• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018 UBUKUNGU

Muri Werurwe uyu mwaka ibihugu 44 bihurira mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, byashyize umukono ku masezerano ashyiraho isoko rusange ry’ibi bihugu, AfCFTA, yitezweho guhindura uburyo ibihugu bigize uyu mugabane bihahirana hagati yabyo.

Impuguke zitandukanye zisanga Afurika ikeneye gushyiraho ibikorwa remezo ndetse igasubukura gahunda yo gushyiraho ifaranga rimwe ihuriyeho, kugira ngo intego ziri mu masezerano y’isoko rusange no koroshya urujya n’uruza zigerweho nta nzitizi.

Mu kiganiro cyatangiwe mu nama ya Transform Africa 2018, cyiga cyane ku kwihutisha ibikorwa byo guhuza isoko ry’ikoranabuhanga ku mugabane wa Afurika, hagaragajwe ko igihe kigeze ngo uyu mugabane ushyireho ifaranga ridafite igihugu rishingiyeho kandi ntirishobore kugaragara cyangwa ngo rifatwe mu ntoki ryitwa ‘Cryptocurrency’.

Iki kiganiro cyatanzwe na Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, Dr Monique Nsanzabaganwa; Dr Craig Wright, wo muri Chain Group; Tunde Ladipo na Stellar Charles Hoskinson; Umuyobozi Mukuru wa IOHK Thibault Verbiest na Minette Libom Li Likeng, Minisitiri w’Itumanaho na serivisi z’iposita muri Cameroon.

Dr Wright, avuga ko niba Afurika ishaka gucuruzanya hagati yayo ikagira ijwi rimwe nk’umugabane kandi ikazamura ubucuruzi bukorwa hagati y’ibihugu bya Afurika buri kuri 16%, ari ngombwa gushyiraho ifaranga rimwe.

Yagize ati “Niba dushaka gucuruzanya kandi umugabane wacu ukagira agaciro twifuza ugatera imbere, ni ngombwa ko dushyiraho ifaranga riduhuza tukareka gushingira ubukungu bwacu ku ifaranga ry’amahanga.”

Yongeraho ko hashyizweho ifaranga ryo mu ikoranabuhanga byaba byiza ariko bikagendana no gushyiraho amategeko n’indi mirongo ngenderwaho, kugira ngo hatagira ingaruka ateza.

Dr Nsanzabaganwa yavuze ko ikoranabuhanga muri serivisi z’imari ari ingenzi kandi ryatangiye gutanga umusaruro, aho ikoranabuhanga rya telefoni ngendanwa rimaze guhindura ubuzima bw’abaturage mu bijyanye n’imari.

Ku bijyanye no gukoresha ifaranga ryo mu ikoranabuhanga ku rwego rwa Afurika, yavuze ko ari ngombwa kubanza kumva ibyago n’amahirwe abirimo, kugira ngo abaturage bazabyaze umusaruro iryo koranabuhanga babisobanukiwe neza.

Yagize ati “Kuri ubu hari ibitagaragazwa kuri ayo mafaranga yo kuri internet, ku buryo tugomba kubanza kumenya ibyago birimo mu kurwanya iyezandonke n’iterabwoba ryifashishije serivisi z’imari. Tugomba kureba uburyo turengera uyakoresha niba hari ibitavugwaho rumwe kuri ayo mafaranga, tukamenya ni ikihe kibazo kirimo.”

Kuri ubu u Rwanda rugira abantu inama yo kwirinda gukoresha amafaranga yadutse yo mu ikoranabuhanga kuko ibyayo bitarasobanuka neza. Ruvuga ko kuri ubu nta mategeko afatika arajyaho agenga uko bayishyurana uretse igisa n’ubwumvikane bw’abantu bayakoresha.

Banki Nkuru y’Igihugu yashyizeho komite irimo kwiga kuri aya mafaranga, ku buryo izagaragaza niba koko iri koranabuhanga ryakwemerwa rikoroshya ubuzima bw’abantu.

Ku ruhande rwa Charles Hoskinson, asanga mbere y’uko Afurika ishyiraho ifaranga rimwe ryo mu ikoranabuhanga, ikwiye kubanza kwigisha abaturage bakabigiraho ubumenyi buhagije kandi hagashyirwaho ibikorwa remezo bizaborohereza kurikoresha.

Yagize ati “Guverinoma zikwiye kwigisha abaturage ibijyanye n’aya mafaranga yo mu ikoranabuhanga bagendeye ku bushakashatsi bwagiye buyakorwaho. Ibi bizatuma abaturage bazayakoresha bayasobanukiwe bityo n’impungenge z’uko bayahomberamo ziveho.”

Ibijyanye no gushyiraho ifaranga rimwe rya Afurika biherutse kugarukwaho na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, wavuze ko byaba byiza uyu mugabane ugize ifaranga rimwe nk’uko n’Umuryango w’Ubumwe bw’ Burayi urifite.

Yavuze ko Abanyafurika bagomba kurenga umurage mubi w’Abakoloni wo guhora bakoresha amafaranga y’amanyamahanga, bagashyiraho iryabo rizabafasha gucuruzanya.

Ku rundi ruhande ariko abahanga mu by’ubukungu bemeza ko gushyiraho ifaranga rimwe umugabane wose uhuriyeho bitoroshye, bitewe n’ubukungu bwa byinshi mu bihugu byawo buri ku rwego rwo hasi.

Bemeza ko igishoboka ari ugushyiraho ifaranga rihuriweho n’akarere runaka kuko usanga ibihugu bikagize biba bifite ubukungu bujya kwegerana.

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Ubwanditsi 12 Dec 2017
“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 May 2018
Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera
INKURU NYAMUKURU

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe
Amakuru

Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Ubwanditsi 09 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru