• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amahanga arifuza ikoranabuhanga ryahimbwe n’Abanyarwanda mu gukurikirana abanyeshuri

Amahanga arifuza ikoranabuhanga ryahimbwe n’Abanyarwanda mu gukurikirana abanyeshuri

Ubwanditsi 29 Nov 2016 Mu Mahanga

Muganga M. Mariam na Ikuzwe Christian ni Abanyarwanda batangije ikoranabuhanga rifasha ababyeyi gukurikirana abana babo aho babohereje ku ishuri ku buryo indangamanota bazibona kuri telefoni cyangwa ku butumwa bwo kuri internet.

Si indangamanota gusa kuko no mu gihe umunyeshuri asabye uruhushya ryo kujya ahantu aho ari ho hose, ababyeyi be bahabwa ubutumwa kuri telefoni busobanura ko ikigo yigaho hari aho kimwohereje bityo hakirindwa ko ababyeyi babeshywa ibikorwa abana babo baba barimo ku ishuri.

Tariki 18 Ugushyingo uyu mwaka i Bangkok muri Thailand nibwo Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ikoranabuhanga mu Itumanaho (ITU) ryahembye uyu mushinga wiswe Academic Bridge nk’umwe mu mishinga y’icyitegererezo mu guhindura uburezi.

Kugeza ubu mu Rwanda hari ibigo bitandukanye byifashisha iri koranabuhanga birimo nka Lycée de Kigali, Ecole Internationale de Kigali, Riviera High School, Gashora Girls Academy, Gahogo Adventist Academy, Sonrise School, Good Harvest Primary School, CMS APADEM, Muhabura Integrated Polytechnic College, Keystone School, Wisdom School, Kagarama Secondary School n’ibindi.

Ikuzwe na Muganga babwiye izubarirashe.rw ko ubu hari ibihugu byifuza ko Academic Bridge yakoreshwa iwabo birimo nka Cameroun, Tanzania, Benin, Kenya n’u Burundi bwo ngo batangiye ibiganiro.

Ikuzwe watangiye iki gitekerezo ubwo yigaga muri Kaminuza ya Dar es Salaam muri Tanzania, avuga ko hari ibibazo bibiri yifuzaga ko byabonerwa umuti.

Yagize ati “Nk’ishuri nigagaho mu mashuri yisumbuye rya Collège Adventiste de Gitwe bagiraga ibibazo by’indangamanota. Kwa kundi ibizamini birangira abana bakazataha nyuma y’icyumweru kubera ko abarimu bibatwara umwanya munini mu gutegura izo ndangamanota rimwe na rimwe ugasanga ziriho n’amakosa.”

Akomeza agira ati “Ikindi kibazo cyari uburyo ababyeyi bakurikirana abana babo bohereje ku ishuri. Ku ishuri twari 1000 urumva ko ababyeyi bose batashoboraga guhamagara umuyobozi w’ikigo bose ntiyabivamo.Ni yo mpamvu ubu buryo twakoze bworoshya gucunga ikigo no kugenzura abanyeshuri kuko n’uwasibye isomo ababyeyi be babimenya.”

Muganga Mariam warangije muri Kaminuza y’u Rwanda mu Ishami ry’Ubumenyi mu Ikoranabuhanga (Computer Science) ari na we ubu uyobora uyu mushinga, avuga ko akurikije ibitekerezo bakira, ari uko ngo abakoresha iri koranabuhanga bagenda babona ko riborohereza akazi kandi n’ababyeyi ngo ntibakibeshywa ku bijyanye n’indangamanota ndetse n’imyitwarire y’abana babo.

-4863.jpg

Academic Bridge yahembwe n’umushinga w’ikoranabuhanga riteza imbere uburezi kubera ubuhanga mu gukurikirana imyigire y’abanyashuri

Umubyeyi witwa Nyabutsitsi Gérald afite abana babiri biga kuri Ecole Interantionale de Kigali, aho umwe ari mu wa gatandatu undi akaba ari mu wa kabiri.

Avuga ko akamaro iri koranabuhanga ribafitiye ari uko bomworerezwa amanota y’abana kandi na we akaba yayoherereza n’undi muntu igihe aba atari kumwe n’undi mubyeyi atiriwe yitwaza ibipapuro ngo amusange aho ari.

Yagize ati “Hari igihe uba uri nk’ahantu tuvuge nk’umwana akajya gushaka indangamanota ugasanga atayibonye, ariko iyo ufite nka smart phone yawe cyangwa kuri mudasobwa ubona amanota ye aho waba uri hose.”

Yunzemo ati “Njyewe ku giti cyanjye ntabwo ndatangira kuyikoresha cyane ariko ikintu cyiza nabonye ni uko ushobora no gusubiza nk’iyo bakwandikiye. Urebye nibwo tukibitangira ni umwaka wa mbere. Akenshi abarimu babigisha tuba dufite telefoni zabo ari ubu buryo bwo buranoze. Kugeza ubu ubutumwa nabonye ni ubujyanye n’indangamanota z’abana z’ibihembwe bibiri bishize, ibindi sindatangira kubikoresha.”

Hategekimana Assiel uyobora Gahogo Adventist Academy yo mu mujyi wa Muhanga, avuga ko usibye n’imikorere yorohejwe, mu bijyanye n’imyitwaririre hari byinshi iri koranabuhanga ryahinduye.

Yagize ati “Ubu iyo twakiriye umwana ikintu cyose umunyeshuri akora umubyeyi arakimenya. Ubwo rero ni ukuvuga ngo uburyo baba bana bitwaraga nk’iyo yitwaraga nabi, agira ubwo bwoba bwo kumva y’uko ibyo azakorera ku ishuri umubyeyi ahita abimenya ku buryo wenda na we ashobora kumucyaha mu buryo runaka cyangwa se akamufatira indi myanzuro. Niba akunda gukererwa, adafata note, byose umwarimu yinjira muri system agashyiramo amakuru.”

Uyu muyobozi avuga ko kandi ubu nk’amakarita y’imyitwarire ubu atakiri ngombwa kuko ngo abana bazitakazaga ku bushake kuko yabonaga amaze gukurwaho amanota menshi mu myitwarire.

Academic Bridge kandi ngo yafashije mu byakunze kugaragara aho abanyeshuri bahimba indangamanota ku buryo ubu bitakiborohera kuko ngo n’abashaka guhindura ibigo bigaho bagahimba indangamanota bitakiborohera.

-4864.jpg

ITU yahembye imishinga itandukanye mu ikoranabuhanga ku Isi hose

Source: Izubarirashe

2016-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyerondo bo mu karere ka Kicukiro baburijemo umugambi wo kwiba.

Abanyerondo bo mu karere ka Kicukiro baburijemo umugambi wo kwiba.

Ubwanditsi 10 Mar 2016
umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Ubwanditsi 17 Jun 2022
Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Ubwanditsi 29 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda Rugiye Kwakira abandi bashyitsi bahoze ari Abayobozi muri Afurika 7 bazitabira inama ya ALF
ITOHOZA

U Rwanda Rugiye Kwakira abandi bashyitsi bahoze ari Abayobozi muri Afurika 7 bazitabira inama ya ALF

Ubwanditsi 29 Jul 2018
Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe
POLITIKI

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika
Amakuru

Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika

Ubwanditsi 06 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru