• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018 UBUKUNGU

Muri Werurwe uyu mwaka ibihugu 44 bihurira mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, byashyize umukono ku masezerano ashyiraho isoko rusange ry’ibi bihugu, AfCFTA, yitezweho guhindura uburyo ibihugu bigize uyu mugabane bihahirana hagati yabyo.

Impuguke zitandukanye zisanga Afurika ikeneye gushyiraho ibikorwa remezo ndetse igasubukura gahunda yo gushyiraho ifaranga rimwe ihuriyeho, kugira ngo intego ziri mu masezerano y’isoko rusange no koroshya urujya n’uruza zigerweho nta nzitizi.

Mu kiganiro cyatangiwe mu nama ya Transform Africa 2018, cyiga cyane ku kwihutisha ibikorwa byo guhuza isoko ry’ikoranabuhanga ku mugabane wa Afurika, hagaragajwe ko igihe kigeze ngo uyu mugabane ushyireho ifaranga ridafite igihugu rishingiyeho kandi ntirishobore kugaragara cyangwa ngo rifatwe mu ntoki ryitwa ‘Cryptocurrency’.

Iki kiganiro cyatanzwe na Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, Dr Monique Nsanzabaganwa; Dr Craig Wright, wo muri Chain Group; Tunde Ladipo na Stellar Charles Hoskinson; Umuyobozi Mukuru wa IOHK Thibault Verbiest na Minette Libom Li Likeng, Minisitiri w’Itumanaho na serivisi z’iposita muri Cameroon.

Dr Wright, avuga ko niba Afurika ishaka gucuruzanya hagati yayo ikagira ijwi rimwe nk’umugabane kandi ikazamura ubucuruzi bukorwa hagati y’ibihugu bya Afurika buri kuri 16%, ari ngombwa gushyiraho ifaranga rimwe.

Yagize ati “Niba dushaka gucuruzanya kandi umugabane wacu ukagira agaciro twifuza ugatera imbere, ni ngombwa ko dushyiraho ifaranga riduhuza tukareka gushingira ubukungu bwacu ku ifaranga ry’amahanga.”

Yongeraho ko hashyizweho ifaranga ryo mu ikoranabuhanga byaba byiza ariko bikagendana no gushyiraho amategeko n’indi mirongo ngenderwaho, kugira ngo hatagira ingaruka ateza.

Dr Nsanzabaganwa yavuze ko ikoranabuhanga muri serivisi z’imari ari ingenzi kandi ryatangiye gutanga umusaruro, aho ikoranabuhanga rya telefoni ngendanwa rimaze guhindura ubuzima bw’abaturage mu bijyanye n’imari.

Ku bijyanye no gukoresha ifaranga ryo mu ikoranabuhanga ku rwego rwa Afurika, yavuze ko ari ngombwa kubanza kumva ibyago n’amahirwe abirimo, kugira ngo abaturage bazabyaze umusaruro iryo koranabuhanga babisobanukiwe neza.

Yagize ati “Kuri ubu hari ibitagaragazwa kuri ayo mafaranga yo kuri internet, ku buryo tugomba kubanza kumenya ibyago birimo mu kurwanya iyezandonke n’iterabwoba ryifashishije serivisi z’imari. Tugomba kureba uburyo turengera uyakoresha niba hari ibitavugwaho rumwe kuri ayo mafaranga, tukamenya ni ikihe kibazo kirimo.”

Kuri ubu u Rwanda rugira abantu inama yo kwirinda gukoresha amafaranga yadutse yo mu ikoranabuhanga kuko ibyayo bitarasobanuka neza. Ruvuga ko kuri ubu nta mategeko afatika arajyaho agenga uko bayishyurana uretse igisa n’ubwumvikane bw’abantu bayakoresha.

Banki Nkuru y’Igihugu yashyizeho komite irimo kwiga kuri aya mafaranga, ku buryo izagaragaza niba koko iri koranabuhanga ryakwemerwa rikoroshya ubuzima bw’abantu.

Ku ruhande rwa Charles Hoskinson, asanga mbere y’uko Afurika ishyiraho ifaranga rimwe ryo mu ikoranabuhanga, ikwiye kubanza kwigisha abaturage bakabigiraho ubumenyi buhagije kandi hagashyirwaho ibikorwa remezo bizaborohereza kurikoresha.

Yagize ati “Guverinoma zikwiye kwigisha abaturage ibijyanye n’aya mafaranga yo mu ikoranabuhanga bagendeye ku bushakashatsi bwagiye buyakorwaho. Ibi bizatuma abaturage bazayakoresha bayasobanukiwe bityo n’impungenge z’uko bayahomberamo ziveho.”

Ibijyanye no gushyiraho ifaranga rimwe rya Afurika biherutse kugarukwaho na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, wavuze ko byaba byiza uyu mugabane ugize ifaranga rimwe nk’uko n’Umuryango w’Ubumwe bw’ Burayi urifite.

Yavuze ko Abanyafurika bagomba kurenga umurage mubi w’Abakoloni wo guhora bakoresha amafaranga y’amanyamahanga, bagashyiraho iryabo rizabafasha gucuruzanya.

Ku rundi ruhande ariko abahanga mu by’ubukungu bemeza ko gushyiraho ifaranga rimwe umugabane wose uhuriyeho bitoroshye, bitewe n’ubukungu bwa byinshi mu bihugu byawo buri ku rwego rwo hasi.

Bemeza ko igishoboka ari ugushyiraho ifaranga rihuriweho n’akarere runaka kuko usanga ibihugu bikagize biba bifite ubukungu bujya kwegerana.

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya amatora  ya Perezida agiye gusubirwamo
Mu Rwanda

Kenya amatora ya Perezida agiye gusubirwamo

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Perezida Museveni  n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda
Mu Rwanda

Perezida Museveni n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye
Mu Mahanga

Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Ubwanditsi 03 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru