• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017 UBUKUNGU

Perezida Kagame Yagaragaje ko muri Afurika ahantu hakenewe gushora imari kurusha ahandi ari mu mihanda, ibiraro, ibyambu, inzira za gari ya moshi ndetse no kubaka ingomero z’amashanyarazi.

Yabigaragaje mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama y’Umuryango w’ibihugu 20 bikize ku isi (G20) yiga ku bufatanye na Afurika, yabereye i Berlin mu Budage kuri uyu wa mbere tariki 12 Kamena 2017.

Iyi nama ikaba yari igamije kwigira hamwe uburyo bwo gushora imari mu hazaza hafite inyungu rusange ku bihugu.

Yagize ati“ Umubano waguye hagati ya Afurika n’ibihugu bikize ni ingenzi, ndetse n’imiryango mpuzamahanga y’ubukungu ikorera twese.

Inkunga ntizigera ihaza mu kuzana iterambere rirambye ahubwo abikorera bafite ubushobozi ni bo shingiro ry’iterambere.”

Mu ijambo rye kandi Perezida Kagame yongeye gukangurira ibihugu bikize kurushaho gukorana na Afurika, hakavanwaho ibivugwa ko Afurika yarazwe kutizerwa, kurusha andi masoko yateye imbere.

Yagize ati “Igihe ni iki ngo umubano ushingiye ku bucuruzi n’ishoramari ushyirwe ku isonga rya gahunda duhuriyeho. Guverinoma ubwayo ibyo yageraho hari aho bitarenga.

Ubutumwa nifuje gutanga kuri uyu munsi, ni ukugaragaza ko ibibazo bya Afurika bishobora gukemurwa mu gihe abikorera babigizemo uruhare”.

Perezida Kagame yavuze ku bimukira bava muri Afurika bagana mu Burayi

Kuri aba bimukira bagana mu Burayi bamwe bakahatakariza ubuzima, Perezida Kagame yavuze ko ari ngombwa ko abayobozi bakorana bakarebera hamwe uburyo abimukira bashaka kujya mu Burayi bajya bagenda mu buryo bunoze nta buzima buhatakariye.

Ubwimukira ngo bushobora gukorwa mu buryo bunoze kandi bufitiye inyungu impande zose, ngo kuko ukurikije aho isi igeze bigoye ko ubwimukira bwacika burundu.

Ati” Akazi k’abayobozi ni ukubaka imiryango itekanye buri wese yisangamo, aho abanyagihugu n’abimukira bagera ku ntego zabo icyarimwe”.

Perezida Kagame yashimiye Minisitiri w’Intebe w’u Budage, Angela Merkel ku miyoborere ye ndetse n’icyerekezo yari afite ategura iyo nama, asaba abayitabiriye gukora bitandukanye na mbere, kandi mu buryo bwihuse, anabizeza uruhare rw’u Rwanda mu gukora ibyo rusabwa mu gufatanya n’abandi.

-6956.jpg

-6954.jpg

Iyo nama yari yitabiriwe n’abahagarariye ibihugu by’u Burayi na Afurika

-6955.jpg

2017-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Ubwanditsi 04 May 2019
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Ubwanditsi 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Ubwanditsi 11 Dec 2019
Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira  yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )
ITOHOZA

Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Happy 27th Wedding Anniversary
Mu Mahanga

Happy 27th Wedding Anniversary

Ubwanditsi 10 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru