yasinyiwe i Kigali na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuyobozi wa Afdb mu Rwanda, Martha Phiri kuri uyu wa 16 Mutarama 2019.

Ni inguzanyo y’inyongera kuri miliyoni €146.9 yatanzwe mu cyiciro cya mbere mu 2018 mu mushinga uhagaze miliyoni €261.9.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ko inguzanyo u Rwanda rwahawe ingana na miliyoni €114, 2 z’inguzanyo n’inkunga y’ibihumbi €800.

Yagize ati “Ni inguzanyo izafasha mu ntego yacu yo kugeza amazi mu ngo zose nkuko biri muri gahunda za Guverinoma z’iterambere mu 2024.’’

Umuyobozi wa AfDB mu Rwanda, Martha Phiri, yavuze ko isinywa ry’amasezerano rishimangira imikoranire ku mpandr zombi.

Yagize ati “Iyi nguzanyo irongera ubufasha banki itanga mu rwego rw’amazi n’isukura mu Rwanda ho miliyoni €282. Ni ikimenyetso kigaragaza icyifuzo n’umuhate wacu mu gufasha u Rwanda mu ntego zarwo zo kugera ku iterambere ry’imibereho n’ubukungu bw’abarutuye.’’

Inguzanyo yatanzwe izifashishwa mu kubaka ibikorwa remezo by’amazi mu turere 15 turimo Nyagatare, Gatsibo, Kayonza, Ngoma, Bugesera, Ruhango, Nyanza, Muhanga, Ngororero, Kamonyi, Musanze, Nyabihu, Rubavu, Karongi na Rutsiro.

Abagerwaho amazi muri utu duce bari hagati ya 9% na 79%, ku mpuzandengo ya 45%, ifatwa nk’igipimo kiri hasi y’icyo ku rwego rw’igihugu cya 85%.

Izanafasha kandi mu ishyirwaho ry’ibikorwa bifasha mu isukura mu bigo 10 no kongerera ubushobozi imiyoboro y’amazi mu byaro.

Iyi nguzanyo izafasha abantu miliyoni 1.5 barimo ibihumbi 700 bo mu mijyi yiyubaka no mu byaro kugerwaho na serivisi nziza z’amazi.

Ni inguzanyo ihendutse izishyurwa mu myaka 25, irimo umunani yasonewe, ku nyungu ya 1.65%.

Uyu mushinga wose uzarangira muri Kamena 2023 biteganyijwe ko uzasozwa, abagera kuri miliyoni 5.4 bawungukiyemo.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), Muzola Aimé, yavuze ko inguzanyo yatanzwe izakoreshwa mu mishinga umunani yagutse.

Yagize ati “Igice cya mbere cy’inguzanyo yatanzwe mu 2018 cyakoreshejwe mu kwagura imiyoboro y’amazi mu mijyi. Icya kabiri kizakoreshwa cyane mu byaro.’’

Wasac irateganya kubaka inganda zitunganya amazi i Nyagatare, Gatsibo, uruzubakwa ku Kiyaga cya Sake kizahaza Ngoma na Rwamagana; gufata amazi ava i Mutobo ajyanwa Musanze na Nyabihu.

Muri Gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST1) ya 2017-2014, u Rwanda rwiyemeje ko mu myaka irindwi abaturage bose, ibigo nderabuzima, amashuri na sosiyete z’ubucuruzi zizagerwaho na serivisi z’amazi n’isukura ku 100%.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), Martha Phiri, ni bo bashyize umukono kuri aya masezerano

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) ifasha u Rwanda mu bijyanye n’Amazi n’Isukura, Ubwikorezi, Ingufu, Ubuhinzi n’Iterambere ry’Urwego rw’Abikorera

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yavuze ko iyi nguzanyo izafasha u Rwanda mu guhaza Abanyarwanda bagerwaho n’amazi meza

Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), Martha Phiri, yavuze ko bazakomeza gushyigikira icyerekezi cy’u Rwanda mu gukwirakwiza serivisi z’amazi n’isukura mu baturage

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), Muzola Aimé, yavuze ko Abanyarwanda bagerwaho n’amazi meza ari 83%. Babarwa k’ushobora kubona amazi muri metero 200 mu mujyi na 500 mu cyaro

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Ubwanditsi 19 Sep 2018
RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Ubwanditsi 23 May 2018

2 Ibitekerezo

  1. Claude K
    January 17, 20191:21 pm -

    Nk’uko Leta yacu ihora itugezaho ibyiza, abaturage bo mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Ntarama, Akagali ka Kanzenze bifuza ko Leta yabafasha bakabona amazi, Mu midugudu igize akagali ka Kanzenze (Cyeru, Karumuna, Kabeza n’ahandi) hari amazu menshi agezweho ajyanye n’igihe tugezemo, ariko baracyafite ikibazo cy’amazi meza. Abahatuye bakoresha abanyamagare kuvoma amazi aho ijerekani imwe igura amafaranga magana abiri.

    Leta ifashe abaturage babone amazi.

    Murakoze

    Subiza
  2. Nkunda
    January 22, 20198:48 am -

    Muri Gasabo, ku mashuri y’ahitwa Musave, hanyujijwe amatiyo amaze igihe nta mazi anyuramo. Anayeshuri n’ubu baracyasaba amazi mu baturage baba bayavomye mu mibande kdi hanyura amatiyo atabamo n’igitonyanga. kuri ayo mafaranga nabo mubatekerezeho.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe  inka n’inyana yayo
INKURU NYAMUKURU

Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe inka n’inyana yayo

Ubwanditsi 26 May 2018
Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi  n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens  niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi
IMIKINO

Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi

Ubwanditsi 15 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru