• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Ubwanditsi 12 Dec 2017 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko gushyira imbaraga mu guteza imbere urwego rw’abikorera ari kimwe mu byatuma gahunda y’intego zigamije iterambere rirambye (SDGs) yihuta.

Ibi yabitangarije muri Ghana kuri uyu wa 11 Ukuboza 2017, ubwo yitabiraga inama igamije kurebera hamwe uburyo ibihugu byagera ku ntego za SDGs bikanazishyira mu bikorwa.

Iyi nama iyobowe na Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, yari yitabiriwe n’abagize Akanama k’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye kashyizweho muri Mutarama 2016 ngo kamufashe kumvikanisha no guharanira igerwaho rya SDGs bitarenze 2030.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yavuze ko hari ibintu bibiri yifuza kugarukaho ku birebana na SDGs, bishingiye ku kuvugurura ibyagaragaye mu ishyirwa mu bikorwa ry’Intego z’Ikinyagihumbi (MDGs), aho bigendanye no kwiha intego nshya byagira uruhare mu guhindura imibereho y’abaturage.

Yagize ati “Icya mbere ni ugushyira imbaraga mu rwego rw’abikorera, nk’igikoresho cyo guhashya ubukene no kongera ubukungu, intego ziri mu mutima wa gahunda nyinshi z’ibihugu byacu.”

Yakomeje avuga ko gushyira SDGs muri gahunda z’ibihugu, no guharanira ko bishyirwa mu bikorwa bidashobora kugerwaho bigizwemo uruhare na guverinoma yonyine, ubufatanye n’abikorera bukaba bwatuma bagera ku musaruro wazanira inyungu impande zombi.

Yagize ati “Urugero, icyuho kiri mu kubona amafaranga yo gushyira mu bikorwa imishinga minini, cyakurwaho n’ishoramari ry’abikorera, binyuze muri gahunda ziborohereza, zishyirwaho n’inzego za leta, n’abandi bafatanyabikorwa.”

Perezida Kagame kandi yagaragaje ko icya kabiri ari uko kuri ubu iyi gahunda y’iterambere ihuriwemo n’ibihugu byose, aho kuba ibyateye imbere gusa, kuko bazi neza ko hari ibibazo bigera kuri buri wese, ibi bikazatuma hajyaho umurongo mushya w’ubufatanye ndetse n’igipimo gishya cy’intambwe igenda iterwa hagendewe ku miterere ya buri gihugu.

Perezida Kagame kandi yashimangiye ko u Rwanda ruzakomeza gufatanya n’ibindi bihugu, by’umwihariko binyuze mu kigo SDG Centre for Africa kiri i Kigali, cyashyizweho mu rwego rwo gufasha ibihugu byo ku mugabane kugira ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa Intego z’Iterambere rirambye.

SDGs nk’intego zigamije kurandura ubukene, inzara n’ibibazo byugarije abaturage bitarenze 2030, zemejwe mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 193 yabaye muri Nzeri 2015.

Izi ntego uko ari 17 zikora mu mfuruka zose z’ubuzima bw’abaturage, aho icyifuzo ari uko ubukene n’inzara ku Isi byagera kuri zeru, ubuzima n’imibereho y’abayituye bikazamuka, ireme ry’uburezi rikadadirwa, uburinganire bukimakazwa, abaturage bakagerwaho n’amazi n’isukura hakaboneka n’ingufu zihendutse kandi zitangiza ibidukikije.

Hanateganywa imirimo myiza n’iterambere ry’ubukungu, iterambere ry’inganda no guhanga udushya, kugabanya ubusumbane mu baturage, guteza imbere imijyi, kongera ibikenewe n’abaturage no kuringaniza uko bikoreshwa, kubungabunga ibidukikije n’ubuzima ku butaka no mu mazi, amahoro n’ubutabera bigasugira n’inzego zigakomezwa, kandi zose zigafatanyiriza hamwe ngo bigerweho.

2017-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amasezerano ya Arsenal  yatesheje umutwe abiyita ko barwanya Leta y’u Rwanda

Amasezerano ya Arsenal  yatesheje umutwe abiyita ko barwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 31 May 2018
Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Ubwanditsi 16 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bitunguranye Meddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya bisubika igitaramo cye i Toronto
IMIKINO

Bitunguranye Meddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya bisubika igitaramo cye i Toronto

Ubwanditsi 08 Oct 2016
Imwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi muri Afurika itarateguwe neza ntigire icyo imarira ba nyirayo – Igice cya I
ITOHOZA

Imwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi muri Afurika itarateguwe neza ntigire icyo imarira ba nyirayo – Igice cya I

Ubwanditsi 08 May 2018
Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu
Mu Mahanga

Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu

Ubwanditsi 04 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru