• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Ubwanditsi 27 Jun 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ku byinshimo afite byo kubona imodoka yamenye ubwenge asanga mu Rwanda ari nayo ya mbere ikoze amateka mu kuhakorerwa.

U Rwanda rwanditse andi mateka yo kugira uruganda ruteranya imodoka, igikorwa kije kiyunga ku yindi mishinga myinshi rwatangiye yo kurufasha kuba ubukombe.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Kamena 2018, Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro uruganda rw’Abadage rwa Volkswagen ruzajya tuteranya imodoka zigurishwa mu Rwanda no mu karere.

Igikorwa yemeza ko ari inkuru nziza kuri Afurika bitewe n’amateka y’u Rwanda n’intego y’aho rwifuza kugera mu bukungu.

Yagize ati “Ndibuka ko imodoka ya mbere nabonye mu Rwanda ndi umwana, mbere y’uko twirukanwa muri iki gihugu, ari imodoka ya Beetle (Gikeri). Icyo gihe moteri yazo yabaga inyuma. None uyu munsi twongeye kubona imodoka za Volkswagen mu Rwanda zihakorerwa.”

JPEG - 132.2 kb
Iyi ni yo modoka ya mbere yateranirijwe mu Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko mbere y’uko amasezerano yo gutangiza urwo ruganda mu Rwanda atangazwa, abantu benshi batiyumvishaga ko uruganda nka Volkswagen rushobora kuza gukorera mu Rwanda.

Ariko yemeza ko gutangira k’urwo ruganda bihise bihindura isura y’urugendo rugana ku bukungu bw’u Rwanda.

Ati “Ni inkuru nziza kuri Afurika kuko bigaragaza ko inganda zikomeye z’i Burayi zitamenyekanisha ibyo zikora muri Afurika gusa kuko zanahakura abaguzi.”

Perezida Kagame yanavuze ko gukora imodoka nshya bizakuraho imyumvire yo kumva ko Afurika ari ho hajugunywa ibintu byakoreshejwe n’abandi.

Uruganda rwa Volkswagen rutangije igice cyo mu Rwanda nyuma y’igihe kigera ku mwaka rutegerejwe na benshi, mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Ruzatangira rukora amoko abiri y’imodoka ari yo Hatchback Polo na Passat, nk’uko Michaella Rugwizangoga Umuyobozi wa Volkswagen mu Rwanda yabitangaje.

Yavuze ko imodoka 150 za mbere zizakorwa, zizakora mu buryo bwo kuzikodesha, mbere y’uko batangira kuzigurisha ku baturage.

Umuyobozi mukuru wa Volkswagen muri Afurika y’Epfo, Thomas Schafer, yavuze ko politiki y’u Rwanda yo gukorera mu mucyo no kutihanganira ruswa ndetse n’umutekano igihugu gitanga biri mu byabakuruye baza gukorera mu Rwanda.

2018-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 4.6% mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 4.6% mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2017

Ubwanditsi 06 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.
Mu Mahanga

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Ubwanditsi 28 Jul 2016
Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Nov 2025
Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru
Mu Mahanga

Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 12 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru