• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Ubwanditsi 12 Dec 2017 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko gushyira imbaraga mu guteza imbere urwego rw’abikorera ari kimwe mu byatuma gahunda y’intego zigamije iterambere rirambye (SDGs) yihuta.

Ibi yabitangarije muri Ghana kuri uyu wa 11 Ukuboza 2017, ubwo yitabiraga inama igamije kurebera hamwe uburyo ibihugu byagera ku ntego za SDGs bikanazishyira mu bikorwa.

Iyi nama iyobowe na Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, yari yitabiriwe n’abagize Akanama k’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye kashyizweho muri Mutarama 2016 ngo kamufashe kumvikanisha no guharanira igerwaho rya SDGs bitarenze 2030.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yavuze ko hari ibintu bibiri yifuza kugarukaho ku birebana na SDGs, bishingiye ku kuvugurura ibyagaragaye mu ishyirwa mu bikorwa ry’Intego z’Ikinyagihumbi (MDGs), aho bigendanye no kwiha intego nshya byagira uruhare mu guhindura imibereho y’abaturage.

Yagize ati “Icya mbere ni ugushyira imbaraga mu rwego rw’abikorera, nk’igikoresho cyo guhashya ubukene no kongera ubukungu, intego ziri mu mutima wa gahunda nyinshi z’ibihugu byacu.”

Yakomeje avuga ko gushyira SDGs muri gahunda z’ibihugu, no guharanira ko bishyirwa mu bikorwa bidashobora kugerwaho bigizwemo uruhare na guverinoma yonyine, ubufatanye n’abikorera bukaba bwatuma bagera ku musaruro wazanira inyungu impande zombi.

Yagize ati “Urugero, icyuho kiri mu kubona amafaranga yo gushyira mu bikorwa imishinga minini, cyakurwaho n’ishoramari ry’abikorera, binyuze muri gahunda ziborohereza, zishyirwaho n’inzego za leta, n’abandi bafatanyabikorwa.”

Perezida Kagame kandi yagaragaje ko icya kabiri ari uko kuri ubu iyi gahunda y’iterambere ihuriwemo n’ibihugu byose, aho kuba ibyateye imbere gusa, kuko bazi neza ko hari ibibazo bigera kuri buri wese, ibi bikazatuma hajyaho umurongo mushya w’ubufatanye ndetse n’igipimo gishya cy’intambwe igenda iterwa hagendewe ku miterere ya buri gihugu.

Perezida Kagame kandi yashimangiye ko u Rwanda ruzakomeza gufatanya n’ibindi bihugu, by’umwihariko binyuze mu kigo SDG Centre for Africa kiri i Kigali, cyashyizweho mu rwego rwo gufasha ibihugu byo ku mugabane kugira ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa Intego z’Iterambere rirambye.

SDGs nk’intego zigamije kurandura ubukene, inzara n’ibibazo byugarije abaturage bitarenze 2030, zemejwe mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 193 yabaye muri Nzeri 2015.

Izi ntego uko ari 17 zikora mu mfuruka zose z’ubuzima bw’abaturage, aho icyifuzo ari uko ubukene n’inzara ku Isi byagera kuri zeru, ubuzima n’imibereho y’abayituye bikazamuka, ireme ry’uburezi rikadadirwa, uburinganire bukimakazwa, abaturage bakagerwaho n’amazi n’isukura hakaboneka n’ingufu zihendutse kandi zitangiza ibidukikije.

Hanateganywa imirimo myiza n’iterambere ry’ubukungu, iterambere ry’inganda no guhanga udushya, kugabanya ubusumbane mu baturage, guteza imbere imijyi, kongera ibikenewe n’abaturage no kuringaniza uko bikoreshwa, kubungabunga ibidukikije n’ubuzima ku butaka no mu mazi, amahoro n’ubutabera bigasugira n’inzego zigakomezwa, kandi zose zigafatanyiriza hamwe ngo bigerweho.

2017-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Ubwanditsi 29 Aug 2018
2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Ubwanditsi 01 May 2019
RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Ubwanditsi 10 Jan 2017
BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 28 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima
Amakuru

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024
Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame
Amakuru

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ubwanditsi 27 Oct 2024
Intumwa za CARE International zashimye ibikorwa bya Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Intumwa za CARE International zashimye ibikorwa bya Isange One Stop Center

Ubwanditsi 19 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru